• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame, ari mu banyacyubahiro bazitabira itangizwa ry’umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi wiswe ‘A Global anti-Genocide initiative’ uzatangirizwa mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 21 Gicurasi 2017.

Uyu mushinga uzatangizwa n’umuryango witwa ‘The World Values Network’ wo muri Israel.

Bizaba ari mu birori ngarukamwaka bibaye ku nshuro ya gatanu bya ‘The 5th Annual Champions of Jewish Values International Awards Gala’, ibirori Perezida w’u Rwanda azahererwamo igihembo cyitwa ‘The Dr. Miriam and Sheldon G. Adelson Prize’ nk’umuntu ugaragaza byeruye ubucuti bukomeye n’abaturage b’igihugu cya Isiraheli.

Mu gutangiza uyu mushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi, Perezida w’u Rwanda azaba ari kumwe n’abanyacyubahiro bakomeye b’umuryango barimo nk’uwawushinze witwa Rabbi Shmuley Boteach ari nawe uzaba uyoboye ibi birori.

Hazaba harimo kandi na Elisha Wiesel uyu akaba ari Umunyamerika w’umushoramari akaba ari nawe mwana umwe rukumbi w’umwanditsi w’ibitabo w’Umuyahudi witwa Elie Wiesel uri mu bagize uruhare mu gushyira urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi muri Amerika.

-6597.jpg

Ikinyamakuru Thehill.Com mu nkuru y’igitekerezo cya Rabbi Shmuley Boteach cyasohotse kuri uyu wa 14 Gicurasi 2017, bagaragaje ko uyu mushinga uzaba ufite icyicaro muri Amerika.

Uyu mushinga wa ‘Global anti-Genocide initiative’ uzagira ibiro i New York, I Yeruzalemu ndetse n’i Kigali mu Rwanda.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatumiwe mu gutangiza uyu mushinga ahanini mu rwego rwo kumushimira uruhare rwe nk’umwe mu bayobozi Isi ifite barwanyije Jenoside, nk’uko Rabbi Shmuley Boteach abitangaza.

Perezida Kagame ashimirwa kuba yaragize uruhare mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994 yaguyemo abarenga miliyoni bishwe.

Ni no muri urwo rwego, Perezida Paul Kagame azanahembwa, hagaragazwa ko uyu muyobozi w’u Rwanda yateje imbere umubano mwiza hagati y’igihugu cy’u Rwanda n’icya Israel hamwe n’umuryango w’Abayahudi muri rusange.

Mu gitekerezo cye mu kinyamakuru Jerusalem Post cyo ku wa mbere tariki 20 Werurwe 2017, Rabbi Shmuley Boteach, yavuzemo ko Perezida Kagame azahembwa iki gihembo kubw’ubutwari yagize mu guhagarika Jenoside, mu guteza imbere u Rwanda by’umwihariko no kuba ari inshuti ya Israel.

-6599.jpg

Perezida Paul Kagame niwe wari uyoboye Ingabo zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda

Mu gutangiza uyu mushinga wa ‘Global anti-Genocide initiative’ hazaba hanahabwa icyubahiro ndetse hanibukwa Elie Wiesel warokotse Jenoside yakorewe Abayahudi, akaba n’umwanditsi kuri iyo Jenoside, n’impirimbanyi y’amahoro n’uburenganzira bwa muntu uherutse kwitaba Imana.

Yatabarutse kuya 2 Nyakanga 2016 ku myaka 87 nyuma y’igihe arwaye.

Uyu mukambwe yarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi, yanditse igitabo yise ‘Night’ bivuze ‘Ijoro’, kivuga ku bwicanyi yiboneye n’amaso ye kuva mu mwaka wa 1944, ubwo yajyanwaga mu nkambi y’Aba-Nazi ya Auschwitz muri Pologne.

Auschwitz hari inkambi Wiesel yajyanwemo, hafatwa nka hamwe mu hantu hakomeye hakorewe ubwicanyi ndengakamere mu gushaka kumaraho ubwoko bw’Abayahudi, bicwaga n’aba-Nazis bo mu Budage, hakaba haraguye abagera kuri miliyoni esheshatu.

Uyu mugabo Wiesel yahawe igihembo cyitiriwe Nobel kubera icyo gitabo cyasohowe mu mwaka wa 1958, ariko we avuga ko yacyakiriye kubwa miliyoni z’abantu bishwe n’abandi barokotse.

Mu 2015 yari yavuze ko yarokotse kubera umusaza wamubwiye ngo abwire Aba-Nazi ko afite imyaka 18, bityo ko ashoboye gukora, nyamara yari afite 15 gusa.

Mu bandi bazaba bari muri uyu muhango nk’uko bigaragara ku rubuga rwa This World Gala harimo Jose Maria Aznar wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Danny Danon uhagarariye igihugu cya Israel mu Muryango w’Abibumbye, Ron Dermer Ambasaderi wa Israel muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’abandi.

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Israel, muri Nyakanga 2016, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yasuye u Rwanda, uruzinduko rwaje rukurikira urwa Perezida Kagame wari waragiye muri iki gihugu mbere ho gato.

-6598.jpg

Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda we yari yaragiyeyo mu isabukuru ya Perezida Shimon Peres wuzuzaga imyaka 90.

U Rwanda rwagiye rutambamira imyanzuro yabaga igamije guhungabanya Israel mu kanama k’Umutekano, nk’aho mu 2014 u Rwanda rwakoresheje ububasha bwarwo mu kanama ka UN gashinzwe umutekano ruhagarika umwanzuro wategekaga Israel gusubira ku mbago z’ubutaka yahozeho mbere ya Kamena 1967 bitarenze 2017, kandi hakabaho Leta ya Palestine.

Icyo gihe Hamas iyobora Palestine yari guhita ihabwa igice cy’Umujyi wa Jerusalem kigana mu burasirazuba.

U Rwanda kandi rwongeye kwifata mu gutora muri uwo mwanzuro wo gushyira mu bikorwa icyo cyemezo, bituma Palestine ibura amajwi icyenda yari akenewe ngo umwanzuro utorwe.

Mu matora yo mu 2011 ya UNESCO yari kwemerera Palestine nka Leta y’indorerezi mu muryango w’Abibumbye nabwo u Rwanda rwarifashe.

Mu matora yo muri Nzeri 2016 ajyanye no kugenzura uburyo n’ibikorwa bya nucleaire ya Israel bigakorwa n’Umuryango ushinzwe kurwanya intwaro kirimbuzi (Atomic Energy Agency), bisabwe na Misiri, na bwo u Rwanda ni kimwe mu bihugu bine bya Africa byatoye byanga ubwo busabe.

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Ubwanditsi 21 Aug 2019
U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Ubwanditsi 25 Mar 2017
ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

ICC: Jean-Pierre Bemba Ahanishijwe Igifungo Cy’umwaka Gisubitse N’amande Y’Amayero 300,000

Ubwanditsi 17 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!
POLITIKI

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16
Amakuru

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Ubwanditsi 10 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru