• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Bikwiye kwibukwa ko ukwibohora kw’icyitwaga Zaire no kujya ku butegetsi kwa Perezida Kabila byagizwemo uruhare n’u Rwanda. Uganda ntabwo yigeze ijya mu ntambara ya mbere ya Congo nubwo Museveni akomeza kuvuga ko bayirwanye.

Nyuma y’uko ingabo za RPA zari zimaze gufata imijyi ikomeye bikagaragara ko Kinshasa nayo nta kabuza igomba gufatwa, Museveni yiyunze na Mobutu mu gushinja u Rwanda ubushotoranyi.

Ubwo Mwalimu Julius Nyerere yamubazaga impamvu arwanya “Ubuyobozi bukiri bushya bwa RPF”, igisubizo cya Museveni cyabaye ngo “Ntabwo banyumva”. Mwalimu yamwibukije ko u Rwanda ari igihugu cyigenga, kidategetswe kumwumva.

Ubwo Ingabo za RPF zakomezaga gusatira Kinshasa, Museveni yasabye Kagame kureka Gen Saleh akayobora urugamba rwo gufata Kinshasa. Impamvu ngo ni uko Gen Saleh yari umuyobozi mu by’ingabo kandi ubimenyereye, kurusha abayobozi ba RPA bari bakiri bato.

Yari yarafashe Kampala. Ariko RPA yari izi neza abafashe Kampala kandi abo nibo ba bayobozi b’ingabo bari bakomeje gusatira Kinshasa. Bari bafashe Zaire yose basigaje Kinshasa gusa. Aho ni ho Museveni yashakaga ko Gen Saleh aza kuyobora.

Impamvu zatumaga ashaka ko umuvandimwe we Gen Saleh aba ari we ufata Kinshasa zirenze kwikubira ibigwi by’abanyarwanda ku rugamba no kwiyitirira ko ari we wahiritse umunyagitugu wa mbere muri Afurika, ahubwo zirimo n’inyungu mu by’ubukungu nk’uko yabigaragaje inshuro nyinshi.

Mwibuke mu gitabo Museveni avuga ku mateka ye cyiswe ‘Sowing the Mustard Seed’, urugamba rwo kubohora Uganda rwose rwanditswe kuri we n’umuvandimwe we Gen Saleh.

Tugarutse ku gisobanuro cyo kwikuza; “…kuba umuntu yumva ko abantu bake ari bo bafite icyo bahuriyeho na we kandi uwo muntu ashobora kumvwa n’abantu bake cyangwa bihariye.”

Umuryango we wonyine – umugore, umuvandimwe we n’umuhungu we ni bo “bantu bake kandi bihariye” bashobora kumwumva.

Congo II /Intambara za Kisangani

Mu Ntambara ya II ya Congo, Ingabo za Uganda zaritabiriye ariko RDF ifata bwangu imijyi itandukanye mu Burasirazuba n’Amajyepfo y’Iburasirazuba bwa RDC. UPDF ku rundi ruhande yo yibanze ku duce dukungahaye ku mabuye y’agaciro two mu Majyaruguru y’Iburasirazuba bwa RDC.

Mu gihe imirwano yari ihagaritswe by’agateganyo, UPDF nta mujyi yari yagafashe wo kuba igumyemo. Abayobozi b’ingabo za Uganda basabye u Rwanda kubaha Kisangani kubera ko rwari rufite n’indi mijyi nka Goma, Bukavu, Kindu, Uvira n’indi. Abayobozi b’ingabo z’u Rwanda barabyanze.

Bababwiye ko buri ngabo zigomba kuguma ahantu n’imijyi zameneye amaraso kugira ngo zifate. Icyo gisubizo ntabwo cyakiriwe neza n’abayobozi b’ingabo za Uganda (umuyobozi w’ingabo ahabwa amabwiriza n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo)

Mu nama yabereye i Goma yarimo uwari uhagarariye Mwalimu Julius Nyerere, Kahinda Otafiire wari ukuriye itsinda rya Uganda mu biganiro yabwiye nabi itsinda ry’u Rwanda anakoresha igereranya ry’imbwa yitwa Kakwisi, ati “muraduha Kisangani cyangwa twembi tuyibure.”

Kuva icyo gihe yahise ahabwa akazina ka Kakwisi.

Ni nyuma y’uko gukozanyaho kwa Kisangani kwasize ingabo za Uganda zihawe isomo, Museveni yagiye mu Nteko Ishinga amategeko agatangaza u Rwanda nk’umwanzi w’igihugu. Ni nayo mpamvu rukumbi y’intambara za Kisangani. Izindi zagiye zivugwa ni izishingiye ku bihuha cyangwa politiki yo kwiyambika isura nziza.

D. Ibyahishuwe n’uwareze Museveni

Niba isesengura ryo hejuru aha ridashobora kukumvisha neza ukwikuza kuri muri Museveni, ntabwo wanahakana ibyatangajwe n’uwamureze, nyakwigendera Boniface Byanyima.

Museveni yamaze igihe kinini cy’ubuto bwe mu rugo rwa Byanyima, wamufashije cyane mu bintu birimo no kumuha udufaranda two kwifashisha.

Mu kiganiro yagiranye na Benon Herbert Oluka mu Ukuboza 2015, Byanyima yamuhishuri “Museveni niyiziye.”

Hano ndagaragaza amwe mu magambo bwite ya Byanyima.

“Yadusuraga kenshi. Yarankundaga n’umuryango wanjye, abana banjye. Twamufataga nk’umwana wacu.”

“Yari umuhungu muto ufite intego, wahoraga agerageza kwegeraka ako ari umunyeshuri uruta abandi. Yagaragazaga no kugira intego mu tuntu duto. Iyo yagiraga amahirwe, yabaga ashakaga kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Yashakaga kubahwa.”

“Ariko ntabwo namwizeraga kubera ko nabonaga ashakisha amahirwe yo kwerekana ko ari umuntu w’ingenzi. Natekereje ko nubwo afashe ubutegetsi ashobora kudashyira mu bikorwa ibyo avuga. Namubonaga nk’umuntu ushaka kwizamura ubwe aho kugira amahame akoreraho kuko yashoboraga kuvuga ikintu muri aka kanya, mu kandi akagindura. Ntabwo yigeze anyigaragariza nk’umuntu ufite imyumvire ahagazeho.”

Ayo ni amagambo bwite y’uwareze Museveni wabanye na we kuva mu buto bwe. Bigaragaza ukwishyira hejuru kwa Museveni kuva akiri muto. [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame mu gihe cyo kwibuka

Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame mu gihe cyo kwibuka

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko
HIRYA NO HINO

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine
ITOHOZA

Umuntu umwe yarasiwe mu myigaragambyo y’abari kwamagana ifungwa rya Bobi Wine

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.
Mu Rwanda

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Ubwanditsi 05 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru