• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Bikwiye kwibukwa ko ukwibohora kw’icyitwaga Zaire no kujya ku butegetsi kwa Perezida Kabila byagizwemo uruhare n’u Rwanda. Uganda ntabwo yigeze ijya mu ntambara ya mbere ya Congo nubwo Museveni akomeza kuvuga ko bayirwanye.

Nyuma y’uko ingabo za RPA zari zimaze gufata imijyi ikomeye bikagaragara ko Kinshasa nayo nta kabuza igomba gufatwa, Museveni yiyunze na Mobutu mu gushinja u Rwanda ubushotoranyi.

Ubwo Mwalimu Julius Nyerere yamubazaga impamvu arwanya “Ubuyobozi bukiri bushya bwa RPF”, igisubizo cya Museveni cyabaye ngo “Ntabwo banyumva”. Mwalimu yamwibukije ko u Rwanda ari igihugu cyigenga, kidategetswe kumwumva.

Ubwo Ingabo za RPF zakomezaga gusatira Kinshasa, Museveni yasabye Kagame kureka Gen Saleh akayobora urugamba rwo gufata Kinshasa. Impamvu ngo ni uko Gen Saleh yari umuyobozi mu by’ingabo kandi ubimenyereye, kurusha abayobozi ba RPA bari bakiri bato.

Yari yarafashe Kampala. Ariko RPA yari izi neza abafashe Kampala kandi abo nibo ba bayobozi b’ingabo bari bakomeje gusatira Kinshasa. Bari bafashe Zaire yose basigaje Kinshasa gusa. Aho ni ho Museveni yashakaga ko Gen Saleh aza kuyobora.

Impamvu zatumaga ashaka ko umuvandimwe we Gen Saleh aba ari we ufata Kinshasa zirenze kwikubira ibigwi by’abanyarwanda ku rugamba no kwiyitirira ko ari we wahiritse umunyagitugu wa mbere muri Afurika, ahubwo zirimo n’inyungu mu by’ubukungu nk’uko yabigaragaje inshuro nyinshi.

Mwibuke mu gitabo Museveni avuga ku mateka ye cyiswe ‘Sowing the Mustard Seed’, urugamba rwo kubohora Uganda rwose rwanditswe kuri we n’umuvandimwe we Gen Saleh.

Tugarutse ku gisobanuro cyo kwikuza; “…kuba umuntu yumva ko abantu bake ari bo bafite icyo bahuriyeho na we kandi uwo muntu ashobora kumvwa n’abantu bake cyangwa bihariye.”

Umuryango we wonyine – umugore, umuvandimwe we n’umuhungu we ni bo “bantu bake kandi bihariye” bashobora kumwumva.

Congo II /Intambara za Kisangani

Mu Ntambara ya II ya Congo, Ingabo za Uganda zaritabiriye ariko RDF ifata bwangu imijyi itandukanye mu Burasirazuba n’Amajyepfo y’Iburasirazuba bwa RDC. UPDF ku rundi ruhande yo yibanze ku duce dukungahaye ku mabuye y’agaciro two mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bwa RDC.

Mu gihe imirwano yari ihagaritswe by’agateganyo, UPDF nta mujyi yari yagafashe wo kuba igumyemo. Abayobozi b’ingabo za Uganda basabye u Rwanda kubaha Kisangani kubera ko rwari rufite n’indi mijyi nka Goma, Bukavu, Kindu, Uvira n’indi. Abayobozi b’ingabo z’u Rwanda barabyanze.

Bababwiye ko buri ngabo zigomba kuguma ahantu n’imijyi zameneye amaraso kugira ngo zifate. Icyo gisubizo ntabwo cyakiriwe neza n’abayobozi b’ingabo za Uganda (umuyobozi w’ingabo ahabwa amabwiriza n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo)

Mu nama yabereye i Goma yarimo uwari uhagarariye Mwalimu Julius Nyerere, Kahinda Otafiire wari ukuriye itsinda rya Uganda mu biganiro yabwiye nabi itsinda ry’u Rwanda anakoresha igereranya ry’imbwa yitwa Kakwisi, ati “muraduha Kisangani cyangwa twembi tuyibure.”

Kuva icyo gihe yahise ahabwa akazina ka Kakwisi.

Ni nyuma y’uko gukozanyaho kwa Kisangani kwasize ingabo za Uganda zihawe isomo, Museveni yagiye mu Nteko Ishinga amategeko agatangaza u Rwanda nk’umwanzi w’igihugu. Ni nayo mpamvu rukumbi y’intambara za Kisangani. Izindi zagiye zivugwa ni izishingiye ku bihuha cyangwa politiki yo kwiyambika isura nziza.

D. Ibyahishuwe n’uwareze Museveni

Niba isesengura ryo hejuru aha ridashobora kukumvisha neza ukwikuza kuri muri Museveni, ntabwo wanahakana ibyatangajwe n’uwamureze, nyakwigendera Boniface Byanyima.

Museveni yamaze igihe kinini cy’ubuto bwe mu rugo rwa Byanyima, wamufashije cyane mu bintu birimo no kumuha udufaranda two kwifashisha.

Mu kiganiro yagiranye na Benon Herbert Oluka mu Ukuboza 2015, Byanyima yamuhishuri “Museveni niyiziye.”

Hano ndagaragaza amwe mu magambo bwite ya Byanyima.

“Yadusuraga kenshi. Yarankundaga n’umuryango wanjye, abana banjye. Twamufataga nk’umwana wacu.”

“Yari umuhungu muto ufite intego, wahoraga agerageza kwegeraka ako ari umunyeshuri uruta abandi. Yagaragazaga no kugira intego mu tuntu duto. Iyo yagiraga amahirwe, yabaga ashakaga kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Yashakaga kubahwa.”

“Ariko ntabwo namwizeraga kubera ko nabonaga ashakisha amahirwe yo kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Natekereje ko nubwo afashe ubutegetsi ashobora kudashyira mu bikorwa ibyo avuga. Namubonaga nk’umuntu ushaka kwizamura ubwe aho kugira amahame akoreraho kuko yashoboraga kuvuga ikintu muri aka kanya, mu kandi akagindura. Ntabwo yigeze anyigaragariza nk’umuntu ufite imyumvire ahagazeho.”

Ayo ni amagambo bwite y’uwareze Museveni wabanye na we kuva mu buto bwe. Bigaragaza ukwishyira hejuru kwa Museveni kuva akiri muto. [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
RD- Congo:  Perezida Tshisekedi  yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba

RD- Congo: Perezida Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha
Mu Rwanda

Uko Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije Umunsi w’Igitambo wa Eid Al Adha

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Ubwanditsi 25 Feb 2019
U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande
POLITIKI

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Ubwanditsi 25 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru