• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Ubwanditsi 25 Mar 2017 POLITIKI

François Fillon, umukandida uhagarariye ishyaka ry’aba-Républicains yatunze agatoki Perezida w’u Bufaransa, François Hollande avuga ko yihishe inyuma y’igitutu akomeje kotswa ndetse n’ibirego aregwa bigamije kumwandagaza mu gihe hitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu mu kwezi gutaha.

Mu kiganiro kigaruka kuri ‘politiki’, François Fillon yagiranye na France2, yatangaje ko uyu ari umugambi muremure ugamije kumukoma mu nkokora no kuri kandidatire ye mu matora.

Nyuma y’umwanya yamaze atanga ibisobanuro, yagize ati “Uyu munsi hari ibinyamakuru bihabwa inyandiko nyuma y’amasaha atarenze 48 zifatiwe mu rugo, ese ni inde uzibaha? Ni inzego za Leta.”

François Fillon wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yatunze agatoki Perezida Hollande uturuka mu ishyaka ry’aba-socialistes, amushinja gushyiraho ubuyobozi bwa rwihishwa bukorera muri Perezidansi y’u Bufaransa, hakumvirizwa mu buryo butemewe urwego rw’ubucamanza, nyuma ibitangazamakuru bigahabwa amakuru mu ibanga.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byahise bitera utwatsi aya makuru bwise “ibihuha bya François Fillon.”

Perezida François Hollande utaziyamamariza indi manda, yatangaje ko iby’uwo mukandida na we abyumva mu binyamakuru. Hollande abona ko amagambo ya Fillon agamije kuzana umwiryane mu myiteguro y’amatora y’umukuru w’igihugu.

Mu kugerageza kugaragaza ukuri ku byatangajwe, Fillon yagarutse ku gitabo cy’abanyamakuru babiri ba Canard Enchaîné “Bienvenue Place Beauvau, Police : les secrets inavouables d’un quinquennat” (éd. Robert Laffont). ” Uyu mukandida asanga hakwiye iperereza ku mukuru w’icyo gihugu, kugira ngo ukuri kujye ahagaragara.
Ibyatangajwe na Fillon, byongeye kuvuguruzwa byihuse na Didier Hassoux, umwe mu banditsi b’iki gitabo, nk’uko bitangazwa na Franceinfo, wagaragaje ko yatunguwe n’ibyavuzwe na Fillon.

Ibi bije nyuma y’uko François Fillon amaze iminsi mike yitaba ubutabera, ku byaha bishingiye ku kwigwizaho umutungo, imishahara yagenewe umugore n’abana be ku kazi bakoreye Inteko Ishinga Amategeko ku buryo butabuzweho rumwe, ndetse no kwakira impano y’amakoti yahawe n’inshuti ye mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Amatora y’umukuru w’igihugu mu Bufaransa hagati y’abakandida barimo Jean-Luc Mélenchon, Benoît Hamon, Emmanuel Macron, François Fillon, Marine Le Pen, biteganyijwe ko azaba kuya 23 Mata 2017.

-6166.jpg

François Fillon yatunze agatoki Perezida François Hollande avuga ko yihishe inyuma y’igitutu akomeje kotswa

-6165.jpg

Perezida François Hollande yateye utwatsi ibyatangajwe na François Fillon, umukandida uhagarariye ishyaka ry’aba-Républicains mu matora y’umukuru w’igihugu

2017-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita
Mu Rwanda

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunze E. Tshisekedi yasize yandikiye Perezida Kabila ishobora guteza ibibazo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi
IMIKINO

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 18 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru