• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ubwanditsi 28 Aug 2016 POLITIKI

Mu ishyaka PSD haravugwamo urunturuntu aho Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Professeur Ndayishimiye Eric uzwiho kudahakirizwa no kutavugira mu mpfupfu, kandi akaba umuntu ugendera cyane ku mahame ya demokarasi, ubusanzwe ni umunyepolitiki utanga icyizere gifatika kuri bagenzi be benshi babana muri Biro Politiki y’Ishyaka PSD bibaza byinshi ku Ishyaka ryabo PSD mu myaka 30 cyangwase 50 y’ejo hazaza.

-3864.jpg

Dr. Vincent Biruta Perezida wa PSD

Amakuru twashoboye kubona aravuga ko imbere mu Ishyaka PSD ibintu bitameze neza, abayoboke benshi ntibishimiye buryo ki imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi yagiye itangwa muri PSD, kuburyo inama zimwe na zimwe z’Ishyaka zitakitabirwa uko bikwiye, kugeza n’aho ubu inama za Biro Politiki ziherutse kuba, hagiye hagaragara ikibazo cyo kubura umubare wa ngombwa w’abagomba kwitabira inama “quorum” bikaba ngombwa ko abakozi b’Ishyaka byajya gushaka abataje batuye muri Kigali hafi n’ahakorerwa inama, kugirango basinye ku rupapuro rw’abitabiriye inama!

Ku kibazo kijyanye no kutishimira buryo ki imyanya imwe n’imwe itangwa muri PSD, benshi bagaruka kuri Professeur NDAYISHIMIYE Eric, wahatiwe kudahagarara imbere ya Kongere y’Ishyaka yiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wungirije mu Ishyaka PSD ushinzwe Urubyiruko, akabyemera agononwa kubera ukuntu yashakaga uno mwanya kandi akaba yarahabwaga amahirwe yo gutsindira uno mwanya kubera abayoboke benshi bari bamushyigikiye cyane.

Nanone kandi muri aya matora yo gutora abayobozi ba PSD, habayemwo agashya!

Nibwo bwa mbere kuva iri shyaka ryabaho, imyanya yose itandatu (6) yari iriho umukandida umwe rukumbi, usibye umwanya umwe gusa wajeho abakandida babiri.

Benshi rero bahereye kuri ibyo byose byabaye muri ayo matora, baribaza buryo ki Ishyaka PSD riharanira demokarasi, rishobora kugira bene izi nenge zose!

Tugarutse gato kuri iyi nkuru yacu, ivuga ko perezida w’Ishyaka PSD, Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, twagerageje kubaza Professeur Ndayishimiye Eric imvo n’imvano y’iyi nkuru iri kumuvugwaho, maze ntiyarya iminwa n’ubwo ntabyinshi yifuje kutubwira, kuko yahiseko atubwirako ahuze gato, ari mu kazi, kuko ngo twamuhamagaye yenda kwinjira mu ishuri.

-3866.jpg

Professeur Ndayishimiye Eric

Ku kibazo cy’uko koko yaba afitanye ikibazo n’abayobozi be mu Ishyaka PSD, atajuyaje yahise atubwira ati :”ikibazo kirahari kandi si kimwe!…kibaye kidahari ntabwo nawe uba umpamagaye!…nk’uko nabikubwiye, ubu ndahuze, ngiye kujya mu ishuri.”

Nubwo nyir’ubwite atabashije kugira byinshi adutangariza, twagerageje gukomeza gushaka amakuru maze tumenya ko ngo Professeur Ndayishimiye Eric mu mwaka wa 2012, ubwo yarimwo asoza amasomo ye y’icyiciro cya kabiri cya kamnuza, nk’umuntu wize ubumenyi bujyanye na mudasobwa (computer science) mu bushakashatsi bwe yakoze, havuyemwo porogaramu ya mudasobwa (computer software) yakoreye ishyaka rye PSD, mu mwaka ushije wa 2015 nibwo iyi porogaramu ya mudasobwa yayishyize ku rubuga rwa interineti rw’Ishyaka PSD (www.psd-rwanda.org) yaramaze gukorera Ishyaka rye PSD, kugirango iyo porogaramu n’urwo rubuga byombi bibashe gukorana.

-3865.jpg

Amakuru dufite rero akaba avuga ko ngo muri uko gushaka kumwigizayo, Professeur Ndayishimiye Eric, yabibonye kare ko nta ejo hazaza heza agifite mu Ishyaka PSD, kubera ko ngo nta narimwe yigeze ashyigikirwa mu matora atandukanye yagiye yitabira kugirango abe yajya mu myanya y’ubuyobozi mu nzego za leta.

-3867.jpg

Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric

Munsi aha, ni zimwe mu nkuru zakozwe ubwo uyu Professeur Ndayishimiye Eric, yari mu matora y’abadepite yo muri Nzeri 2013, yiyamamariza umwanya wo kuba umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda.

http://kigalikonnect.com/article/detail.php?article=gahunda-zanjye-zose-zishingiye-muguteza-urubyiruko-imbereumukandida-ndayishimiye-eric
http://www.kigalitoday.com/?Yiyemeje-gutanga-umusanzu-we-mu-kubaka-igihugu-ajya-mu-nteko-ishinga-amategeko

Cyiza Davidson

2016-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Kim Jong-un agiye gutumira Papa Francis muri Korea ya Ruguru

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Icyo Perezida Kagame atekereza ku bavuga ko bigoye kumusimbura

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi
Amakuru

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
U Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu irushanwa rya Davis Cup muri Tennis, APR FC yatsinzwe na Sunrise, Muhadjiri yerekeje muri Saudi Arabia
Amakuru

U Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu irushanwa rya Davis Cup muri Tennis, APR FC yatsinzwe na Sunrise, Muhadjiri yerekeje muri Saudi Arabia

Ubwanditsi 10 Jul 2022
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 03 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru