• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Rutangungira Rene washimuswe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda byamuviriyemo ubumuga bw’amaboko

Editorial 07 Nov 2017 ITOHOZA

Rene Rutagungira, ugaragara ku ifoto yambaye ishati y’ubururu n‘ikoboyi y’ubururu bwijimye yagaragaye nyuma yaho urukiko rwisumbuye rwa Uganda rushyize igitutu kubari bamushimuse. Nubwo Rutagungira agaragara yambitswe amapingu, amaboko ye yagize ubumuga bwo kudakora(paralysé) kubera iyicarubozo yakorewe aho yari afungiwe nyuma yo gushimutwa n’urwego rw’iperereza rw’igisirikare muri Uganda.

Leta ya Uganda yari yarahakanye amakuru avuga ko ifite Rutagungira ariko urukiro rwisumbuye rwa Kampala rubijyamo ari nabwo yaje kugaragara mw’itangazamakuru ubwo yajyanwaga imbere y’urukiko rwa gisirikare.

Amakuru kw’ishimutwa rya Rutagungira Rene yasakaye muri Kanama, ariko kuva icyo gihe Rutagungira ntabwo yari yarigeze gutaha mu rugo iwe nyuma yaho asohokeye n’inshuti ze mu kabare kitwa Bahamas Bar & Accommodation gaherereye muri Mengo. Umugore we, Hyacinthe Dusengeyezu ‎wari wabwiwe n’umuntu wabibonye yahise amenyesha police taliki ya 7 Kanama 2017.

Abashimuse Rutagungira, barimo Capt. Agaba David, w’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI), bakoresheje imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Premio ifite plaque UAT 694T.

Nyuma yuko police ya Uganda itamufashije, umugore wa Rutagungira yandikiye Ambasade y’u Rwanda nayo yandikiye Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda. Amakuru dukesha KT Press avuga ko iyo Ministeri yasubije Ambasade ivuga ko Rutagungira nta hantu abarizwa mu nzego za Uganda.

-8578.jpg
Rene Rutagungira (wambaye ishati y’ubururu) agaragara nyuma yaho urukiko rwisumbuye rutegetse ko agaragazwa

Nyuma hagiye hacicikana inkuru ko Rutagungira Rene yaba yarishwe. Umugore we nyuma yo gusa nk’uburaniwe yandikiye urukiko arugarariza ko umugabo we afunzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko, asaba ko urukiko rwategeka ko urwego rumufite rumugeza mu rukiko cyangwa rukagaragaza umurambo kugirango urukiko rufate umwanzuro kw’ifungwa.

Mw’ibaruwa yanditswe taliki 21 Kanama, urukiko rwisumbuye muri Kampala rwategetse ko CMI (ibiro bikorera ahitwa Mbuya) ko igaragaza umurambo wa Rutagungira imbere y’urukiko bitarenze taliki ya 31 Kanama saa tanu (11:00) z’amanywa.

Mu ibaruwa isubiza, Lt. Col. Augustine Bwegendaho, umuyobozi w’ishami rishinzwe igenzura mu ngabo za Uganda (UPDF) yavuze ko Rutagungira adafitwe n’urwego rwa CMI (ibiro bya Mbuya) cyangwa n’ibindi biro ibyo aribyo byose bya UPDF. Ibaruwa ikomeza ivuga ko habajijwe Capt. Agaba David (wavuzwe ko yashimuse Rutagungira) maze nawe agahakana kuba anamuzi ndetse ko atigeze akora ibyo bimuvugwaho.
Taliki 27 Ukwakira, CMI yari yarahakanye yivuye inyuma kuba ifite Rutagungira, yamugejeje imbere y’urukiko rwa gisirikare ari kumwe n’abandi bagande 9 bashinjwa icyaha cy’ubutasi.

Nyuma, Caleb Alaka, wavuze ko aburanira Rutagungira n’abo bagande 9, yabwiye itangazamakuru ko abo aburanira bakorewe iyicarubozo (torture).

‎Umuryango wa Rutagungira ufite impungenge k’ubuzima bwe bugeze aharindimuka cyane cyane kubera ikibazo gikomeye cy’amaboko ye yaremaye kubera kumutoteza hakoreshejwe ibyuma (machines). Haravugwa ko hanakoreshejwe uburyo bwo kumusomesha amazi menshi bafata umutwe we bakawubika mu mazi ngo amire nkeri abure umwuka, nkuko bivugwa n’uwamubonye wemeza ko atagishobora kugira icyo afata mu ntoki.

Rutagungira Rene n’umugore we bari mu banyarwanda benshi bakorera business muri Uganda.

Nyuma y’ibi byose haribazwa impamvu inzego z’ubugande zafashe icyemezo cyo guhakanira Ambasade y’u Rwanda ko Rutagungira afitwe nazo! Ikindi cyibazwa ni Impamvu Uganda yaba yishisha u Rwanda kuva na kera rwabaye umufatanyabikorwa ndetse hakanibazwa inyungu iri mw’ihinduka ry’imyifatire ku Rwanda!

Ubwanditsi

2017-11-07
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya  uburiganya

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya uburiganya

Editorial 30 Sep 2017
Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Editorial 04 Oct 2018
Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Umusore w’imyaka 28 yibye ikigo cy’imisoro muri Kenya miliyari zisaga 30 Frw akoresheje ikoranabuhanga

Editorial 25 Mar 2017
Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Editorial 20 Dec 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Kabanda Patrick
    June 25, 20185:09 am -

    Mbanje kubashimira ku bw’amakuru y’ingenzi mutugezaho,ariko nkabasaba ko mwadushakishiriza amakuru ajyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu nk’u Burundi,T
    anzania na DRC. murakoze

    Subiza

Leave a Reply to Kabanda Patrick Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF
POLITIKI

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Editorial 05 Oct 2018
Umunsi  wa 8 wa Rwanda Premier League usize amakipe ya APR FC, Rayon Sports na Mukura Zitsinzwe, Police FC ikomeje kuyobora urotonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 8 wa Rwanda Premier League usize amakipe ya APR FC, Rayon Sports na Mukura Zitsinzwe, Police FC ikomeje kuyobora urotonde rw’agateganyo

Editorial 23 Nov 2025
Breaking News: Bokota Labama  yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda
IMIKINO

Breaking News: Bokota Labama yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda

Editorial 11 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru