• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR
Mukezamfura Alfred na Me Mukabaranga Agnès

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango FPR- Inkotanyi washyize ahagaragara amashyaka uzifatanya na yo mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka, atagaragaramo Ishyaka Riharanira Demokarasi Ihuza Abanyarwanda (PDC) bari bagiranye ubufatanye mu matora aheruka y’Abadepite yabaye mu 2013. Iri shyaka ryahoze riyoborwa na Mukezamfura Alfred waje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside ubu akaba yarahunze igihugu.

Kuri iki Cyumweru mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame, uyobora uyu muryango, hemejwe urutonde rw’abakandida 70 bazawuhagararira mu matora y’Abadepite, abandi 10 buzuza 80 bakazava mu mitwe ya politiki itanu bazafatanya.

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasomye urutonde rw’imitwe ya Politiki bazafatanya ntihumvikanamo PDC, ahubwo humvikanamo Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) n’Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), batari bagiranye ubufatanye mu matora y’Abadepite aheruka.

Yagize ati “Urutonde mbagezaho ni urwavuye mu matora mwakoze mu rwego rw’Akagari no ku rwego rw’Akarere. Mwatwoherereje abantu 120 dutoranyamo 80 ariko kubera ko FPR itiharira, urutonde tubagezaho rugizwe n’abantu 70, abandi 10 bakazava mu mitwe dufatanyije ariyo; PDI, PSR, PPC, UDPR na PSP”.

Muri manda y’abadepite iri kugana ku musozo, Umuryango FPR -Inkotanyi wari wifatanyije mu matora na PDI, PSR, PDC na PPC.

Mu minsi ishize, iyi mitwe ya politiki yari  yavuze ko yagejeje ubusabe kuri FPR -Inkotanyi, isaba ko yakwemererwa kujya mu bufatanye.

Perezida wa PSP, Kanyange Phoebe na Perezida wa UDPR, Nizeyimana Pie, bari batangaje ko bashyikirije ubusabe FPR-Inkotanyi ngo bazinjire mu bufatanye (coalition) batarimo muri manda ishize.

Nyuma y’uko PSP yemerewe ubwo bufatanye, Perezida wayo Kanyange yavuze  ko ari ibyishimo bidasanzwe.

Yagize ati “Twishimye, ni byiza iyo dufatanyije n’abandi imbaraga ziriyongera, bigaragara ko demokarasi yacu ishingiye ku gusangira ubutegetsi, bikaba ari byiza”.

Yasobanuye ko kwifatanya kw’imitwe ya politiki bitafatwa nko kuba ishyaka runaka ritishoboye mu kuba ryakwiyamamaza ryonyine ariko ko aba ataribyo.

Ati “Iyo uri umwe si kimwe n’uko wafatanya n’abandi”.

Mu gihe mu mashyaka hari umwuka wo gukora urutonde rw’abakandida ruzashyikirizwa Komisiyo y’Amatora (NEC), abashaka kwiyamamaza nk’abakandida bigenga barenga 10 nabo bari hirya no hino mu gihugu basaba imikono yo kubashyigikira.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Nyakanga 2018, biteganyijwe ko NEC izagirana ikiganiro n’itangazamakuru, ikavuga aho imyiteguro y’ibikorwa by’amatora bigeze.

Ingengabihe y’Amatora igaragaza ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora izatangira kwakira kandidatire ku wa 12- 25 Nyakanga 2018; kwiyamamaza bitangire ku wa 13 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2017; naho amatora abe ku wa 2 Nzeri 2018 ku Banyarwanda batuye muri Diaspora naho abari imbere mu gihugu ni ku wa 3 Nzeri 2018.

 

Umuyobozi w’Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) , Kanyange Phoebe

 

Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi ihuza Abanyarwanda (PDC), Me Mukabaranga Agnès

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Ubwanditsi 13 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 May 2024
Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage
Mu Mahanga

Washington DC : Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda rugeze rwubaka ubushobozi bw’abaturage

Ubwanditsi 14 Oct 2017
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Ubwanditsi 08 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru