• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Ubwanditsi 19 Jun 2018 ITOHOZA

Kiliziya ya Ste Famille, Ikigo cyitiriwe St Paul, mu kigo cyizwi nka CELA (Centre d’Etudes des Langues Africaine) ndetse no mu kigo cy’ababikira b’Aba-Calcuta mu mu Mujyi wa Kigali, ni hamwe mu hiciwe abatutsi benshi bari bahahungiye, abandi bakajya bahakurwa bajya kwicirwa ahandi.

Ku wa Gatanu tariki 15 Kamena 2018 nibwo abaharokokeye, inshuti n’imiryango bifatanyije mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciwe muri utwo duce twegereranye na Kiliziya yitiriwe Umuryango Mutagatifu, Ste Famille.

Mukabyagaju Marie Grace ni mwe mu barokokeye muri St Paul abifashijwemo n’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi ndetse na Musenyeri Hakizimana Célestin, ubu ni umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro kuri ubu. Yari padiri ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Mukabyagaju n’umuryango we bageze kuri St Paul ku itariki 12 Mata 1994. Avuga ko igitero cya mbere cyaje tariki 22 Mata, Interahamwe zikabanza gutema ikitwa ikimera cyose kugira ngo hataza kuboneka aho abantu bihisha.

Uwo munsi munsi muri St Paul bahatwaye barindwi mu bari bahahungiye, Padiri Hakizimana aratakamba ariko biba iby’ubusa.

Mukabyagaju yagize ati “Padiri Célestin wari uduhishe watwitagaho amanywa n’ijoro yaratakambye, agerageza kwitambika ngo arebe ko abo bantu batabatwara ariko nta ntwaro yari afite uretse kwambara ikanzu no gutakamba gusa. Ntacyo byatanze, ba bantu barabamwambuye.”

Mu gihe hirya gato kuri Ste Famille Abatutsi biguraga kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka ngo babeho bamwe bakemera no kuryamana na we abasezeranya kuticwa, muri St Paul ho Padiri Hakizimana, abamuhungiyeho ngo yabafataga kimwe.

Mukabyagaju Marie Grace, umwe mu barokokeye muri St Paul

Mukabyagaju yakomeje agira ati “Ntabwo twigeze tuburara, yakoraga uko ashoboye kose akabona icyo adutekera tukarya. Hari ubwo twabuze amazi barayafunga, aza gushakisha uburyo yabona umushoferi ndetse yiyambaza n’umujandarume bakajyana kuvoma amazi, hakaboneka ateka n’ayo duha abana.”

Ubwo amazi yaburaga, impunzi ngo zashatse kujya kugura ayo hanze ariko Padiri Hakizimana arabyanga, ababwira ko ashobora guhumanywa ahubwo asaba ko ayo mazi azanwa n’abakozi ba St Paul, bakajya babanza kuyateka mbere yo kuyaha abantu.

Mukabyagaju avuga ko Padiri Hakizimana uretse kubagaburira, yajyaga anaha Interahamwe amafaranga ngo zitagira uwo zitwara.

Yakomeje agira ati “Interahamwe zazaga nk’ushaka gukora mu kwe ariko iteka Padiri agatakamba. Umunsi umwe agatanga amafaranga, amaze gushira agatanga ibiribwa ibyo byose byaraturengeye.”

Igitero simusiga cyo kuwa 14 Kamena

Tariki 14 Kamena 1994 mu gitondo, Interahamwe zazanye lisiti ya bamwe mu batutsi bari bahungiye muri St Paul bagomba kujyanwa kwicwa. Zikihagera, Padiri Hakizimana yarabyanze, ababwira ko lisiti bazanye idasinye bityo ko nta muntu yakwemera ko asohoka. Ubwo yari amayeri yo kubananiza ngo bagende.

Mukabyagaju ati “Padiri arabanza arahanyanyaza, aratakamba arangije ati iki ‘gipapuro nticyizewe, ntigisinye, mugende. Baragenda barakaye. Bagarutse nyuma ya saa sita baza noneho basaze, ya lisiti bayisinyishije kwa Perefe Renzaho Tharcisse (yayoboraga Perefegitura ya Kigali). Padiri yaratakambye bamubwira ko nareba nabi na we bamwica.”

Uwo munsi bajyanye Abatutsi basaga ijana biganjemo abasore bajya kubica.

Umunsi wo kubohorwa

Mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira 17 Kamena 1994 ahagana saa munani z’igicuku, Mukabyagaju na bagenzi be bari baryamye mu macumbi ya St Paul.

Bagiye kumva bumva ku nzugi abantu bakomanga, harimo umusore witwa Harera wari umaze iminsi avuye kuri St Paul ahura n’Inkotanyi. Iryo joro ni we werekaga inzira batayo Bravo yari yahawe kubohoza impunzi zari kuri St Paul na St Famille, kuko yari ahazi.

Mukabyagaju ni umwe mu bumvise ijwi rya Harera mbere mu gicuku, agenda agana aho rivugira, amubaza ikibagenza avuga ko ari kumwe n’Inkotanyi zije kubabohoza.

Bamwe babanje kubyanga bibwira ko ari Interahamwe zahinduye amayeri, abandi barabyemera. Ababyemeye beretswe inzira bacamo, n’abari babyanze bamwe bapfa gukurikira.

Iryo joro habohowe abasaga ibihumbi bibiri muri St Paul, banyuzwa ku Kinamba, Gisozi, bakomereza i Batsinda bagezwa i Kabuye ahari haramaze gufatwa na FPR Inkotanyi.

Ingabo za FPR zagerageje no kwinjira muri Ste Famille iryo joro naho zitwaje abari bahazi banaziranye n’abahahungiye. Nyuma y’amasaha abiri bagerageza, abahahungiye banze gukingura birangira hafashwe umwanzuro wo kugenda bakazagaruka.

Ku bw’amahirwe make, bwakeye Abatutsi basaga ijana muri Ste Famille bicwa kubera umujinya w’Interahamwe w’uko abo muri St Paul babohojwe.

Mukabyagaju avuga kurokorwa kw’abari bahungiye muri St Paul byatewe n’urukundo rwa Padiri Hakizimana wunganiwe n’Inkotanyi.

Ati “Twaje duhunze tutazi aho tujya n’uwo dusanga ariko twagiriwe ubuntu bwo guhura n’urukundo rw’Imana rwigaragarije muri Padiri Célestin.Yaradukunze kimwe, adukukorera bimwe. Inkotanyi zaje zunganira padiri kuko icyo cyanzu Imana yari iciye ngo tubone uko turokoka, nabo ni urukundo rwabazanye.”

Senateri Tito Rutaremara yavuze ko gukiza abantu no kubahuriza hamwe ari byo byari inshingano za FPR inkotanyi n’ingabo zayo.

Yagize ati “Mbabwije ukuri, si itegeko gushimira kuko byari inshingano yacu.Twari dufite inshingano yo gukiza abantu nk’uko twagize inshingano yo gukura ababishe muri Zaire, turabazana kuko igihugu ni igihugu, igihugu ntabwo ari akarwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndayisaba Fidèle, yavuze ko ibyakozwe na FPR Inkotanyi ndetse na Padiri Hakizimana aribyo bikwiye umuntu nyamuntu kandi bizahora byibukwa.

Yagize ati “Musenyeri Célestin yakoze ibikorwa bidasanzwe mu gihe bagenzi be bakoraga ubwicanyi n’ibindi by’urukozasoni […] mu Rwanda n’abatari bari aha tuzahora tumushimira ibi bikorwa, nk’uko tuzahora tugaya Wenseslas Munyeshaka n’abamushyigikira.”

Padiri Munyeshyaka yabaga yambaye pistori ku itako

Padiri Munyeshyaka Wenceslas ubu uri mu Bufaransa, Lt.Col Renzaho Tharcisse wari Perefe wa Kigali na Gen. Munyakazi ni bamwe mu bavugaga rikijyana muri Leta ya Juvenal Habyalimana bakekwaho kugira uruhare runini mu kwicisha imbaga y’Abatutsi biciwe kuri Sainte Famille, Saint Paul no mu duce tuhakikije.

2018-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025
Amakuru

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Ubwanditsi 31 May 2025
Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura
IMIKINO

Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Ubwanditsi 25 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru