• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Ubwanditsi 22 Dec 2025 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU, UBUKERARUGENDO

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryamuritse ku mugaragaro inzira zizakoreshwa muri Tour du Rwanda 2026, irushanwa riteganyijwe kuba rifite udushya twinshi, turimo gukinira mu Karere ka Rubavu iminsi itatu ikurikiranye no kongera gusorezwa i Nyamirambo nyuma y’imyaka itandatu hadakorerwa.

Tour du Rwanda 2026 izakinwa kuva tariki ya 22 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe 2026, imaze iminsi umunani, ikaba igiye kuba ku nshuro ya 18 kuva yaba mpuzamahanga ndetse n’inshuro ya munani iri ku rwego rwa UCI 2.1.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere, FERWACY yatangaje ko iri siganwa rizaba rifite intera y’ibilometero 993, rikaba riri mu marushanwa maremare cyane kuva ryazamurwa mu cyiciro cya 2.1, aho riza ku mwanya wa kabiri mu burebure.

Mu byihariye by’uyu mwaka, Akarere ka Rubavu kazakira isiganwa iminsi itatu ikurikiranye. Abasiganwa bazahagera baturutse i Karongi mu gace ka kane, bukeye bwaho bazakina agace kazenguruka Umujyi wa Rubavu, mbere yo kuhava berekeza i Musanze mu gace ka gatandatu.

Harimo kandi kugaruka kw’agace kazasorezwa i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, ahaherukaga kwakira Tour du Rwanda mu 2020.

Iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe 18, aho 16 yamaze gutangazwa ku mugaragaro. Harimo amakipe atandatu y’abato b’amakipe akomeye ku rwego rw’Isi (World Tour Development Teams) nka UAE Team Emirates, Movistar, Soudal Quick-Step na Lotto Intermarché.

Harimo kandi amakipe y’ibihugu arimo Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Eritrea, Afurika y’Epfo na Ethiopia, hiyongereyeho amakipe yo ku mugabane wa Afurika (Continental Teams) nka Team Amani, Benediction Kitei Pro 2020, May Stars na Madar.

Agace karekare muri Tour du Rwanda 2026 kazaba ari aka mbere, kazakinwa ku munsi wo gufungura, aho abakinnyi bazahagurukira i Rukomo mu Karere ka Gicumbi bagasoreza i Rwamagana ku ntera ya kilometero 174.

Udace umunani tugize Tour du Rwanda 2026:

• Agace ka 1 (22/02): Rukomo – Rwamagana (174 Km)

• Agace ka 2 (23/02): Nyamata – Huye (135 Km)

• Agace ka 3 (24/02): Huye – Rusizi (144 Km)

• Agace ka 4 (25/02): Karongi – Rubavu (127 Km)

• Agace ka 5 (26/02): Kuzenguruka Rubavu (82 Km)

• Agace ka 6 (27/02): Rubavu – Musanze (84 Km)

• Agace ka 7 (28/02): Musanze – Kigali Pelé Stadium (147 Km)

• Agace ka 8 (01/03): Kuzenguruka Kigali (99 Km)

Tour du Rwanda iheruka mu 2025 yegukanywe n’Umufaransa Fabien Doubey ukinira ikipe ya TotalEnergies.

Mu nshuro zirindwi ziheruka, Abanya-Eritrea bayitwayemo inshuro enye barimo Merhawi Kudus (2019), Natnael Tesfazion (2020 na 2022) na Henok Mulubrhan (2023).

Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ni we wegukanye Tour du Rwanda 2021, mu gihe Umwongereza Joseph Black ari we wayitwaye mu 2024.

Kuva iri siganwa ryashyirwa ku rwego rwa 2.1, Mugisha Moïse ni we Munyarwanda rukumbi wabashije kwegukana agace muri Tour du Rwanda, mu gihe kugeza ubu nta Munyarwanda uraryegukana ku rutonde rusange.

2025-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ izasangiza urungano urugendo rw’ijuru binyuze mu mpano

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi
INKURU NYAMUKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.
Amakuru

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru