• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Ubwanditsi 17 Aug 2016 IMIKINO

Dorcas Ashimwe ni umwe mu bakobwa bari bagize itsinda rya The Blessed Sisters, bakaba baravukanaga bose uko ari batatu, Dorcas akaba muto muri bo.

Iri tsinda rero ryarakunzwe cyane mu myaka ya za 2009-2011 kuko banashyize hanze Album bayita ngo “Gira Intego mu buzima” yari iriho zimwe mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane nka Araguhamagara, Muze Duhimbaze Imana, Wikwiheba na Gira intego mu buzima.

Nyuma yaho gato rero baje gusa n’ababura, bagatanga impamvu zitandukanye zatumaga batakiboneka cyane harimo amashuri, akazi n’ibindi ariko kuri ubu biragaragara ko Dorcas yamaze gufata umurongo wo gukora ari wenyine kuko amaze gushyira indirimbo 2 hanze ari wenyine.

UMVA indirimbo Dorcas aherutse gushyira hanze yise ngo Tugendane aho yasengaga asaba Imana ngo bagendane aho ananiwe ijye imufata ukuboko imukomeze nawe akomeze urugendo .

Dorcas rero yabwiye Ukuriweb ati : sinabakwepye rwose ahubwo impamvu ntakiririmbana n’abavandimwe banjye ni uko batakiri mu Rwanda, Peace yashatse umugabo nyuma kwimukira mu Bubiligi, naho Rebecca akaba ari muri Autriche kubw’impamvu z’amasomo. Dorcas rero avuga ko muri iyi minsi agiye gushyira imbaraga mu kuririmba wenyine Imana yazabishaka ikazongera kumuhuza n’abavandimwe be.

-3719.jpg

CD ya Dorcas Ashimwe

-3718.jpg

Dorcas n’abavandimwe be Peace na Rebecca

Intego ye muri muzika ni uguhugukira gukoresha impano ye Imana yamuhaye ikaka kugira ngo gutera imbere kwe kugaragarire bose, akaba agiye rero gukomeza gushyira hanze indirimbo aririmba ari wenyine no kuzimenyekanisha.

Uretse kandi kuririmba Dorcas Ashimwe ni umurezi mu kigo Agahozo Shalom kiri I Rwamagana, akaba afasha mu byo gutanga uburere no gutoza urundi rubyiruko mu birebana n’imyitwarire.

Hari igihe gutandukana kuzana ibibazo ariko hakaba n’igihe kuzana Umugisha mwinshi ari nabyo twifuriza Dorcas Ashimwe, kuko na Aburahamu amaze gutandukana na Loti nibwo yahawe umugisha we. ITANGIRIRO 13:14-18 haravuga ngo: “Loti amaze gutandukana na Aburamu, Uwiteka abwira Aburamu ati “Rambura amaso urebe, uhere aho uri hano, ikasikazi n’ikusi, n’iburasirazuba n’iburengerazuba,
Igihugu cyose ubonye ni wowe nzagiha n’urubyaro rwawe iteka ryose, Kandi nzagwiza urubyaro rwawe ruhwane n’umukungugu wo hasi. Umuntu yashobora kubara umukungugu wo hasi, urubyaro rwawe na rwo rwazabarika.

Haguruka ugende, unyure muri iki gihugu mu burebure bwacyo no mu bugari bwacyo, kuko ari wowe nzagiha.Aburamu yimura ihema rye aragenda, atura ku biti byitwa imyeloni bya Mamure biri i Heburoni, yubakirayo Uwiteka igicaniro.”

Mugire amahoro y’Imana

Source : Ukuriweb.

2016-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Tour du Rwanda 2019: Merhawi Kudus yegukanye agace Huye-Rubavu

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Seninga Innocent wari umutoza wa Kiyovu ubu ntakiri we

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 17 Jul 2025
Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Ubwanditsi 24 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera
Mu Mahanga

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Nov 2016
CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa
Amakuru

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Abapolisi b’u Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru