• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Umuryango w’Abibumbye ugiye gukoresha miliyoni $630 mu iterambere ry’u Rwanda kugeza mu 2023

Ubwanditsi 01 Aug 2018 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’Ihuriro ry’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda (One UN) basinyanye amasezerano ya miliyoni $630.6, ni ukuvuga asaga miliyari 545 Frw azakoreshwa mu gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere, kugeza mu 2023.

Aya masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), Fodé Ndiaye, kuri uyu wa 31 Nyakanga 2018.

Ayo mafaranga azatangwa muri gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gufasha u Rwanda mu iterambere, United Nations Development Assistance Plan, UNDAP II. Iyi gahunda irakorera mu ngata indi y’imyaka itanu yageze ku musozo (2013- 2018), yo ikaba yari yagenewe miliyoni $400.

Minisitri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel yavuze ko Umuryango w’Abibumbye wakoranye n’u Rwanda mu igenamigambi ry’ibigomba gukoreshwa ayo mafaranga, bihuzwa na Gahunda ya Guverinoma y’Iterambere y’imyaka irindwi (2017-2024) n’icyerecyezo 2050 u Rwanda rwihaye.

Yagize ati “Umuryango w’Abibumbye ufite amashami menshi mu nzego zitandukanye, ari mu bukungu, ari mu mibereho myiza y’abaturage, ari mu miyoborere, ku buryo iyi gahunda tumaze gusinya n’inkunga ajyanye nayo iboneka muri ibyo bice.”

“Iyi gahunda rero nayo igiye igabanyije muri ibyo bice ndetse amafaranga menshi agera kuri 60% azibanda ku mibereho y’abaturage, agera kuri 23 % ajye mu bikorwa bijyanye n’ubukungu, 9% ajye muri gahunda zo gukomeza kunoza imiyoborere myiza.”

Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yasobanuye ko nubwo muri izo miliyoni 630 $ ayizewe ari 30 % angana na miliyoni $252, andi miliyoni $378 azakusanywa mu baterankunga n’abandi bafatanyabikorwa.

Yagize ati “Hari ahantu hatatu h’ingenzi, aha mbere dukeneye kureba ni abagiraneza bakunda u Rwanda ariko bataraza kuhakorera bari mu bindi bihugu, yaba abari muri Uganda, Nairobi, Dar es Salaam n’ahandi ku Isi.”

Yakomeje avuga ko aha kabiri hakomoka amafaranga ari mu baterankunga barimo ibihugu byashishikarije gutera inkunga ibikorwa by’iterambere muri Afurika, ahandi hakaba mu bikorera barimo n’abagiraneza.

Ndiaye yagaragaje ko muri gahunda ya Loni, yita cyane ku muturage, imiyoborere, demokarasi, uburinganire n’ibindi.

Muri byinshi inkunga ya ONE UN yagiye ishyirwamo mu bihe bishize, Ndiaye yakomoje kuri gahunda yo guhanga imirimo, ati “Nguhaye urugero nko muri gahunda ya Youth Connect twafashije abahanze udushya 660, bahanga imirimo 6000.”

Loni ifite muri gahunda gufasha u Rwanda mu guhanga imirimo mu gihe muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi iri imbere, hateganywa ko hazahangwa imirimo mishya ibyara inyungu igera nibura kuri miliyoni 1.5.

Ndiaye ashima ko imiyoborere y’igihugu ari myiza, ifite icyerecyezo cyiza ndetse no mu bukungu u Rwanda rukaba ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu korohereza ishoramari.

Amashami ya Loni akorera mu Rwanda ashyira ingengo y’imari mu nzego zose zaba iz’ubuzima, uburezi, imibereho myiza y’abaturage, imiyoborere n’izindi.

Uburyo aya mafaranga azakoreshwa mu myaka itanu iri imbere

Umuhuzabikorwa wa One UN mu Rwanda, Fodé Ndiaye, yasobanuye uko miliyoni 630 $ ayizewe ari 30 % angana na miliyoni $252, andi miliyoni $378 azakusanywa mu baterankunga

Abakozi ba One UN mu Rwanda bitabiriye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $630 zizakoreshwa mu iterambere ry’u Rwanda mu myaka itanu

2018-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019
BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye
ITOHOZA

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.
INKURU NYAMUKURU

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019
RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura  Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Ubwanditsi 13 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru