• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Ubwanditsi 05 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mugore witwa Yvonne Idamange Iryamugwiza, akomoka i Kigese na Mibirizi mu Karere ka Kamonyi ho mu ntara y’amajyepfo, amaze kuba ikimenywa na bose kubera videwo ebyiri z’urufaya zikurikiranya yashyize kuri Channel  ye ya Youtube zuzuye ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse adasize kwikora mu nda kurimo gusebya Leta yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.  Avuga ko ubu Jenoside leta yayigize igicuruzwa aho ngo ‘’icuruza amagufa y’abacu’’nk’uko abivuga cyokora akavuga ko muri iyi minsi Covid 19 Leta yayisimbuje iturufu ya Jenoside

Videwo ya mbere Idamange yayishyizeho kuwa 31 Mutarama 2021 ifite umutwe ugira uti ‘’Abanyarwanda turambiwe gufatirwaho imyanzuro idahwitse’’, Videwo ya kabiri nayo ifite umutwe ugira uti “TURASHAKA IBYEMEZO BINOGEYE ABANYARWANDA BITARI INTICA NTIKIZE” iyi yayishyizeho ku itariki ya 3 Gashyantare 2021. Iyo usesenguye  ni videwo akora afatishije Telefone kuko amashusho yayo aciriritse cyane, ariko iyo ukomeje gusesengura neza ibigaragarira amaso n’isesengura ni uko ari ibikorwa akora yifashishije indi kipe bakorana bafatanyije iyi migambi ye yo kwangisha ubuyobozi rubanda, igandisha abaturage ngo bigumure ku ngamba zo kwirinda iki cyorezo cyibasiye isi cya Covid 19

Idamange Iryamugwiza Yvonne ni Umugore w’abana bane, uvuka kuri se Binego na nyina Mukansugaye, yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko abyivugira muri izi videwo zombi akaba yararihiriwe n’Umushinga ufasha abacitse ku icumu batishoboye ‘FARG’. Icyagaragaye ntashima FARG nkuko yabyivugiye ahubwo arawugaya yirengagije ko mu bushobozi Leta y’Ubumwe yari ifite icyo gihe. FARG yabaye akabando k’abarokotse aho yabaye igisubizo ku bibazo by’ubuzima bw’abarokotse byaba kubakira abarokotse, kubavuza no kurihira amashuri abana bari barokotse.  Ibyo avuga byuje ubugome n’ubujije ndetse no kwoshywa n’ikipe itari ntoya yimirije imbere kubangamira Leta bikabije ibinyujije mu barokotse nka Idamange Yvonne, Nsabimana Sankara Callixte,Mushayidi Deo n’ibindi bigarasha nkawe

Ubusanzwe atuye Kimironko munsi ya Gereza ahazwi nko mu Bibare, ni umugore utabana n’umugabo kuko abamuzi cyane bivugwa ko umugabo yamutanye abana bagahabwa gatanya kuko uyu mugore yamusambaniragaho akamucyuraho abandi bagabo, nyamara umugabo we yari yaririye arimara amushakira icyo gukora aho yamwubakiye Cyber café ariko undi n’abasambane we bakayirya bakayimara bakadukira n’imitungo y’umugabo igihe umugabo we yafungwaga azira Cheque itazigamiye aho yacuruzaga ibikoresho by’ubwubatsi n’ibindi. Aho umugabo afunguriwe yasanze nyamabara ingeso yarabaye ingeso niko gusaba gatanya ibyinshi bihabwa Umugore Idamange wari usigaranye abana, umugabo acaho aramuhunga yigira muri Leta zunze ubumwe z’Amerika

Ikigaragaza ko Idamange no mu busanzwe adashobotse kandi ari indashima ni uko Leta yamukijije umuhoro ntiyashima n’umugabo babyaranye abana kuko yahereye kera abamusaba ngo bamusange muri Amerika ariko Idamange akamubera ibamba kuko iteka yamusabaga amafaranga y’ishuri yabo n’ibindi byinshi kandi akabyongeraho no guhabwa agera ku madorali 1000 y’Amerika ya buri kwezi. Nicyo rero cyatumye amwima abana cyokora amuha impamvu ko niba abakeneye yareka akazana nabo, n’uko umugabo ati “sinaba naraguhunze ngo nkwihamagarire nzakomeza nyatange aho kukugira”

Nta kuntu leta itamugize ahubwo aranga yibera indashima, Idamange yubakiwe inzu ku Rugarika mu karere ka Kamonyi arangije arayikodesha, amaze kubaka indi umwaka ushije iyo yubakiwe yarayitamiye arayigurisha ariko kandi akagaruka akavuga ngo Leta ntiyitaye ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu biganiro bye bigizwe no guhuzagurika gukomeye aho yikoma ingamba z’inzego zishinzwe ubuzima cyane cyane iya Guma Murugo aho avuga ko idakwiye ariko kandi akongeraho ko n’ingamba zo kurekera abana mu mashuri we abigereranya no gufungwa agahamarira abayobozi batandukanye barimo na Madame wa Perezida wa Repubulika akegera abaturage akabahumuriza kandi ibyo ubwabyo bidasiba gukorwa, agaruka kuri Perezida Kagame aho avuga ko ategera abaturage ngo abahumurize ibi birasa neza n’ibyo ingirwa Padiri Thoma Nahimana ajya atangaza ugahita ubona ko Idamange yamaze gutamira uburozi bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Gusa nubwo avuga ko afite icyiciro cya Masters, Indamage agaragaza ubuswa aho avuga ngo arasaba Minisitiri wa Sena…..n’umwana w’igitambambuga aziko nta Minisitiri wa sena cyangwa uw’inteko ubaho.

Hari aho yumvikana asaba Gen. James Kabarebe kubatabara agakuraho ubutegetsi akirengagiza ko Gen. Kabarebe azi agaciro k’igihugu n’ibikorwa ndashyikirwa byacyo birimo na Jenoside yahagaritswe abigizemo uruhare nk’ingabo y’Igihugu

Abacitse ku icumu barimo gufata Idamange Yvonne Iryamugwiza nk’umugome bakamusabira gukurikiranwa n’inzego ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ababarokotse Jenoside ikaba itegura gutanga ikirego akisobanura mu bikorwa bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Hari aho Idamange avuga ko Leta ikoresha Jenoside nk’iturufu aho inzibutso zibereyeho kwinjiza amadevize  kandi abarokotse babayeho nk’abasigajwe inyuma n’amateka. Abarokotse Jenoside bamwamaganiye kure ndetse banongeraho ko yabitewe no gusinda amahoro,guhaga demokarasi isesuye n’ibindi, aho adashimira inkotanyi zamurokoye agahitamo gutwika ibigega byamugaburiye nkaho aho nkaho atazongera guhaga

Abenshi bafata Idamange nk’umupfakazi (Kuko adafite umugabo guhera 2010) w’umupfapfa ukeneye kuva mu gihugu akajya muri Amerika ariko kugirango abone VISA akumva ko yabanza gusebya no gusenya iwabo kuko izindi nzira zanze. Arashaka gusiga abibye urwango mu Banyarwanda no kubifuriza inabi yitwaje Bibiliya.  Abakurikira Idamange ku mbuga nkoranyambaga ahubwo bamushinje ko ari we ukoresha Jenoside nk’iturufu aho yishakira visa anyuze mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nkuko bamwibutsa ko ibitekerezo asangiye na Ingabire Victoire,Umubavu,Nahimana n’abandi bizamwikoreza amashyiga ashyushye ubutabera bumutegereje.

2021-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel
Mu Mahanga

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Ubwanditsi 13 May 2016
CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani
IMIKINO

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma
Amakuru

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru