• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017 POLITIKI

Umuyobozi w’ishyaka Green Party ni umwe mu bantu batatu NEC yemeje kuzahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ataha ariko ukuntu amaze kwigaragaza nk’umuntu wanga abamuvugaho ibyo atifuza, aramutse atowe yavamo umunyagitugu mubi!

Habineza Frank kutihanganira abamuvugaho ibyo atifuza kumva bimaze no kumugaragaza yuko ari umuntu ukunda imanza, bitandukanye n’amahame yakabaye agenderaho ya Demokarasi kuko ishyaka rye ryitwa Democratic Green Party of Rwanda !

Reka tureke kujya inyuma mu manza Habineza yari afitanye n’abantu nka nyakwigendera Muganwa Andrew Sendora wamushinjaga yuko yabambuye iryo shyaka ryamutanzeho kandida Perezida, twibande ku manza Habineza ubwe yitangirije nyuma y’aho atangiye kandidatire yo kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Izo manza ntahandi zishingiye uretse gusa yuko ngo Habineza yavuzwe ibitaribyo, bamwe bavuga yuko atashobora kuzatsinda amatora naho undi akavuga yuko nta kindi akwiriye kuyobora uretse ingagi zo mu ishyamba !

Uwambere Frank Habineza yikomye kubera kumuvugaho ibyo atifuzaga kumva ni Dr. Kayumba Cristopher, umwarimu n’umushakashatsi muri kaminuza y’u Rwanda akaba yaranabaye umunyamakuru w’igihe kirekire hano mu gihugu, akaba anacyandikira The East African.

Mbere yuko NEC yemeza kandidatire ya Habineza, Kayumba Christopher yagiranye ikiganiro na Family TV avuga yuko n’ubwo umuyobozi wa Green Party yateka ibuye rigatota mu matora adashobora gutsinda umukandida wa RPF, Paul Kagame.

-7170.jpg

Dr Kayumba Christophe

Kayumba yavuze yuko Kagame afite ibintu bifatika abwira abantu bigatuma koko bamutora. Ngo Kagame yabwira abantu yuko yahagaritse jenoside ubu igihugu kikaba kiri mu mahoro n’iterambere ntangarugero, abantu bakabyumva. Ati Frank Habineza azabwira iki abantu ? Kayumba yakomeje avuga yuko ishyaka rye, nta mateka rifite hano mu gihugu kuko rikiri rito, akaba atarumva Habineza atanga umurongo ngenderwaho w’ibyo azamarira abaturage ngo kuburyo baheraho bamutora. Kayumba akanzura avuga yuko mu matora Habineza aramutse abonye 1 % byaba ari igitangaza.

-7169.jpg

Habineza Frank

Aho kugira ngo Habineza afate ayo magambo ya Kayumba nk’ibitekerezo by’umuntu, yamuteye uburakari akwirakwiza inyandiko zivuga yuko nta kindi yari agamije uretse gusa kumusenya ngo agamije gukorera kampanye umukandida wa RPF, Paul Kagame.

Ntabwo Habineza yarekeye aho ahubwo yagiye gutanga ikirego muri komisiyo y’amatora (NEC) !

NEC yashubije Habineza yuko ikirego cye kitashyize mu gaciro. Icya mbere n’uko yari ataraba umuntu wa NEC kuko kandidatire ye yari itaremezwa, naho icya kabiri kikaba yuko ibibazo nk’ibyo byo mu itangazamakuru bitwarwa mu nzego z’itangazamakuru zibishinzwe, yari kujya muri Rwanda Media Commission. Kuba umuntu wiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu atazi aho ibirego bitwarwa nacyo ni ikibazo.

Ariko ibyo Chistophera Kayumba yavuze ni irivugwa na benshi ku buryo bitari gutuma Habineza amwijundika kandi bari abantu basanzwe bafite imikoranire. Ntabwo wica Gitera ahubwo wica ikibimutera.

Ngabitsinze Jean Chrysostome ni umunyamabanga Mukuru w’ishyaka PSD, rimaze imyaka 25 muri politike z’u Rwanda. Mu kiganiro kuri RBA nawe yunze mu rya Christpher abwira Habineza yuko mu matora byamugora kubona n’ijwi 1%.

Yamubwiye yuko kubona amahirwe nk’ayo yo kwiyamamaza ari byiza kuko akiri muto, amwereka yuko ibyo kuba yatsinda bitarimo ahubwo byamufasha, we n’ishyaka rye kumenyera ibya politike. Ibi ni nabyo Muganwa Gonzag, umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru, yavuze muri icyo kiganiro, aho kugira ngo Habineza yumve irivuzwe na benshi ahubwo akarakara nk’imbogo yakomerekejwe !

Undi ubu Habineza yijunditse ni uwitwa Chantal Rauch uherutse kwandika kuri Facebook yuko Habineza asa nk’igagi, akwiriye kuba Perezida wazo aho gushaka kuba Perezida w’Abanyarwanda. Ayo magambo ya Chantal yarakaje Habineza ubu akaba ashaka uburyo yamufungisha !

-7168.jpg

Frank Habineza

Nta muntu utazi yuko Habineza atari ingagi ku buryo yaba Perezida wazo, kuko zitanabimutorera. Niba Habineza adasa nk’ingagi, ntabwo azasa nkazo ngo n’uko Chantal yabivuze. Gutakaza umwanya munini rero ahangana n’abamuvuga bigaragaza yuko koko atarakura muri politike, atanakwiye kuba yayobora igihugu.
Ukuntu Perezida w’u Burundi n’imbonerakure bahora batuka Kagame, bamwita ibyo bashatse, iyo azakuba afite imitekerereze nk’iya Habineza u Rwanda ruba rwararangije kugaba ibitero kuri icyo gihugu bituranyi. Habineza n’atiga kwihanganira abamunenga ndetse n’abamusebya ntaho azapfa yigejeje muri politike !

Casmiry Kayumba

2017-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’
IMIKINO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda
HIRYA NO HINO

Uganda: Umusirikare wa UPDF yibye umukozi wa mobile money amutunze imbunda

Ubwanditsi 13 Oct 2018
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda
UBUKUNGU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru