• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Ubwanditsi 21 May 2018 IMIKINO

Abakinnyi, abayobozi n’abatoza muri Rayon Sports bacitse ururondogoro nyuma yo kutishimira uko bagabanyijwe amadorali batsindiye ubwo bajyaga mu mikino y’amatsinda ya CAF Confederation Cup. 

Muri rusange Rayon Sports ikimara kubona itike yo gukomeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup yahise yemererwa kuzahabwa ibihumbi 290 by’amadolari y’Amerika akabakaba 252,160,800 mu manyarwanda.

Bivugwa ko aya madorali yagabanyijwe mu busumbune kuko hari abakinnyi bahawe menshi abandi bagahabwa macye ndetse bamwe bakanayabura.

Bivugwa ko abakinnyi bakinnye imikino myinshi ngo bahawe amadorali 1,500 ngo abatarakinaga cyane bahabwa 1,000 gusa naho abandi batasohokaga ngo bo ntananumiya babonye.

Bivugwa ko abakinnyi 14 babonye 1,500 ari Ndayishimiye Eric Bakame, Rutanga Eric, Nyandwi Saddam, Usengimana Faustin, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Mugabo Gabriel, Mukunzi Yannick, Kevin Muhire, Djabel Manishimwe, Kwizera Pierrot, Ismaila Diarra, Shaban Husein Tcbabalala, na Christ Mbondi.

Gusa Mbondi ngo yakaswe amadorali 250 kuko ngo ku mukino ubanza wa Costa do Sol atawukinnye wose uko wakabaye.

Naho abakinnyi ngo batakunze gukina cyane bahawe igihumbi ngo ni Nahimana Shassir, Niyonzima Olivier Sefu, Ndayisenga Cassim, Mugume Yassin, Bimeynimana Bofils Caleb na Mugisha Francois Master.

Irambona Eric nawe yari guhabwa 1,000 cy’amadorali ariko ngo bakimwimye kubera ko ngo umukino wo kwishyura wa Casta do Sol yivanye muri Local.

Abandi bakinnyi barimo Rwatubyaye Abdul, Nova Bayama, Nzayisenga Jean D’Amour Meya, Mwisemeza Djamal n’abandi batakinnye umukino n’umwe nta kintu bigeze bahawa.

Icyateje umwuka mubi kurushaho ngo ni uko umutoza mukuru yahawe ibihumbi 8 by’amadorali abamwungirije bose barimo Romami Marcel, Witakenge Jeanot, Nkunzingoma Lamazhan, Corneil ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi ukongeraho abaganga bose ndetse n’abashinzwe ibikoresho na Adriel ushinzwe ibikorwa by’iyi kipe bose ngo bahawe amadorali 200 gusa.

Ibi ngo byarakaje aba batoza n’abaganga ndetse ngo bamwe muribo bakaba babwiye Rayon Sports ko ayo madorali 200 batayafata ahubwo yayigumanira.

Umunyamabanga w’iyi kipe King Bernard nawe ngo yahawe ibihumbi 2,000 by’amadorali, ikintu cyarakaje abakinnyi kuko ngo uyu munyamabanga nta kintu yigeze akora nyamara abakoze bagahabwa macye abandi ntibahabwe na macyeya.

Gusa Muvunyi Paul Perezida w’iyi kipe yavuze ko ari abakinnyi babyihitiyemo, ati: ”Nibyo ni uko byagenze ariko ni abakinnyi ubwabo babyihitiyemo”.

Umunyamakuru amubajije impamvu y’ibi byose, yasubije ati:”Ibyo ariko ni iby’imbere mu ikipe nta n’ubwo bireba abanyamakuru”.

Muvunyi yahakanye ko ibi bintu nta kibazo byateje ahubwo ko ababibwiye itangazamakuru baza bakabimwibwirira akabikemura ngo kuko we bitaramugeraho.

Kuva Rayon Sports ikimara gutsindira aya madorali byaravuzwe ko bashobora kuzayapfa nkuko byakunze kuvugwa n’abakunzi ba APR FC mukeba wabo none koko birabaye.

2018-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye
Amakuru

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru