• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR
Mukezamfura Alfred na Me Mukabaranga Agnès

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Ubwanditsi 09 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango FPR- Inkotanyi washyize ahagaragara amashyaka uzifatanya na yo mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka, atagaragaramo Ishyaka Riharanira Demokarasi Ihuza Abanyarwanda (PDC) bari bagiranye ubufatanye mu matora aheruka y’Abadepite yabaye mu 2013. Iri shyaka ryahoze riyoborwa na Mukezamfura Alfred waje guhamwa n’ibyaha bya Jenoside ubu akaba yarahunze igihugu.

Kuri iki Cyumweru mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi yayobowe na Perezida Kagame, uyobora uyu muryango, hemejwe urutonde rw’abakandida 70 bazawuhagararira mu matora y’Abadepite, abandi 10 buzuza 80 bakazava mu mitwe ya politiki itanu bazafatanya.

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasomye urutonde rw’imitwe ya Politiki bazafatanya ntihumvikanamo PDC, ahubwo humvikanamo Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) n’Ishyaka Riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), batari bagiranye ubufatanye mu matora y’Abadepite aheruka.

Yagize ati “Urutonde mbagezaho ni urwavuye mu matora mwakoze mu rwego rw’Akagari no ku rwego rw’Akarere. Mwatwoherereje abantu 120 dutoranyamo 80 ariko kubera ko FPR itiharira, urutonde tubagezaho rugizwe n’abantu 70, abandi 10 bakazava mu mitwe dufatanyije ariyo; PDI, PSR, PPC, UDPR na PSP”.

Muri manda y’abadepite iri kugana ku musozo, Umuryango FPR -Inkotanyi wari wifatanyije mu matora na PDI, PSR, PDC na PPC.

Mu minsi ishize, iyi mitwe ya politiki yari  yavuze ko yagejeje ubusabe kuri FPR -Inkotanyi, isaba ko yakwemererwa kujya mu bufatanye.

Perezida wa PSP, Kanyange Phoebe na Perezida wa UDPR, Nizeyimana Pie, bari batangaje ko bashyikirije ubusabe FPR-Inkotanyi ngo bazinjire mu bufatanye (coalition) batarimo muri manda ishize.

Nyuma y’uko PSP yemerewe ubwo bufatanye, Perezida wayo Kanyange yavuze  ko ari ibyishimo bidasanzwe.

Yagize ati “Twishimye, ni byiza iyo dufatanyije n’abandi imbaraga ziriyongera, bigaragara ko demokarasi yacu ishingiye ku gusangira ubutegetsi, bikaba ari byiza”.

Yasobanuye ko kwifatanya kw’imitwe ya politiki bitafatwa nko kuba ishyaka runaka ritishoboye mu kuba ryakwiyamamaza ryonyine ariko ko aba ataribyo.

Ati “Iyo uri umwe si kimwe n’uko wafatanya n’abandi”.

Mu gihe mu mashyaka hari umwuka wo gukora urutonde rw’abakandida ruzashyikirizwa Komisiyo y’Amatora (NEC), abashaka kwiyamamaza nk’abakandida bigenga barenga 10 nabo bari hirya no hino mu gihugu basaba imikono yo kubashyigikira.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Nyakanga 2018, biteganyijwe ko NEC izagirana ikiganiro n’itangazamakuru, ikavuga aho imyiteguro y’ibikorwa by’amatora bigeze.

Ingengabihe y’Amatora igaragaza ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora izatangira kwakira kandidatire ku wa 12- 25 Nyakanga 2018; kwiyamamaza bitangire ku wa 13 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2017; naho amatora abe ku wa 2 Nzeri 2018 ku Banyarwanda batuye muri Diaspora naho abari imbere mu gihugu ni ku wa 3 Nzeri 2018.

 

Umuyobozi w’Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP) , Kanyange Phoebe

 

Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi ihuza Abanyarwanda (PDC), Me Mukabaranga Agnès

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Ubwanditsi 26 Jul 2022
Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina

Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina

Ubwanditsi 28 Apr 2020
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.
Amakuru

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro
Mu Mahanga

Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru