• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Perezida Kagame mu bazatangiza umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi i New York

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame, ari mu banyacyubahiro bazitabira itangizwa ry’umushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi wiswe ‘A Global anti-Genocide initiative’ uzatangirizwa mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 21 Gicurasi 2017.

Uyu mushinga uzatangizwa n’umuryango witwa ‘The World Values Network’ wo muri Israel.

Bizaba ari mu birori ngarukamwaka bibaye ku nshuro ya gatanu bya ‘The 5th Annual Champions of Jewish Values International Awards Gala’, ibirori Perezida w’u Rwanda azahererwamo igihembo cyitwa ‘The Dr. Miriam and Sheldon G. Adelson Prize’ nk’umuntu ugaragaza byeruye ubucuti bukomeye n’abaturage b’igihugu cya Isiraheli.

Mu gutangiza uyu mushinga wo kurwanya Jenoside ku Isi, Perezida w’u Rwanda azaba ari kumwe n’abanyacyubahiro bakomeye b’umuryango barimo nk’uwawushinze witwa Rabbi Shmuley Boteach ari nawe uzaba uyoboye ibi birori.

Hazaba harimo kandi na Elisha Wiesel uyu akaba ari Umunyamerika w’umushoramari akaba ari nawe mwana umwe rukumbi w’umwanditsi w’ibitabo w’Umuyahudi witwa Elie Wiesel uri mu bagize uruhare mu gushyira urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abayahudi muri Amerika.

-6597.jpg

Ikinyamakuru Thehill.Com mu nkuru y’igitekerezo cya Rabbi Shmuley Boteach cyasohotse kuri uyu wa 14 Gicurasi 2017, bagaragaje ko uyu mushinga uzaba ufite icyicaro muri Amerika.

Uyu mushinga wa ‘Global anti-Genocide initiative’ uzagira ibiro i New York, I Yeruzalemu ndetse n’i Kigali mu Rwanda.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatumiwe mu gutangiza uyu mushinga ahanini mu rwego rwo kumushimira uruhare rwe nk’umwe mu bayobozi Isi ifite barwanyije Jenoside, nk’uko Rabbi Shmuley Boteach abitangaza.

Perezida Kagame ashimirwa kuba yaragize uruhare mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994 yaguyemo abarenga miliyoni bishwe.

Ni no muri urwo rwego, Perezida Paul Kagame azanahembwa, hagaragazwa ko uyu muyobozi w’u Rwanda yateje imbere umubano mwiza hagati y’igihugu cy’u Rwanda n’icya Israel hamwe n’umuryango w’Abayahudi muri rusange.

Mu gitekerezo cye mu kinyamakuru Jerusalem Post cyo ku wa mbere tariki 20 Werurwe 2017, Rabbi Shmuley Boteach, yavuzemo ko Perezida Kagame azahembwa iki gihembo kubw’ubutwari yagize mu guhagarika Jenoside, mu guteza imbere u Rwanda by’umwihariko no kuba ari inshuti ya Israel.

-6599.jpg

Perezida Paul Kagame niwe wari uyoboye Ingabo zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda

Mu gutangiza uyu mushinga wa ‘Global anti-Genocide initiative’ hazaba hanahabwa icyubahiro ndetse hanibukwa Elie Wiesel warokotse Jenoside yakorewe Abayahudi, akaba n’umwanditsi kuri iyo Jenoside, n’impirimbanyi y’amahoro n’uburenganzira bwa muntu uherutse kwitaba Imana.

Yatabarutse kuya 2 Nyakanga 2016 ku myaka 87 nyuma y’igihe arwaye.

Uyu mukambwe yarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi, yanditse igitabo yise ‘Night’ bivuze ‘Ijoro’, kivuga ku bwicanyi yiboneye n’amaso ye kuva mu mwaka wa 1944, ubwo yajyanwaga mu nkambi y’Aba-Nazi ya Auschwitz muri Pologne.

Auschwitz hari inkambi Wiesel yajyanwemo, hafatwa nka hamwe mu hantu hakomeye hakorewe ubwicanyi ndengakamere mu gushaka kumaraho ubwoko bw’Abayahudi, bicwaga n’aba-Nazis bo mu Budage, hakaba haraguye abagera kuri miliyoni esheshatu.

Uyu mugabo Wiesel yahawe igihembo cyitiriwe Nobel kubera icyo gitabo cyasohowe mu mwaka wa 1958, ariko we avuga ko yacyakiriye kubwa miliyoni z’abantu bishwe n’abandi barokotse.

Mu 2015 yari yavuze ko yarokotse kubera umusaza wamubwiye ngo abwire Aba-Nazi ko afite imyaka 18, bityo ko ashoboye gukora, nyamara yari afite 15 gusa.

Mu bandi bazaba bari muri uyu muhango nk’uko bigaragara ku rubuga rwa This World Gala harimo Jose Maria Aznar wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Danny Danon uhagarariye igihugu cya Israel mu Muryango w’Abibumbye, Ron Dermer Ambasaderi wa Israel muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’abandi.

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Israel, muri Nyakanga 2016, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yasuye u Rwanda, uruzinduko rwaje rukurikira urwa Perezida Kagame wari waragiye muri iki gihugu mbere ho gato.

-6598.jpg

Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda we yari yaragiyeyo mu isabukuru ya Perezida Shimon Peres wuzuzaga imyaka 90.

U Rwanda rwagiye rutambamira imyanzuro yabaga igamije guhungabanya Israel mu kanama k’Umutekano, nk’aho mu 2014 u Rwanda rwakoresheje ububasha bwarwo mu kanama ka UN gashinzwe umutekano ruhagarika umwanzuro wategekaga Israel gusubira ku mbago z’ubutaka yahozeho mbere ya Kamena 1967 bitarenze 2017, kandi hakabaho Leta ya Palestine.

Icyo gihe Hamas iyobora Palestine yari guhita ihabwa igice cy’Umujyi wa Jerusalem kigana mu burasirazuba.

U Rwanda kandi rwongeye kwifata mu gutora muri uwo mwanzuro wo gushyira mu bikorwa icyo cyemezo, bituma Palestine ibura amajwi icyenda yari akenewe ngo umwanzuro utorwe.

Mu matora yo mu 2011 ya UNESCO yari kwemerera Palestine nka Leta y’indorerezi mu muryango w’Abibumbye nabwo u Rwanda rwarifashe.

Mu matora yo muri Nzeri 2016 ajyanye no kugenzura uburyo n’ibikorwa bya nucleaire ya Israel bigakorwa n’Umuryango ushinzwe kurwanya intwaro kirimbuzi (Atomic Energy Agency), bisabwe na Misiri, na bwo u Rwanda ni kimwe mu bihugu bine bya Africa byatoye byanga ubwo busabe.

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ishyaka Green Party Riramagana ibyatangajwe na Général Kayumba Nyamwasa.

Ubwanditsi 30 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwatsinzwe na Tanzania mu mikino ya Zone 5 iri kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya
HIRYA NO HINO

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba
ITOHOZA

Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru