• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Bikwiye kwibukwa ko ukwibohora kw’icyitwaga Zaire no kujya ku butegetsi kwa Perezida Kabila byagizwemo uruhare n’u Rwanda. Uganda ntabwo yigeze ijya mu ntambara ya mbere ya Congo nubwo Museveni akomeza kuvuga ko bayirwanye.

Nyuma y’uko ingabo za RPA zari zimaze gufata imijyi ikomeye bikagaragara ko Kinshasa nayo nta kabuza igomba gufatwa, Museveni yiyunze na Mobutu mu gushinja u Rwanda ubushotoranyi.

Ubwo Mwalimu Julius Nyerere yamubazaga impamvu arwanya “Ubuyobozi bukiri bushya bwa RPF”, igisubizo cya Museveni cyabaye ngo “Ntabwo banyumva”. Mwalimu yamwibukije ko u Rwanda ari igihugu cyigenga, kidategetswe kumwumva.

Ubwo Ingabo za RPF zakomezaga gusatira Kinshasa, Museveni yasabye Kagame kureka Gen Saleh akayobora urugamba rwo gufata Kinshasa. Impamvu ngo ni uko Gen Saleh yari umuyobozi mu by’ingabo kandi ubimenyereye, kurusha abayobozi ba RPA bari bakiri bato.

Yari yarafashe Kampala. Ariko RPA yari izi neza abafashe Kampala kandi abo nibo ba bayobozi b’ingabo bari bakomeje gusatira Kinshasa. Bari bafashe Zaire yose basigaje Kinshasa gusa. Aho ni ho Museveni yashakaga ko Gen Saleh aza kuyobora.

Impamvu zatumaga ashaka ko umuvandimwe we Gen Saleh aba ari we ufata Kinshasa zirenze kwikubira ibigwi by’abanyarwanda ku rugamba no kwiyitirira ko ari we wahiritse umunyagitugu wa mbere muri Afurika, ahubwo zirimo n’inyungu mu by’ubukungu nk’uko yabigaragaje inshuro nyinshi.

Mwibuke mu gitabo Museveni avuga ku mateka ye cyiswe ‘Sowing the Mustard Seed’, urugamba rwo kubohora Uganda rwose rwanditswe kuri we n’umuvandimwe we Gen Saleh.

Tugarutse ku gisobanuro cyo kwikuza; “…kuba umuntu yumva ko abantu bake ari bo bafite icyo bahuriyeho na we kandi uwo muntu ashobora kumvwa n’abantu bake cyangwa bihariye.”

Umuryango we wonyine – umugore, umuvandimwe we n’umuhungu we ni bo “bantu bake kandi bihariye” bashobora kumwumva.

Congo II /Intambara za Kisangani

Mu Ntambara ya II ya Congo, Ingabo za Uganda zaritabiriye ariko RDF ifata bwangu imijyi itandukanye mu Burasirazuba n’Amajyepfo y’Iburasirazuba bwa RDC. UPDF ku rundi ruhande yo yibanze ku duce dukungahaye ku mabuye y’agaciro two mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bwa RDC.

Mu gihe imirwano yari ihagaritswe by’agateganyo, UPDF nta mujyi yari yagafashe wo kuba igumyemo. Abayobozi b’ingabo za Uganda basabye u Rwanda kubaha Kisangani kubera ko rwari rufite n’indi mijyi nka Goma, Bukavu, Kindu, Uvira n’indi. Abayobozi b’ingabo z’u Rwanda barabyanze.

Bababwiye ko buri ngabo zigomba kuguma ahantu n’imijyi zameneye amaraso kugira ngo zifate. Icyo gisubizo ntabwo cyakiriwe neza n’abayobozi b’ingabo za Uganda (umuyobozi w’ingabo ahabwa amabwiriza n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo)

Mu nama yabereye i Goma yarimo uwari uhagarariye Mwalimu Julius Nyerere, Kahinda Otafiire wari ukuriye itsinda rya Uganda mu biganiro yabwiye nabi itsinda ry’u Rwanda anakoresha igereranya ry’imbwa yitwa Kakwisi, ati “muraduha Kisangani cyangwa twembi tuyibure.”

Kuva icyo gihe yahise ahabwa akazina ka Kakwisi.

Ni nyuma y’uko gukozanyaho kwa Kisangani kwasize ingabo za Uganda zihawe isomo, Museveni yagiye mu Nteko Ishinga amategeko agatangaza u Rwanda nk’umwanzi w’igihugu. Ni nayo mpamvu rukumbi y’intambara za Kisangani. Izindi zagiye zivugwa ni izishingiye ku bihuha cyangwa politiki yo kwiyambika isura nziza.

D. Ibyahishuwe n’uwareze Museveni

Niba isesengura ryo hejuru aha ridashobora kukumvisha neza ukwikuza kuri muri Museveni, ntabwo wanahakana ibyatangajwe n’uwamureze, nyakwigendera Boniface Byanyima.

Museveni yamaze igihe kinini cy’ubuto bwe mu rugo rwa Byanyima, wamufashije cyane mu bintu birimo no kumuha udufaranda two kwifashisha.

Mu kiganiro yagiranye na Benon Herbert Oluka mu Ukuboza 2015, Byanyima yamuhishuri “Museveni niyiziye.”

Hano ndagaragaza amwe mu magambo bwite ya Byanyima.

“Yadusuraga kenshi. Yarankundaga n’umuryango wanjye, abana banjye. Twamufataga nk’umwana wacu.”

“Yari umuhungu muto ufite intego, wahoraga agerageza kwegeraka ako ari umunyeshuri uruta abandi. Yagaragazaga no kugira intego mu tuntu duto. Iyo yagiraga amahirwe, yabaga ashakaga kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Yashakaga kubahwa.”

“Ariko ntabwo namwizeraga kubera ko nabonaga ashakisha amahirwe yo kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Natekereje ko nubwo afashe ubutegetsi ashobora kudashyira mu bikorwa ibyo avuga. Namubonaga nk’umuntu ushaka kwizamura ubwe aho kugira amahame akoreraho kuko yashoboraga kuvuga ikintu muri aka kanya, mu kandi akagindura. Ntabwo yigeze anyigaragariza nk’umuntu ufite imyumvire ahagazeho.”

Ayo ni amagambo bwite y’uwareze Museveni wabanye na we kuva mu buto bwe. Bigaragaza ukwishyira hejuru kwa Museveni kuva akiri muto. [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021
Amakuru

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera
Amakuru

Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru