• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR
Mukezamfura Alfred na Me Mukabaranga Agnès

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango FPR- Inkotanyi washyize ahagaragara amashyaka uzifatanya na yo mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka, atagaragaramo Ishyaka Riharanira Demokarasi Ihuza Abanyarwanda (PDC) bari bagiranye ubufatanye mu matora aheruka y’Abadepite yabaye mu 2013. Iri shyaka ryahoze riyoborwa na Mukezamfura Alfred waje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside ubu akaba yarahunze igihugu.

Kuri iki Cyumweru mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame, uyobora uyu muryango, hemejwe urutonde rw’abakandida 70 bazawuhagararira mu matora y’Abadepite, abandi 10 buzuza 80 bakazava mu mitwe ya politiki itanu bazafatanya.

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasomye urutonde rw’imitwe ya Politiki bazafatanya ntihumvikanamo PDC, ahubwo humvikanamo Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) n’Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), batari bagiranye ubufatanye mu matora y’Abadepite aheruka.

Yagize ati “Urutonde mbagezaho ni urwavuye mu matora mwakoze mu rwego rw’Akagari no ku rwego rw’Akarere. Mwatwoherereje abantu 120 dutoranyamo 80 ariko kubera ko FPR itiharira, urutonde tubagezaho rugizwe n’abantu 70, abandi 10 bakazava mu mitwe dufatanyije ariyo; PDI, PSR, PPC, UDPR na PSP”.

Muri manda y’abadepite iri kugana ku musozo, Umuryango FPR -Inkotanyi wari wifatanyije mu matora na PDI, PSR, PDC na PPC.

Mu minsi ishize, iyi mitwe ya politiki yari  yavuze ko yagejeje ubusabe kuri FPR -Inkotanyi, isaba ko yakwemererwa kujya mu bufatanye.

Perezida wa PSP, Kanyange Phoebe na Perezida wa UDPR, Nizeyimana Pie, bari batangaje ko bashyikirije ubusabe FPR-Inkotanyi ngo bazinjire mu bufatanye (coalition) batarimo muri manda ishize.

Nyuma y’uko PSP yemerewe ubwo bufatanye, Perezida wayo Kanyange yavuze  ko ari ibyishimo bidasanzwe.

Yagize ati “Twishimye, ni byiza iyo dufatanyije n’abandi imbaraga ziriyongera, bigaragara ko demokarasi yacu ishingiye ku gusangira ubutegetsi, bikaba ari byiza”.

Yasobanuye ko kwifatanya kw’imitwe ya politiki bitafatwa nko kuba ishyaka runaka ritishoboye mu kuba ryakwiyamamaza ryonyine ariko ko aba ataribyo.

Ati “Iyo uri umwe si kimwe n’uko wafatanya n’abandi”.

Mu gihe mu mashyaka hari umwuka wo gukora urutonde rw’abakandida ruzashyikirizwa Komisiyo y’Amatora (NEC), abashaka kwiyamamaza nk’abakandida bigenga barenga 10 nabo bari hirya no hino mu gihugu basaba imikono yo kubashyigikira.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Nyakanga 2018, biteganyijwe ko NEC izagirana ikiganiro n’itangazamakuru, ikavuga aho imyiteguro y’ibikorwa by’amatora bigeze.

Ingengabihe y’Amatora igaragaza ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora izatangira kwakira kandidatire ku wa 12- 25 Nyakanga 2018; kwiyamamaza bitangire ku wa 13 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2017; naho amatora abe ku wa 2 Nzeri 2018 ku Banyarwanda batuye muri Diaspora naho abari imbere mu gihugu ni ku wa 3 Nzeri 2018.

 

Umuyobozi w’Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) , Kanyange Phoebe

 

Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi ihuza Abanyarwanda (PDC), Me Mukabaranga Agnès

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi bazayobora Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha ‘Rwanda Investigation Bureau’ (RIB)

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund
UBUKUNGU

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi
Amakuru

Tariki ya 30 Mata 1994: Umunsi w’Amaraso muri Jenoside Aho Abasirikare ba Leta bakomeje gutsemba abatutsi

Ubwanditsi 30 Apr 2025
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.
Amakuru

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru