• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Ubwanditsi 28 May 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane n’akarere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Léonard She Okitundu, kuri uyu wa Gatandatu yagiranye ibiganiro n’abahagarariye ibihugu bitatu i Kinshasa, aribyo u Rwanda, u Bufaransa na Angola.

Ibinyamakuru bitandukanye byanditse ko Guverinoma ya Congo yatangaje ko yari ikeneye “ibisobanuro” ku magambo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 23 Gicurasi, ari kumwe na Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

Perezida Macron yavuze ko baganiriye ku kibazo cya RDC, aho AU ihagaze n’ibihugu byo mu karere ndetse ko u Bufaransa bushyigikiye “gahunda yafashwe na Perezida w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ku bufatanye na Perezida wa Angola.”

Kuba icyo gihe icyo ‘gitekerezo’ kitarahise gisobanuka neza, byazamuye impungenge kuri Guverinoma ya RDC, itumiza Ambasaderi w’u Bufaransa nk’igihugu Perezida wacyo yakomoje kuri iyo gahunda, Ambasaderi w’u Rwanda ruyoboye AU n’uwa Angola kuko igihugu cye cyakomojweho.

Ibinyamakuru byo muri RDC byatangaje ko Abambasaderi bahamagajwe i Kinshasa ku wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi, babazwaga ngo “iyo gahunda nshya ya Kigali-Luanda ishyigikiwe na Paris ni iyihe?”

Ikindi ngo byari bigamije kwereka amahanga ko icyo gihugu gifite ubusugire, ko amategeko mpuzamahanga abuza igihugu icyo aricyo cyose kwivanga mu bibera mu kindi gihugu nacyo gifite ubusugire.

 

Perezida Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron mu kiganiro n’itangazamakuru (Ifoto/Karirirma A.Ngarambe)

RDC yikanze iki?

RDC iritegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ku wa 23 Ukuboza 2018, hashakwa uzasimbura Joseph Kabila uyobora icyo gihugu mu 2001 wasoje manda ku wa 20 Ukuboza 2016 ariko ntihabe amatora yo kumusimbuza, akagumana ubutegetsi.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, Nduhungirehe Olivier, yabwiye IGIHE ko gahunda yakomojweho ihuriweho n’ibihugu byo muri aka karere yumvikanye nabi.

Yagize ati “Ni igitekerezo cya Perezida wa Angola uzatumira abakuru b’ibihugu byo mu karere ngo baganire kuri DRC. Inama izaba mu kwezi gutaha i Luanda. Perezida Kagame nk’Umukuru wa AU, yavuze ko ashyigikiye icyo gitekerezo kandi ko azashyigikira ikizava muri iyo nama. Ni ibyo nta bindi.”

Perezida wa Angola João Lourenço akomeje kuba ku izingiro ryo gushaka umuti ku kibazo cya RDC binyuze mu nama zitandukanye zihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma muri aka karere.

Harimo nk’inama yabereye i Kinshasa muri Gashyantare hagati ya Perezida Joseph Kabila, Denis Sassou Nguesso wa Repubulika ya Congo na Lourenço ubwe, no mu y’Umuryango w’Iterambere ry’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo, SADC, yabereye i Luanda muri Mata.

Izo nama zagiye zivamo umwanzuro ushimangira ko amatora ya Perezida mushya wa RDC agomba kuba uyu mwaka, n’uko imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya iki gihugu igomba kurwanywa n’imbaraga zose zishoboka.

U Rwanda rwitandukanyije n’ibibazo bya Congo

Mu kiganiro yagiranye na France 24 nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Paris, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise yamaganye, ibirego bya Congo Kinshasa ko u Rwanda rushaka kugira uruhare mu gukuraho Perezida Kabila, abyita “ibinyoma bisa.”

Mu gihe cya vuba, ibi birego byazamuwe nyuma y’uko ku wa 23 Mata inzego z’umutekano za Congo zataye muri yombi, Brigitte Safari Misabiro, ku mupaka wa muto uhuza u Rwanda n’iki gihugu, ‘Petite Barrière’, bivugwa ko ari umugore wa Désiré Rwigema wari umwe mu bantu bakomeye mu mutwe wa M23, ahita ajyanwa i Kinshasa ari naho afungiye.

Uwo mugore ngo yafatanywe inyandiko zariho amakuru y’ishingwa ry’umutwe mushya w’abarwanyi ‘Front pour la restauration du Congo’, ngo yagombaga guha umuntu wari i Goma.

Hari n’uwabwiye Jeune Afrique ko izo nyandiko zaba zaratanzwe na Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, wari i Kigali mu minsi ishize.

Minisitiri Mushikiwabo yakomeje agira ati “Ntabwo ari uko bakuraho abakuru b’ibihugu, ntabwo ari umugore mwiza wambuka umupaka afite amabaruwa y’umugabo we cyangwa mubyara we; oya, icyo tubona ni uko ari ibihe by’amatora muri Congo, ni igihe cya politiki kirimo ibintu byinshi, ni uko tubibona ariko ntbwo bikwiye ko umuntu agerageza gusoma ibintu byose n’ibidahari.”

Yavuze ko haba ku Rwanda cyangwa AU nk’umuryango u Rwanda ruyoboye uyu munsi, icyo bifuriza RDC ni uko haboneka amahoro naho kuguma ku butegetsi kwa Perezida Kabila cyangwa kubuvaho si u Rwanda rubigena.

Yakomeje agira ati “Si twe tugomba kubyemera, ni ah’Abanye-Congo ngo bavuge icyo bifuza mu gihugu cyabo, bakifatira umwanzuro mu gihe ibyo byose bituma igihugu kigira ituze, kugira ngo twe nk’abaturanyi bafite impungenge tubone urwo rugendo rwa politiki [rugenda neza].”

Abajijwe niba hari impungenge zihari mbere y’amatora, Mushikiwabo yashimangiye ko mu matora zikunda kubaho ndetse na mbere byagiye bigaragara, gusa ngo RDC igaragaza kubushake bwo kugera ku mahoro.

Mushikiwabo yakomeje agira ati“Turi abaturanyi icyenda ba RDC, nta burenganzira dufite bwo kumusaba kugenda (Kabila), ni Abanye-Congo bo kumubwira kugenda. Twe icyo twasaba RDC ni uko icyo gihugu cyabona amahoro arambye, nicyo twifuza nk’ibihugu by’abaturanyi.”

Hari n’amakuru yagiye ahagaragara avuga ko RDC yatunguwe n’uburyo u Bufaransa bwemeye gushyigikira kandidatire ya Minisitiri Mushikiwabo ku buyobozi bw’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa kibereye umunyamuryango.

Icyo gihugu ngo gishyigikiye kandidatire y’Umunyafurika, ariko ngo cyashakaga kubimenyeshwa mbere bitabaye ngombwa ko babimenyera mu itangazamakuru.

Amatora ya Perezida wa Repubulika yitezwe mu Ukuboza 2018.

 

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane n’akarere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Léonard She Okitundu
SR : igihe

 

2018-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Ubwanditsi 10 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela
HIRYA NO HINO

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1
Amakuru

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi/Cibitoke: polisi yahohoteye bikabije Umunyarwanda

Ubwanditsi 28 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru