• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Ubwanditsi 03 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa iracakirana n’iya Guinea mu mukino wa kimwe cya kabiri mu irushanwa nyafurika rihuza abakinnyi abakina imbere mu bihugu byabo CHAN ikomeje kubera mu Rwanda mu mukino byitezwe ko uza kuba ukomeye cyane.

-1994.jpg

Les Leopards, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa yageze muri ½ isezereye u Rwanda rwakiriye irushanwa nyuma yo kurutsinda ibitego 2-1 mu gihe Guinea yo yasezereye Zambia kuri penaliti 5-4 nyuma yo gukina umukino ukarangira ari ubusa ku busa.

Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ni imwe mu zihabwa amahirwe yo gutwara CHAN 2016 nyuma yo gusezerera u Rwanda rwakiniraga iwarwo ndetse no kwitwara neza mu mikino y’amatsinda.

-1995.jpg

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ntiyigeze isiba muri CHAN na rimwe , ikba ari yo yatwaye CHAN bwa mbere mu mwa wa 2009 ubwo yakinirwga muri Cote d’Ivoire mu mwaka wa 2009 ndetse iviramo muir ¼ mu mwaka wa 2011 n’uwa 2014.

Ku rundi ruhande, ni ubwa mbere Guinea yitabiriye CHAN ndetse ikaba yarahise ibasha kugera muri ½. Iyi kipe ikaba yaraciye mu nzira ikomeye kuko yabashije gutsinda ikanasezerera Nigeria yaje muri CHAN 2016 ihabwa amahirwe menshi yo kuyitwara.

Umutoza w’ikipe ya Guinea Mohammed Kanfory Bangoura, yatangaje ko nta wigeze aha ikipe ye amahirwe yo kugera kure nyamara ngo batunguye benshi babasha kugera muri ½ ndetse yongeraho ko biyemeje gutsinda Kongo bakagera ku mukino wa nyuma.

Yagize ati “ Nabwiye abakinnyi banjye ko badakwiye gukomeza kwishimira iby twagezeho kuko dufite undi mukino w’ishiraniro (na RDC) ihagaze neza cyane. Ndizera ko tuzabaha akazi gakomeye cyane- aho bigeze turashaka kugera ku mukino wa nyuma’’.

Mohammed Bangoura utoza Guinea ari kumwe n’umunyezamu Abdul Aziz Keita wakuyemo penaliti 2 akanatsinda iyahesheje Guinea itike ya 1/2
Uyu mutoza kandi yavuze ko abakinnyi b’ikipe ye batakinnye ku mukino wa Zambiya bari bukine ku wa Kongo ngo kuko bameze neza.

Nta kibazo cy’imvune cyangwa ikindi kivugwa muri iyi kipe y’igihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Umutoza w’Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Florent Ibenge avuga ko nyuma yo gutsinda u Rwanda, yizeye ko gutwara igikombe bishoboka.

Ibenge yavuze ko azi ko umukino wa Guinea uba ukomeye gusa akavuga ko kuba baratsinze u Rwanda nyuma y’aho rwari rwarabatsinze kabiri rwikurikiranya, bibaha icyizere cyo gutsinda Guinea bakagera ku mukino wa nyuma ndetse bakaba banatwara igikombe,

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo irakina umukino wa ½ idafite Heritier Luvumbu umwe mu bakinnyi bagoye cyane Amavubi akaba yaranafashije ikipe y’igihugu cye cyane mu mikino yo mu matsinda.

-1996.jpg

Luvumbu (nomero 8) yari afatiye runini RD Congo ndetse yari ku ruhembe rw’abayifashije gusezerera u Rwanda

Florent Ibenge yavuze ko ari igihombo gikomeye gukina badafite Heritier Luvumbu gusa avuga ko bafite abandi bakinnyi bashoboye kandi bageze ku rwego rwo hejuru dore ko abenshi bakinira Vita Club yageze kure muri CAF Confederations Cup ndetse abandi bakaba baratwaranye na TP Mazembe igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere wayo muri Afurika.

Guinea irakina na Kongo Kinshasa kuri uyu wa gatatu, tariki ya 3 Gashyantare 2016, guhera ku isaha y’I saa kumi kuri Stade Amahoro.

Cote d’Ivoire yo izakina kuri uyu wa kane na Mali mu wundi mukino wa ½ cya CHAN.

M.Fils

2016-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Ubwanditsi 15 Aug 2022
APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 20 May 2021
Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Mu bihembo bya The Choice, Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague yabaye umukinnyi w’umwaka wa 2021 ahize abarimo Sugira Ernest

Ubwanditsi 14 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde
Mu Rwanda

Ni agahinda kuri Iranzi wavutse amara ari hanze akaba yarabuze itike ngo asubire kwivuza mu Buhinde

Ubwanditsi 06 May 2018
Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]
INKURU NYAMUKURU

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Ubwanditsi 08 May 2018
Umunya-Colombia Restrepo Jhonatan ni we wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Umunya-Colombia Restrepo Jhonatan ni we wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 25 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru