• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Ubwanditsi 04 Oct 2018 ITOHOZA

Abanyeshuri ba Kaminuza ya Makerere ikomeye kandi inamaze igihe kinini muri Uganda, bakomeje kwiyahura, aho uheruka ari umusore witwa Joshua Ajuna, wiyahuye ku wa 16 Nzeri 2018.

Uyu musore wapfuye afite imyaka 25 y’amavuko, yari ageze mu mwaka wa kane wa kaminuza mu bijyanye n’amashyamba, iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko yiyahuye akoresheje uburozi ndetse iruhande rwe hakaba hari ubutumwa yasize yanditse mbere yo kwiyahura. Yavugaga ko yabitewe n’impamvu ze bwite.

Urupfu rwe rwiyongeye ku rutonde rw’abandi benshi biyahura muri kaminuza ya Makerere buri mwaka.

Muri Mata 2011, uwitwa Francis Kigenyi w’imyaka 23, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu rya hoteli Baskon. Mbere y’urupfu rwe, umuvandimwe we, Emmanuel Kisadha yari yabwiye abashyitsi ku isabukuru ye ko ubuzima bwe nta gaciro bufite ko yigereranya nk’umuzimu.

The Observer dukesha iyi nkuru yavuze ko muri 2012, umunyeshuri witwaga Josua Nuwasasira, wigaga mu mwaka wa kabiri wa Kaminuza ya Makerere mu ishami ry’Ubucuruzi riri i Mbarara nawe yiyahuye nyuma yo kunywera amafaranga yagombaga kwishyura.

Uyu yasanzwe yimanitse mu nzu yakodeshaga mu gace ka Nkokonjeru mu Mujyi wa Mbarara yimanitse.

Mu 2011 kandi Emmanuel Kagina, yiyahuye asimbutse mu igorofa rya gatanu ry’imwe mu nyubako ya Kaminuza ya Makerere. Inshuti ze za hafi zaketse ko byatewe n’ukutumvikana n’umukobwa bakundanaga.

Ibi kandi byanabaye kuri Hassan Muganzi wiyahuye asimbutse ku igorofa rya Kane rya Kaminuza ya Makerere kuko umukobwa w’inshuti ye yamwanze.

Umwarimu mu ishami ryigisha ibijyanye n’imitekerereze ya muntu muri kaminuza ya Makerere, Dr Caroline Birungi, avuga ko aba bose n’abandi benshi biyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo, agahinda, impamvu zabo bwite, kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga, kubura uburere, kwandura agakoko gatera Sida, ubukene n’ibindi.

Dr. Birungi avuga ko Abanya-Uganda benshi babuze ababyeyi babo kubera intambara, abandi bakicwa na virusi itera Sida, bikabasiga batagira ababarera.

Yakomeje agira ati “Ubundi abanyeshuri bakura batitabwaho n’ababyeyi, bigenga cyane, bibeshaho no kuba batazi uko bakwitwara no kwiyitaho, iyo bahuye n’ibiyobyabwenge, inzoga n’indwara nka virusi itera Sida, ntabwo babasha kubyakira byoroshye.”

Yavuze kandi ko iyo aba banyeshuri bageze muri kaminuza batangira gukoresha ibiyobyabwenge byinshi, bakabaho bigenzura, bishora mu bikorwa by’ubusambanyi bakanduriramo virusi itera Sida. Iyo badafite umuntu ubagira inama ngo birangira biyahuye.

Dr. Birungi kandi avuga ko kutumvikana mu rukundo, gufata ibiyobyabwenge, ingaruka zo gukoresha amafaranga y’ishuri no kwangirwa gukora ibizamini bituma abanyeshuri biyahura.

Avuga ko kwiyahura ari kimwe mu bibazo bikomereye Kaminuza ya Makerere, aho nibura buri kwezi abanyeshuri biga mu mashami atandukanye biyahura.

Dr Birungi yibutsa ko hari imfu zitabarwa muri izi zirimo iz’abafata ibiyobyabwenge byinshi cyangwa ibinini bagasinzira ntibakanguke, bikavugwa ko bishwe n’umutima.

Dr Caroline Birungi avuga ko abiyahura babiterwa n’impamvu nyinshi zirimo agahinda no gukoresha ibiyobyabwenge

 

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ubwanditsi 02 Jun 2016
Muri RNC: Umwotsi uracyacumbeka hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Muri RNC: Umwotsi uracyacumbeka hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    October 4, 20186:15 pm -

    Uruvuga undi wweeee,ariko ibya Uganda mubishakaho iki? Mwagiye muvuga ibyanyu ko nabyo bihari daaaaa

    Subiza

Leave a Reply to Lille Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League
Amakuru

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Ubwanditsi 26 Sep 2023
Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara
IMIKINO

Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Ubwanditsi 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru