• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Ubwanditsi 03 Feb 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa iracakirana n’iya Guinea mu mukino wa kimwe cya kabiri mu irushanwa nyafurika rihuza abakinnyi abakina imbere mu bihugu byabo CHAN ikomeje kubera mu Rwanda mu mukino byitezwe ko uza kuba ukomeye cyane.

-1994.jpg

Les Leopards, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Kongo Kinshasa yageze muri ½ isezereye u Rwanda rwakiriye irushanwa nyuma yo kurutsinda ibitego 2-1 mu gihe Guinea yo yasezereye Zambia kuri penaliti 5-4 nyuma yo gukina umukino ukarangira ari ubusa ku busa.

Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ni imwe mu zihabwa amahirwe yo gutwara CHAN 2016 nyuma yo gusezerera u Rwanda rwakiniraga iwarwo ndetse no kwitwara neza mu mikino y’amatsinda.

-1995.jpg

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ntiyigeze isiba muri CHAN na rimwe , ikba ari yo yatwaye CHAN bwa mbere mu mwa wa 2009 ubwo yakinirwga muri Cote d’Ivoire mu mwaka wa 2009 ndetse iviramo muir ¼ mu mwaka wa 2011 n’uwa 2014.

Ku rundi ruhande, ni ubwa mbere Guinea yitabiriye CHAN ndetse ikaba yarahise ibasha kugera muri ½. Iyi kipe ikaba yaraciye mu nzira ikomeye kuko yabashije gutsinda ikanasezerera Nigeria yaje muri CHAN 2016 ihabwa amahirwe menshi yo kuyitwara.

Umutoza w’ikipe ya Guinea Mohammed Kanfory Bangoura, yatangaje ko nta wigeze aha ikipe ye amahirwe yo kugera kure nyamara ngo batunguye benshi babasha kugera muri ½ ndetse yongeraho ko biyemeje gutsinda Kongo bakagera ku mukino wa nyuma.

Yagize ati “ Nabwiye abakinnyi banjye ko badakwiye gukomeza kwishimira iby twagezeho kuko dufite undi mukino w’ishiraniro (na RDC) ihagaze neza cyane. Ndizera ko tuzabaha akazi gakomeye cyane- aho bigeze turashaka kugera ku mukino wa nyuma’’.

Mohammed Bangoura utoza Guinea ari kumwe n’umunyezamu Abdul Aziz Keita wakuyemo penaliti 2 akanatsinda iyahesheje Guinea itike ya 1/2
Uyu mutoza kandi yavuze ko abakinnyi b’ikipe ye batakinnye ku mukino wa Zambiya bari bukine ku wa Kongo ngo kuko bameze neza.

Nta kibazo cy’imvune cyangwa ikindi kivugwa muri iyi kipe y’igihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Umutoza w’Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Florent Ibenge avuga ko nyuma yo gutsinda u Rwanda, yizeye ko gutwara igikombe bishoboka.

Ibenge yavuze ko azi ko umukino wa Guinea uba ukomeye gusa akavuga ko kuba baratsinze u Rwanda nyuma y’aho rwari rwarabatsinze kabiri rwikurikiranya, bibaha icyizere cyo gutsinda Guinea bakagera ku mukino wa nyuma ndetse bakaba banatwara igikombe,

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo irakina umukino wa ½ idafite Heritier Luvumbu umwe mu bakinnyi bagoye cyane Amavubi akaba yaranafashije ikipe y’igihugu cye cyane mu mikino yo mu matsinda.

-1996.jpg

Luvumbu (nomero 8) yari afatiye runini RD Congo ndetse yari ku ruhembe rw’abayifashije gusezerera u Rwanda

Florent Ibenge yavuze ko ari igihombo gikomeye gukina badafite Heritier Luvumbu gusa avuga ko bafite abandi bakinnyi bashoboye kandi bageze ku rwego rwo hejuru dore ko abenshi bakinira Vita Club yageze kure muri CAF Confederations Cup ndetse abandi bakaba baratwaranye na TP Mazembe igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere wayo muri Afurika.

Guinea irakina na Kongo Kinshasa kuri uyu wa gatatu, tariki ya 3 Gashyantare 2016, guhera ku isaha y’I saa kumi kuri Stade Amahoro.

Cote d’Ivoire yo izakina kuri uyu wa kane na Mali mu wundi mukino wa ½ cya CHAN.

M.Fils

2016-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 03 Sep 2021
Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Menya Nyirishema Richard wari Visi Perezida wa FERWABA, wagizwe Minisitiri wa Siporo asimbuye Aurore Mimosa Munyangaju

Ubwanditsi 17 Aug 2024
Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Ubwanditsi 28 Feb 2023
Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Ubwanditsi 18 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika
Mu Rwanda

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Ubwanditsi 28 Aug 2017
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.
Amakuru

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo
Amakuru

Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru