• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Ubwanditsi 19 Jul 2018 ITOHOZA

Itsinda ry’abayobozi bo mu Karere ka Kisoro muri Uganda, ryasabye guverinoma y’iki gihugu gufungura byihuse Gen.Kale Kayihura umaze ukwezi kurenga afunzwe kandi ataraburanishwa.

Tariki ya 13 Kamena nibwo Kayihura wayoboye Polisi ya Uganda imyaka 13 yatawe muri yombi. Nyuma y’ibyumweru bibiri afunzwe Perezida Yoweri Museveni yatangaje ko akekwaho kubangamira ubunyamwuga bw’urwego yari ashinzwe, akoresha abasivili mu bikorwa by’ubutasi.

Ku wa kabiri nibwo itsinda riyobowe n’Umuyobozi wa Njyanama ya Kisoro, Abel Bizimana ryakiriwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Ruhakana Rugunda aho ryari ryazinduwe no gusaba ko Kayihura ukomoka muri kariya karere afungurwa nta yandi mananiza cyangwa se akaburanishwa mu buryo bwihuse.

Mu kiganiro na NTV nyuma y’ibi biganiro byabereye mu muhezo, Bizimana yavuze ko bitari bikwiye ko Kayihura ashyirwa mu kato nk’umuntu urwaye Ebola, kandi mu by’ukuri ikosa yakoze ari uko yitangiye akazi yari ashinzwe.

Ati “Gen.Kale azi neza impamvu ari muri gereza, kandi perezida wacu arabizi ko ari hariya kandi n’inshuti ye. Ariko uri inshuti yanjye ntabwo wamfunga nkaho ndwaye Ebola. “

Yakomeje avuga ko we icyo ashinja Kayihura ari uko yakoze akazi ke atiganda, Guverinoma ya Uganda ikaba imugomba byinshi ku buryo bitari bikwiye ko afungwa mu buryo budasobanutse.

Ati “Iminsi 30 yararenze kandi ntaragezwa imbere y’ubutabera, ntabwo afashwe nk’imfungwa ariko abayeho nabi kurusha imfungwa […] iyo aza kuba yaroherejwe muri gereza ya Luzira yari kuba ari gukina Tennis, ndetse agahabwa ubufasha bwose buhabwa imfungwa.”

Abayobozi basabye ko Kayihura arekurwa nyuma y’amasaha make Minisitiri w’Ubutabera, Maj.Gen Kahinda Otafiire, atangaje ko inkiko za gisirikare zikwiye guhabwa umwanya wo kwiga ku kibazo cye kubera ko ari zo zibifitiye ububasha.

Kayihurayakuwe kuri uyu mwanya muri Mata uyu mwaka, ubwo Perezida Museveni yakoraga impinduka mu nzego zo hejuru akamusimbuza Okoth Ochola wari umwungirije.

Bivugwa ko Museveni yirukanye Gen. Kale Kayihura ku buyobozi bukuru bwa Polisi amushinja ibyaha birimo kurebera umutekano muke mu gihugu. Ibi bifitanye isano n’abantu bakomeye bamaze iminsi bicwa muri Uganda ibikorwa bishinjwa abantu be ba hafi.

2018-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi,  nyuma y’iminsi itatu gusa  Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi, nyuma y’iminsi itatu gusa Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside

CNLG yashyize hanze urutonde rw’abasirikare bakuru 22 b’u Bufaransa bari mu mugambi wa Jenoside

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye
ITOHOZA

Uwicishaga Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centre Afrika yaramenyekanye

Ubwanditsi 05 Feb 2016
Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.
ITOHOZA

Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Perezida Kagame yegukanye  igihembo mu guharanira iterambere  k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga
Mu Mahanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru