• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves   |   01 Mar 2021

  • Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange   |   28 Feb 2021

  • Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi   |   26 Feb 2021

  • Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.   |   26 Feb 2021

  • Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.   |   24 Feb 2021

  • Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi   |   23 Feb 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Editorial 09 Jan 2019 POLITIKI

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’akazi mu Buyapani, Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Madamu Akie Abe.

Perezida Kagame Paul na Madamu batangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Buyapani ku wa Kabiri, tariki ya 8 Mutarama 2019.

Mu musangiro wahuje Madamu Jeannette Kagame na Madamu Akie Abe bagiranye ibiganiro, banahana impano.

Madamu Jeannette Kagame azwi mu bikorwa bitandukanye byo guharanira iterambere.

Abinyujije mu miryango itandukanye abereye umuyobozi, irimo na “Imbuto Foundation”, Madamu Jeannette Kagame agira uruhare mu bikorwa byo guteza imbere imiryango itishoboye, kuba hafi no kuganiriza impfubyi, guteza imbere uburezi n’uburere bw’umwana w’umukobwa, gushyigikira abanyeshuri b’abahungu n’abakobwa b’abahanga badafite ubushobozi, gushyigikira gahunda y’imbonezamikurire mu bana bato n’ibindi.

Agira kandi uruhare mu kurwanya agakoko ka virusi itera SIDA,guharanira ko uburyo bwo kuboneza urubyaro bugezwa kuri bose, guhugura no kongerera ubumenyi urubyiruko rufashwa kuba abaturage bafitiye igihugu akamaro, n’ibindi.

Madamu Akie Abe na we azwi mu bikorwa bitandukanye nko kuba ari Umuyobozi w’Umuryango Foundation for Social Contribution mu Buyapani, uhemba indashyikirwa zagize uruhare mu bikorwa bizamura umuryango.

Ni impirimbanyi mu guteza imbere uburezi n’abagore muri Aziya, by’umwihariko muri Myanmar, igihugu cyibasiwe n’intambara ndetse bamwe bafata nk’ikirimo Jenoside ikorerwa ubwoko bw’Aba-Rohingya.

Mu Buyapani, Madamu Akie yatangije “UZU Workshop”, urubuga rutegurirwamo ibiganiro bigamije gufasha no kuvugira abagore.

Mu biganiro byahuje Madamu Jeannette Kagame na Madamu Akie Abe, ku ruhande rw’u Rwanda, byitabiriwe Umujyanama wa Madamu Jeannette Kagame, Radegonde Ndejuru; Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni; n’Umunyamabanga we Tessy Rusera.

Byari byitabiriwe kandi n’Umujyanama wihariye wa Madamu Akie Abe ari we Noriko Tanaka; Umuyobozi w’umuryango Fukudenkai, Takaaki Ota; Masato Yamata Social Welfare Protection wa Fukudenkai; umufasha wa Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Miyako Miyashita; n’Umuyobozi ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Buyapani, Mariko Kaneka.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwabo, Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami, Akihito, wari kumwe n’Umwamikazi Michiko.

U Rwanda n’u Buyapani bifitanye umubano ukomeye w’igihe kirekire ushingiye ku bufatanye mu iterambere ry’ubukungu, ubucuruzi, ishoramari, ubufasha mu bya tekiniki n’ibijyanye no kubaka ubushobozi.

Mu 2017, ubucuruzi u Rwanda bwakoranye n’u Buyapani bwabarirwaga muri miliyoni 57 z’amadolari ya Amerika. Ishoramari ry’u Buyapani mu Rwanda ryari rifite agaciro ka miliyoni $21 485, rikaba ryarahanze imirimo 178.

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda babaherekeje basangira n’itsinda ry’abo mu Buyapani, mu isangira ryateguwe na Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe

Madamu Jeannette Kagame ashyikiriza impano Akie Abe

Madamu Jeannette Kagame yakira impano yahawe na Akie Abe

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’Umwamikazi Michiko w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe na Akie Abe, umugore wa Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame na Akie Abe

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bahabwa ikaze n’Umwami w’abami Akihito n’Umwamikazi Michiko

Perezida Kagame ahabwa ikaze n’Umwami w’abami Michiko

Perezida Paul Kagame ari kumwe na Akihito mu ruzinduko bagiriye ibwami

Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame, Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe n’umugore we Akie Abe

2019-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Editorial 17 Apr 2018
Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Editorial 08 Aug 2018
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Editorial 26 Aug 2019
Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Editorial 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru