• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018 POLITIKI

Kuri iki gicamunsi  Hailemariam Desalegn wari Minisitiri w’intebe yatangaje ko yeguye ku mirimo ye no ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF riri ku butegetsi. 

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi. Desaleign yeguye nyuma y’imyaka irindwi ari Minisitiri w’intebe

Amakuru aravuga ko uyu mugabo w’imyaka 53 yatanze ibaruwa y’ubwegure bwe uyu munsi ku ishyaka riri ku butegetsi yari anabereye umuyobozi. Nyuma yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza ibyo kwegura kwe.

Hailemariam yavuze ko abayobozi mu ishyaka rye bemeye ubwegure bwe. Ngo ibyo kugenda kwe bizanozwa neza mu inama y’ishyaka vuba.

Kwegura kwe avuga ko biri bworohereze impinduka ziri gukorwa muri Ethiopia. Asaba ko habaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

Hailemariam wahoze ari umwalimu muri kaminuza, kuva mu 2014 Guverinoma ye yugarijwe n’ibibazo bikomeye by’imyigaragambyo y’abatavuga rumwe na Leta.

Yavuze ko nubwo yeguye akomeza kuba Minisitiri w’intebe kugeza asimbuwe mu nzira ya Demokarasi asaba abaturage na cyane cyane urubyiruko gushishikarira amahoro n’iterambere by’igihugu.

Byari biteganyijwe ko azasimburwa ku buyobozi bw’ishyaka EPRDF mu mpeshyi y’uyu mwaka ariko ahise yegura mbere.

Yahise ajya kuri Televiziyo y'igihugu atangaza kwegura kwe

Yahise ajya kuri Televiziyo y’igihugu atangaza kwegura kwe

Hailemariam niwe Minisitiri w’intebe wa mbere wa Ethiopia weguye ku mirimo, kwegura kwe ariko ngo byari byitezwe n’ab’imbere mu ishyaka rye.

Uzamusimbura biteganyijwe ko azava mu ishyaka Peoples’ Democratic Organization (OPDO) ishyaka riyobora Leta ya Oromia, leta ituwe kurusha izindi muri Ethiopia.

Desalegn yari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia kuva 2012 aho yasimbuye Meles Zenawi witabye Imana.

Ethiopia imaze imyaka ibiri yugarijwe cyane n’imyigaragambyo, imidugararo n’amakimbirane ashingiye ku moko. Abantu ibihumbi bahasize ubuzima abandi ibihumbi amagana bava mu byabo.

Ibi byatumye ishyaka riri ku butegetsi ryemera ko Leta ya Ethiopia yugarijwe no gutembazwa n’izi mvururu ziri imbere cyane muri rubanda.

Ibi bibazo biri guhungabanya ubukungu bwa Ethiopia bwari bumaze igihe buzamuka kandi bwifashe neza.

Inzobere muri Politiki zemeza ko amakimbirane ari imbere muri Ethiopia ashingiye ku miyoborere y’igihugu ishingiye kuri Leta n’amoko azituye.

 

2018-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025
Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Perezida Kagame yasabye ko ibyaha byo guhohotera abana bizamurirwa ibihano

Ubwanditsi 05 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyumweru cy’icyunamo  cyashojwe  hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside
Mu Rwanda

Icyumweru cy’icyunamo cyashojwe hibukwa Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza
Mu Mahanga

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Rayon Sports yanyagiwe na Enyimba inayisezerera muri CAF Confederations Cup
IMIKINO

Rayon Sports yanyagiwe na Enyimba inayisezerera muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 24 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru