• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Ubwanditsi 04 Oct 2018 ITOHOZA

Abanyeshuri ba Kaminuza ya Makerere ikomeye kandi inamaze igihe kinini muri Uganda, bakomeje kwiyahura, aho uheruka ari umusore witwa Joshua Ajuna, wiyahuye ku wa 16 Nzeri 2018.

Uyu musore wapfuye afite imyaka 25 y’amavuko, yari ageze mu mwaka wa kane wa kaminuza mu bijyanye n’amashyamba, iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko yiyahuye akoresheje uburozi ndetse iruhande rwe hakaba hari ubutumwa yasize yanditse mbere yo kwiyahura. Yavugaga ko yabitewe n’impamvu ze bwite.

Urupfu rwe rwiyongeye ku rutonde rw’abandi benshi biyahura muri kaminuza ya Makerere buri mwaka.

Muri Mata 2011, uwitwa Francis Kigenyi w’imyaka 23, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu rya hoteli Baskon. Mbere y’urupfu rwe, umuvandimwe we, Emmanuel Kisadha yari yabwiye abashyitsi ku isabukuru ye ko ubuzima bwe nta gaciro bufite ko yigereranya nk’umuzimu.

The Observer dukesha iyi nkuru yavuze ko muri 2012, umunyeshuri witwaga Josua Nuwasasira, wigaga mu mwaka wa kabiri wa Kaminuza ya Makerere mu ishami ry’Ubucuruzi riri i Mbarara nawe yiyahuye nyuma yo kunywera amafaranga yagombaga kwishyura.

Uyu yasanzwe yimanitse mu nzu yakodeshaga mu gace ka Nkokonjeru mu Mujyi wa Mbarara yimanitse.

Mu 2011 kandi Emmanuel Kagina, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu ry’imwe mu nyubako ya Kaminuza ya Makerere. Inshuti ze za hafi zaketse ko byatewe n’ukutumvikana n’umukobwa bakundanaga.

Ibi kandi byanabaye kuri Hassan Muganzi wiyahuye asimbutse ku igorofa rya Kane rya Kaminuza ya Makerere kuko umukobwa w’inshuti ye yamwanze.

Umwarimu mu ishami ryigisha ibijyanye n’imitekerereze ya muntu muri kaminuza ya Makerere, Dr Caroline Birungi, avuga ko aba bose n’abandi benshi biyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo, agahinda, impamvu zabo bwite, kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga, kubura uburere, kwandura agakoko gatera Sida, ubukene n’ibindi.

Dr. Birungi avuga ko Abanya-Uganda benshi babuze ababyeyi babo kubera intambara, abandi bakicwa na virusi itera Sida, bikabasiga batagira ababarera.

Yakomeje agira ati “Ubundi abanyeshuri bakura batitabwaho n’ababyeyi, bigenga cyane, bibeshaho no kuba batazi uko bakwitwara no kwiyitaho, iyo bahuye n’ibiyobyabwenge, inzoga n’indwara nka virusi itera Sida, ntabwo babasha kubyakira byoroshye.”

Yavuze kandi ko iyo aba banyeshuri bageze muri kaminuza batangira gukoresha ibiyobyabwenge byinshi, bakabaho bigenzura, bishora mu bikorwa by’ubusambanyi bakanduriramo virusi itera Sida. Iyo badafite umuntu ubagira inama ngo birangira biyahuye.

Dr. Birungi kandi avuga ko kutumvikana mu rukundo, gufata ibiyobyabwenge, ingaruka zo gukoresha amafaranga y’ishuri no kwangirwa gukora ibizamini bituma abanyeshuri biyahura.

Avuga ko kwiyahura ari kimwe mu bibazo bikomereye Kaminuza ya Makerere, aho nibura buri kwezi abanyeshuri biga mu mashami atandukanye biyahura.

Dr Birungi yibutsa ko hari imfu zitabarwa muri izi zirimo iz’abafata ibiyobyabwenge byinshi cyangwa ibinini bagasinzira ntibakanguke, bikavugwa ko bishwe n’umutima.

Dr Caroline Birungi avuga ko abiyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo agahinda no gukoresha ibiyobyabwenge

 

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya  Imana ikinga akaboko

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Ubwanditsi 25 Sep 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    October 4, 20186:15 pm -

    Uruvuga undi wweeee,ariko ibya Uganda mubishakaho iki? Mwagiye muvuga ibyanyu ko nabyo bihari daaaaa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye
Mu Rwanda

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari,  anaganira n’abacuruzi
Mu Rwanda

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali
UBUKERARUGENDO

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru