• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda ubarizwa mu gisirikare cya Canada Aimé Hirwa, Umunyakanada w’imyaka 22 ufite inkomoko mu Rwanda, yamaze kuba umwe mu bagize batayo ya 1 The Royal Newfoundland Regiment y’igisirikare cya Canada, ifite ibirindiro ahitwa St John’s. Uyu musore wasinye amasezerano y’imyaka 4 mu gisirikare, akaba aherutse gutoranwa nk’umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada (Faces of the 5th Canadian Division)

Cpl Aime Hirwa avuga ko kuba mu gisirikare cya Canada bimuha amahirwe yo kuba nawe yaba umwe mu bagize ikintu gifite icyo gisobanuye kandi kimuruta, aho yumva nawe afite aho abarizwa.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri Canada, Aime Hirwa, yavuze ko kuba umusirikare bimuha amahirwe yo gusubiza amaso inyuma akareba ibyagezweho akareba igikwiriye gukorwa kugirango sosiyete irusheho kubaho neza ibayeho, “aho tutareka ngo ibyo dutandukaniyeho bidutanye”

Hirwa yavukiye I Kigali mu 1996, nyuma y’imyaka 2 gusa Jenoside yakorewe Abatutsi irangiye, aho yahitanye abantu basaga miliyoni barimo abo mu muryango wa Hirwa, kuko ari bwo sekuru na nyirasenge bishwe se umubyara, Philippe Basabose akabasha guhungira mu Burundi ku bw’ibitangaza nk’uko The Telegram.com dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Se wa Hirwa yagarutse mu Rwanda jenoside irangiye, Hirwa amara igihe kinini cy’ubwana bwe mu Rwanda, aho yibuka ko u Rwanda yakuriyemo rwari igihugu cy’amahoro kiri muri gahunda z’ubwiyunge mu gihugu hose kigerageza kwigira ku byahise kugirango bitazasubira.

Basabose ubu akuriye ishami ry’Indimi zigezweho, ubuvanganzo n’imico muri Kaminuza y’Urwibutso (Memorial University), akaba yaravuye mu Rwanda amaze gusoza amasomo ya kaminuza mu rurimi rw’Igifaransa n’Ubuvanganzo. Yageze muri Canada mu 1999 agiye gukomeza icyiciro cya master, agakomeza doctorat muri Kaminuza ya Western Ontario.

Hirwa uvuga ko ababyeyi be ari bo kitegererezo kuri we kubera ukuntu birwanyeho kugirango bamurere n’abavandimwe be baharanira ko bagira uburere n’ubuzima biruta ibyo baciyemo, avuga ko ajya kujya mu gisirikare yumvise ari ikintu cy’ingenzi abanyeshuri bagomba gucamo.

 Yagerageje kwiyandikisha ari mu mwaka wa mbere muri Memorial University ariko ntibyamukundira kuko nta bwenegihugu bwa Canada yari yakabonye. Byabaye ngombwa ko ategereza amaze kubona ubwenegihugu asubira kwiyandikisha, ise aramuherekeza.

Ise umubyara agira ati: “Ubwo yambwiraga ko agiye kujya mu gisirikare, kandi yari muto afite imyaka 16, ikintu cya mbere natekereje cyari, Oh, kubera iki igisirikare? Kuki utajya kuri kaminuza ngo ukurikire amasomo yawe? Maze arambwira, Oya, nshobora kubikora byose. Ubwo ndavuga, niba ibyo ari byo ushaka komeza ugerageze.”

Nyuma y’aho ariko ngo se amaze kubona ukuntu yari yiyemeje, yahise avuga ko ahisemo neza. Uyu mubyeyi akaba avuga ko ibyo yaciyemo mu ntambara byamufashije kumva ukuntu byari ingenzi kujya mu gisirikare.

Ati: “Ku giti cyanjye ibyo naciyemo mu Rwanda mu 1994, by’umwihariko, mu gihe cya jenoside, na nyuma yahoo, n’ukuntu Umuryango Mpuzamahanga ntacyo wakoze-ibyatubayeho, byatumye mbona igisobanuro cyo kujya mu gisirikare”.

Cpl Aime Hirwa uvuga ko nubwo yinjiraga mu gisirikare inkomoko ye (U Rwanda) atari yo yari ashyize imbere mu bitekerezo bye, ariko ngo iyo yumvise ibikorwa byo kubungabunga amahoro u Rwanda rubamo, agakubita ku byo ubmuryango we wanyuzemo, yumva nawe arushijeho kumva yaba mu bikorwa byo kubungabunga amahoro.

Ati: “Niyo mpamvu bamwe muri twe binjira igisirikare, ni ukugerageza gukora ikintu kubw’impinduka, kandi icyo ni ikintu kiri ku rutonde rw’ibyo ngomba gukora nta kabuza.”

Basabose nawe akavuga ko yishimira umuhungu we ndetse akamushyigikira avuga ko niba ashobora gukora itandukanirizo mu nzira iyo ari yo yose yo gufasha uwo ari we wese uburenganzira bwe bwaba buhonyorwa, byaba ari nk’igisubizo kuri we ku byo yanyuzemo.

 

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Ubwanditsi 07 Aug 2019
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyakanwa
    April 13, 20184:26 pm -

    Ariko kuki abanyarwanda bajya mu bisilikari byo hanze batajya baba ba officer kdi byitwako baba barize bakanaminuza?

    ese kuba wawaka hanze nibyo bihabwa abirabura cg abavamahanga bakomoka muri afrika?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!
Amakuru

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ubwanditsi 13 Dec 2023
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020
Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva
SHOWBIZ

Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Ubwanditsi 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru