• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018 IMIKINO

Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports yizeye ko ikipe ye izabasha gusezerera ikipe ya Costa Do Sol bakagera mu matsinda y’imikino nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo, “CAF Confederations Cup.”

Ibi umubiligi Ivan Minnaert akaba yabitangarije abanyamakuru i Kigali mbere yo guhaguruka yerekeza i Maputo, mu kiganiro gito yahaye itangazamakuru.

” Ni umukino w’ingenzi cyane ku ikipe yacu, kuko ni amahirwe akomeye twaba tubonye yo kwerekeza mu mikino y’amatsinda ya CAF Confederation Cp, ku nshuro ya mbere ku ikipe yo mu Rwanda.” Ivan Minnaert aganira n’itangazamakuru. Muri Mozambique ntabwo ngiye gukina umukino wo kurinda izamu cyangwa se ngo umukino wo gusatira, tugiye muri Mozambique gukina umukino wacu usanzwe, ikipe ya Rayon Sports ikina.”

Rayon Sports igiye Maputo ifite impamba y’ibitego 3 yatsindiye i Kigali mu minsi hafi 10 ishize. Costa Do Sol bazahura ikaba isabwa gutsinda ikinyuranyo cy’ibitego birenze 3 igakomeza, bitaba ibyo Rayon Sports ikazahita yinjira mu matsinda ku nshuro ya mbere.

” Twabonye umwanya uhagije wo kwitegura uyu mukino wa Costa Do Sol, tugira n’ibyo twitegura by’umwihariko kuri uyu mukino. Ni umukino utoroshye birumvikana kuko n’iriya kipe izaza ikina ishaka uko yatsinda ngo ikomeze, ariko ntabwo bizayorohera na gato.” Minnaert umutoza wa Rayon Sports”.

Iyi kipe irahaguruka i Kigali kuri iki cyumweru aho biteganyijwe ko izagera i Maputo kuri uyu wa mbere ku i saa 13H45 ku isaha ya Maputo ari nayo saha ya hano i Kigali.

Minnaert akaba avuga ko yizeye abakinnyi bose atwaye, dore ko yahisemo kujyana abakinnyi 19 aho kujyana 18 nk’uko byari bisanzwe, ubundi akazatoranyamo 18 azakoresha ku mukino nyuma.

” Abakinnyi bose bameze neza nta kibazo, cyereka abasore 2 batemerewe gukina uyu mukino, Kwizera Pierrot na Caleb Bimenyimana bafite amakarita y’umutuku abandi bakinnyi barahari bose.”

Umutoza avuga ko nta kibazo gikomeye cyo gusimbuza Kwizera Pierrot afite, kuko n’abandi bakinnyi afite bose abizeye.

” Ni umukinnyi mwiza hagati mu kibuga ariko ntabwo ahari, nta kundi byagenda. Abandi bakinnyi ni beza ikipe ifite hagati mu kibuga kandi nizeye ko bazitwara neza nta kabuza.” Abanyarwanda ndabizeza ko tuzagaruka tubazaniye inkuru nziza muri iki cyumweru gitaha.”

Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Rayon Sports Itangishaka Bernard bakunda kwita King, akaba yabwiye abanyamakuru ko abayobozi bakoze ibishoboka byose ikipe ikaba igiye ifite morali iri hejuru, ku buryo yumva aya mahirwe babonye batazayapfusha ubusa.

” Nabaye umukinnyi wa Rayon Sports nanayibereye umuyobozi igihe kirekire. Mfite icyizere ko tuzajya mu matsinda, tukandika aya meteka ku nshuro ya mbere ku ikipe yo mu Rwanda.” Itangishaka King Bernard, umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports.” Ndebye uko abakinnyi bameze ndababonamo icyizere gihagije kandi natwe twakoze ibishoboka byose, abanyarwanda bari inaha ndabizea ko tutazabatenguha.”

Igihugu cya Mozambique ni kimwe mu bihugu birimo abanyarwanda benshi hanze y’u Rwanda. Aba bakaba biteguye bihagije gushyigikira ikipe ya Rayon Sports aho baguze ibikoresho bitandukanye hari n’ibivuye mu Rwanda, bakaba bazaza gufana iyi kipe ari benshi.

Rayon Sports iramutse ibashije kujya mu matsinda yaba ibaye ikipe ya mbere ikomoka mu rw’imisozi 1000 igiye mu matsinda y’imikino nyafurika ku makipe yabaye a ya mbere iwayo.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa gatatu kuri Zimpeto Stadium ku i saa 19H00 za ni joro i Maputo, ari nayo saha yo mu Rwanda.

JPEG - 918.7 kb
Shassir ashobora kuzagaragara mu mukino wa Costa Do Sol wo kwishyura nyuma yo kudakina umukino ubanza (Foto Ntare Julius)
JPEG - 456.5 kb
Sief ashobora kuzatangira mu kibuga asimbura Pierrot (Foto Ntare Julius)
JPEG - 1.1 Mb
Muhire Kevin umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri Rayon Sports muri iyi minsi (Foto Ntare Julius)

Abakinnyi 19 Rayon Sports ijyanye muri Mozambique:

Abakinnyi 19 Rayon Sports ijyana muri Mozambique:

Abazamu:

  • Ndayishimiye Eric Bakame (C)
  • Ndayisenga Kassim

Ba myugariro :

  • Faustin Usengimana
  • Mutsinzi Ange
  • Mugabo Gabriel
  • Nyandwi Saddam
  • Eric Rutanga
  • Irambona Eric
  • Manzi Thierry

Abakina hagati :

  • Kevin Muhire
  • Niyonzima Olivier Sefu
  • Yannick Mukunzi
  • Mugisha Francois
  • Djabel Manishimwe
  • Yassin Mugume

Ba rutahizamu:

  • Shassir Nahimana
  • Shaban Hussein Tchabalala
  • Ismaila Diarra
  • Christ Mbondi

 

2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Ubwanditsi 15 Jun 2018
TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ubwanditsi 22 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi
ITOHOZA

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri
Mu Rwanda

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo
Mu Mahanga

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru