• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

U Burusiya: Indege ya gisirikare yarimo abantu 91 yaguye mu Nyanja

Ubwanditsi 25 Dec 2016 ITOHOZA

Indege y’igisirikare cy’u Burusiya yari itwaye abantu 91, barimo abasirikare, yaguye mu Nyanja y’umukara, mu rucyerera rwo kuri iki Cyumweru.

Nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ingabo muri iki gihugu, ngo iyi ndege (Tupolev TU-154), yatangiye kuburirwa irengero n’ibyuma byayigenzuraga (radar), nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Adler, aho yari yaguye kugira ngo bayishyiremo amavuta.

Iyi Minisiteri kandi itangaza ko bimwe mu bisigazwa byayo byamaze kuboneka, mu Nyanja y’umukara ku bujyakuzimu bwa metero hagati ya 50 na 70.

BBC itangaza ko muri iyi ndege harimo abagenzi 83 n’abandi umunani bari mu itsinda ry’abari bayitwaye. Muri abo ngo harimo n’itsinda ry’abanyamuziki b’abasirikare (military band) n’abanyamakuru.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Burusiya, Igor Konashenkov, yavuze ko iyi ndege yari yerekeje muri Syria, mu Ntara ya Latakia, aho abari bayirimo bari bitabiriye ibirori byo gusoza umwaka bizakorwa n’ingabo z’iki gihugu ziba muri Syria.

Sergei Shoigu, Minisitiri w’Ingabo z’u Burusiya, ubwe nawe ari kumwe n’itsinda ry’abandi bantu bari mu bikorwa byo gushakisha abari muri iyo ndege, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa niba hari ababa babonetse.

Mu 2010, indege nk’iyi (TU-154) yaguye mu Mujyi wa Smolensk, uherereye mu Burengerazuba bw’u Burusiya, ihitana abantu 96 barimo n’uwari Perezida wa Polonge, Lech Kaczynski. Indi ndege nk’iyi kandi yaguye mu Nyanja y’umukara nyuma yo kuraswa mu 2001, abantu 78 bari bayirimo bahasiga ubuzima.

Icyo gihe igisirikare cya Ukraine cyashyizwe mu majwi kuba ari cyo cyahanuye iyo ndege, ariko cyarabihakanye kivuga ko ishobora kuba yahanuwe by’impanuka n’abasirikare bayo bari mu myitozo.

-5163.jpg

Bimwe mu bice by’indege ya Tu-154 y’igisirikare cy’u Burusiya byabonetse mu Nyaja y’umukara

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
ABANYARWANDA  HERVE BM  NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO  KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM  MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

ABANYARWANDA HERVE BM NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ubwanditsi 29 Mar 2018
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Mu Mahanga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera
INKURU NYAMUKURU

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru