• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Ubwanditsi 27 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), yayoboye inama y’abagize Inama Nyobozi y’uyu muryango, yanitabiriwe na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamaht.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Gatandatu i Addis-Ababa muri Ethiopia, yakurikiye inama nyunguranabitekerezo ku mavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yahuje Abaminisitiri b’Ububanyi n’amahanga bagera kuri 15; abayobozi b’imiryango y’ubukungu y’uduce dutandukanye twa Afurika.

Icyaganirwaga muri izi nama ni ukureba aho ishyirwa mu bikorwa ry’amavugurura yakozwe n’ibijyanye n’icyemezo cyo gutera inkunga ibikorwa by’Umuryango.

Perezida Kagame yavuze ko kugaragaza inshingano za Komisiyo n’Imiryango y’ubukungu y’uturere mu gushyira mu bikorwa amavugurura ya AU, bigomba gushingira ku busesenguzi buhamye kandi bwemeranyijweho.

Yavuze ko nta nzitizi zikwiye kwitambika iyi gahunda igamije gukomeza guharanira ahazaza heza ha Afurika, ashimangira ko ubwitange bwa Komisiyo, imiryango y’uturere n’akanama k’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga ari ingenzi muri uru rugendo.

Yagize ati “Ku bw’ubufasha n’ubwitange bwa buri rwego, tuzagera ku ntego y’amavugurura n’inyungu zose umugabane uzayakuramo. Intego yanjye ni uko iyi nama iba gusangira ibitekerezo mu buryo bweruye by’uko twakomeza kujya imbere.”

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe urimo gukora amavugurura ajyanye n’imiyoborere n’imikorere yawo, kwishakamo ingengo y’imari, kugera ku cyerekezo 2063 n’ibindi.

Mu nama ya AU yabereye mu Rwanda mu 2016 nibwo hemejwe ko ibihugu bitanga umusanzu wa 0.2% by’umusoro ku bitumizwa mu mahanga hagati y’igihugu kiri mu muryango n’ikitawurimo, hagamijwe gukuraho ko AU yakomeza kugendera ku nkunga mu bikorwa byayo.

Ni gahunda byitezwe ko izafasha Afurika gukusanya miliyari 1.2 Frw buri mwaka, azatera inkunga 100 % ibikorwa by’ubuyobozi bw’umuryango, 75% bya porogaramu z’umuryango na 25% by’ibikorwa by’mahoro.

Muri Mutarama uyu mwaka ibihugu birenga 20 byari muri gahunda yo gutanga 0.2% yemejwe yo kujya mu bikorwa by’umuryango, naho ibindi 30 biri muri gahunda yo gutanga imisanzu mu Kigega cy’Amahoro.

Mu kigega cy’ibikorwa by’amahoro n’umutekano muri Afurika, AU Peace Fund, buri karere muri dutanu tugize Afurika kazajya gatanga miliyoni 65 $ buri mwaka avuye muri wa musoro wa 0.2%, akazagenda azamuka akagera kuri miliyoni 80 $kuri buri karere mu 2020.

Byateganywaga ko mu 2017 hazakusanywa miliyoni 325 $ ku buryo nibura mu 2020 azaba ageze kuri miliyoni 400 $ azajya mu bikorwa by’amahoro.

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU

Perezida Kagame uyoboye AU; Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso na Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamaht

Amafoto: Village Urugwiro

2018-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye
IMIKINO

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi
ITOHOZA

Umusirirake w’umurundi wafatiwe mu Rwanda yasubijwe u Burundi

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda
ITOHOZA

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Ubwanditsi 27 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru