• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Ubwanditsi 25 Mar 2017 POLITIKI

François Fillon, umukandida uhagarariye ishyaka ry’aba-Républicains yatunze agatoki Perezida w’u Bufaransa, François Hollande avuga ko yihishe inyuma y’igitutu akomeje kotswa ndetse n’ibirego aregwa bigamije kumwandagaza mu gihe hitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu mu kwezi gutaha.

Mu kiganiro kigaruka kuri ‘politiki’, François Fillon yagiranye na France2, yatangaje ko uyu ari umugambi muremure ugamije kumukoma mu nkokora no kuri kandidatire ye mu matora.

Nyuma y’umwanya yamaze atanga ibisobanuro, yagize ati “Uyu munsi hari ibinyamakuru bihabwa inyandiko nyuma y’amasaha atarenze 48 zifatiwe mu rugo, ese ni inde uzibaha? Ni inzego za Leta.”

François Fillon wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yatunze agatoki Perezida Hollande uturuka mu ishyaka ry’aba-socialistes, amushinja gushyiraho ubuyobozi bwa rwihishwa bukorera muri Perezidansi y’u Bufaransa, hakumvirizwa mu buryo butemewe urwego rw’ubucamanza, nyuma ibitangazamakuru bigahabwa amakuru mu ibanga.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byahise bitera utwatsi aya makuru bwise “ibihuha bya François Fillon.”

Perezida François Hollande utaziyamamariza indi manda, yatangaje ko iby’uwo mukandida na we abyumva mu binyamakuru. Hollande abona ko amagambo ya Fillon agamije kuzana umwiryane mu myiteguro y’amatora y’umukuru w’igihugu.

Mu kugerageza kugaragaza ukuri ku byatangajwe, Fillon yagarutse ku gitabo cy’abanyamakuru babiri ba Canard Enchaîné “Bienvenue Place Beauvau, Police : les secrets inavouables d’un quinquennat” (éd. Robert Laffont). ” Uyu mukandida asanga hakwiye iperereza ku mukuru w’icyo gihugu, kugira ngo ukuri kujye ahagaragara.
Ibyatangajwe na Fillon, byongeye kuvuguruzwa byihuse na Didier Hassoux, umwe mu banditsi b’iki gitabo, nk’uko bitangazwa na Franceinfo, wagaragaje ko yatunguwe n’ibyavuzwe na Fillon.

Ibi bije nyuma y’uko François Fillon amaze iminsi mike yitaba ubutabera, ku byaha bishingiye ku kwigwizaho umutungo, imishahara yagenewe umugore n’abana be ku kazi bakoreye Inteko Ishinga Amategeko ku buryo butabuzweho rumwe, ndetse no kwakira impano y’amakoti yahawe n’inshuti ye mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Amatora y’umukuru w’igihugu mu Bufaransa hagati y’abakandida barimo Jean-Luc Mélenchon, Benoît Hamon, Emmanuel Macron, François Fillon, Marine Le Pen, biteganyijwe ko azaba kuya 23 Mata 2017.

-6166.jpg

François Fillon yatunze agatoki Perezida François Hollande avuga ko yihishe inyuma y’igitutu akomeje kotswa

-6165.jpg

Perezida François Hollande yateye utwatsi ibyatangajwe na François Fillon, umukandida uhagarariye ishyaka ry’aba-Républicains mu matora y’umukuru w’igihugu

2017-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 24 May 2018
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!
Mu Mahanga

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Pierre Nkurunziza yahungabanyijwe na manda nshya ku iperereza rya Loni

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!
Amakuru

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru