• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Ubwanditsi 07 Nov 2017 ITOHOZA

Rene Rutagungira, ugaragara ku ifoto yambaye ishati y’ubururu n‘ikoboyi y’ubururu bwijimye yagaragaye nyuma yaho urukiko rwisumbuye rwa Uganda rushyize igitutu kubari bamushimuse. Nubwo Rutagungira agaragara yambitswe amapingu, amaboko ye yagize ubumuga bwo kudakora(paralysé) kubera iyicarubozo yakorewe aho yari afungiwe nyuma yo gushimutwa n’urwego rw’iperereza rw’igisirikare muri Uganda.

Leta ya Uganda yari yarahakanye amakuru avuga ko ifite Rutagungira ariko urukiro rwisumbuye rwa Kampala rubijyamo ari nabwo yaje kugaragara mw’itangazamakuru ubwo yajyanwaga imbere y’urukiko rwa gisirikare.

Amakuru kw’ishimutwa rya Rutagungira Rene yasakaye muri Kanama, ariko kuva icyo gihe Rutagungira ntabwo yari yarigeze gutaha mu rugo iwe nyuma yaho asohokeye n’inshuti ze mu kabare kitwa Bahamas Bar & Accommodation gaherereye muri Mengo. Umugore we, Hyacinthe Dusengeyezu ‎wari wabwiwe n’umuntu wabibonye yahise amenyesha police taliki ya 7 Kanama 2017.

Abashimuse Rutagungira, barimo Capt. Agaba David, w’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI), bakoresheje imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Premio ifite plaque UAT 694T.

Nyuma yuko police ya Uganda itamufashije, umugore wa Rutagungira yandikiye Ambasade y’u Rwanda nayo yandikiye Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda. Amakuru dukesha KT Press avuga ko iyo Ministeri yasubije Ambasade ivuga ko Rutagungira nta hantu abarizwa mu nzego za Uganda.

-8578.jpg
Rene Rutagungira (wambaye ishati y’ubururu) agaragara nyuma yaho urukiko rwisumbuye rutegetse ko agaragazwa

Nyuma hagiye hacicikana inkuru ko Rutagungira Rene yaba yarishwe. Umugore we nyuma yo gusa nk’uburaniwe yandikiye urukiko arugarariza ko umugabo we afunzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko, asaba ko urukiko rwategeka ko urwego rumufite rumugeza mu rukiko cyangwa rukagaragaza umurambo kugirango urukiko rufate umwanzuro kw’ifungwa.

Mw’ibaruwa yanditswe taliki 21 Kanama, urukiko rwisumbuye muri Kampala rwategetse ko CMI (ibiro bikorera ahitwa Mbuya) ko igaragaza umurambo wa Rutagungira imbere y’urukiko bitarenze taliki ya 31 Kanama saa tanu (11:00) z’amanywa.

Mu ibaruwa isubiza, Lt. Col. Augustine Bwegendaho, umuyobozi w’ishami rishinzwe igenzura mu ngabo za Uganda (UPDF) yavuze ko Rutagungira adafitwe n’urwego rwa CMI (ibiro bya Mbuya) cyangwa n’ibindi biro ibyo aribyo byose bya UPDF. Ibaruwa ikomeza ivuga ko habajijwe Capt. Agaba David (wavuzwe ko yashimuse Rutagungira) maze nawe agahakana kuba anamuzi ndetse ko atigeze akora ibyo bimuvugwaho.
Taliki 27 Ukwakira, CMI yari yarahakanye yivuye inyuma kuba ifite Rutagungira, yamugejeje imbere y’urukiko rwa gisirikare ari kumwe n’abandi bagande 9 bashinjwa icyaha cy’ubutasi.

Nyuma, Caleb Alaka, wavuze ko aburanira Rutagungira n’abo bagande 9, yabwiye itangazamakuru ko abo aburanira bakorewe iyicarubozo (torture).

‎Umuryango wa Rutagungira ufite impungenge k’ubuzima bwe bugeze aharindimuka cyane cyane kubera ikibazo gikomeye cy’amaboko ye yaremaye kubera kumutoteza hakoreshejwe ibyuma (machines). Haravugwa ko hanakoreshejwe uburyo bwo kumusomesha amazi menshi bafata umutwe we bakawubika mu mazi ngo amire nkeri abure umwuka, nkuko bivugwa n’uwamubonye wemeza ko atagishobora kugira icyo afata mu ntoki.

Rutagungira Rene n’umugore we bari mu banyarwanda benshi bakorera business muri Uganda.

Nyuma y’ibi byose haribazwa impamvu inzego z’ubugande zafashe icyemezo cyo guhakanira Ambasade y’u Rwanda ko Rutagungira afitwe nazo! Ikindi cyibazwa ni Impamvu Uganda yaba yishisha u Rwanda kuva na kera rwabaye umufatanyabikorwa ndetse hakanibazwa inyungu iri mw’ihinduka ry’imyifatire ku Rwanda!

Ubwanditsi

2017-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Ubwanditsi 23 May 2019
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Ubwanditsi 31 Jan 2019
Himbara  ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Himbara ashenguwe n’agahinda kuko BBC yagaragaje neza isura y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Apr 2019
Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame

Kubera urukundo, asuka amarira iyo abonye Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Kabanda Patrick
    June 25, 20185:09 am -

    Mbanje kubashimira ku bw’amakuru y’ingenzi mutugezaho,ariko nkabasaba ko mwadushakishiriza amakuru ajyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu nk’u Burundi,T
    anzania na DRC. murakoze

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda
Mu Mahanga

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru