• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF
Umunya-Canada, Michaëlle Jean, ngo ntatewe ubwoba no kuba Mushikiwabo ariwe uhabwa amahirwe yo gutorerwa kuyobora OIF

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Ubwanditsi 05 Oct 2018 POLITIKI

Umunya-Canada, Michaëlle Jean, uhatanye na Louise Mushikiwabo mu kwiyamamariza kuyobora Ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), aracyafite icyizere ko azatsinda nubwo ibihugu mbarwa ari byo byamugaragarije ko bimushyigikiye.

Michaëlle Jean usanzwe uyobora OIF, yaganiriye na Jeune Afrique, imubaza uko abona kuba Mushikiwabo ari we uhabwa amahirwe yo kuzegukana intsinzi mu matora azabera nama rusange y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, ku wa 11-12 Ukwakira 2018, i Erevan muri Arménie.

Yagize ati “Mbisoma mu binyamukuru, nta kindi. Mpugijwe cyane na dosiye mfite mbere y’iriya nama.”

Umunyamakuru yamubajije niba bitamuteye ubwoba kuba abenshi baragaragaje ko bashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo mu gihe we ari Canada na Haïti gusa byatangaje ku mugaragaro ko bimushyigikiye.

Mu gusubiza, Michaëlle Jean yagize ati “Ndi Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie. Mvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahabereye Inteko Rusange ya Loni. Nitabiriye inama zo ku rwego rwo hejuru ziga ku bibazo bya Centrafrique, Mali na Sahel […] Ku ruhande rwanje ndakora.”

Yavuze ko ari kurangiza manda ye ya mbere, akaba ashaka iya kabiri, icyo agiye gukora mu kwiyamamaza ari ukwerekana gahunda ye, yemeza ko ari nziza ndetse izishimirwa.

Ku wa 27 Nzeri, Ubwo yari yitabiriye iyi nama rusange, uyu mugore yatumiye ku meza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize OIF afatanyije na Madagascar na Arménie ntibwitabirwa.

Umwe mu bitabiriye ubwo butumire bwa Michaëlle yagize ati “Nta minisitiri n’umwe wo muri Afurika n’i Burayi witabiriye.”

Mu bihugu 84 bigize OIF, 58 ni byo bifite uburenganzira bwo gutora mu gihe 26 ari indorerezi.

Mu bifite uburenganzira bwo gutora harimo ibihugu 29 bigize AU, byagaragarije hamwe ko bishyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo, Umunyafurikakazi unayoboye Inama y’Abaminisitiri b’ububabnyi n’amahanga muri AU.

Uyu Mukandida wa Afurika ubwe aherutse gutangaza ko yifitiye icyizere ndetse kidashingiye ku banyafurika gusa ahubwo no ku bihugu byinshi yazengurutsemo abereka icyo azageza ku muryango wa OIF.

2018-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Ubwanditsi 14 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa
Mu Mahanga

Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa

Ubwanditsi 24 Mar 2018
2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka
Mu Mahanga

2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016
Mu Mahanga

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru