• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ubwanditsi 28 Aug 2016 POLITIKI

Mu ishyaka PSD haravugwamo urunturuntu aho Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Professeur Ndayishimiye Eric uzwiho kudahakirizwa no kutavugira mu mpfupfu, kandi akaba umuntu ugendera cyane ku mahame ya demokarasi, ubusanzwe ni umunyepolitiki utanga icyizere gifatika kuri bagenzi be benshi babana muri Biro Politiki y’Ishyaka PSD bibaza byinshi ku Ishyaka ryabo PSD mu myaka 30 cyangwase 50 y’ejo hazaza.

-3864.jpg

Dr. Vincent Biruta Perezida wa PSD

Amakuru twashoboye kubona aravuga ko imbere mu Ishyaka PSD ibintu bitameze neza, abayoboke benshi ntibishimiye buryo ki imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi yagiye itangwa muri PSD, kuburyo inama zimwe na zimwe z’Ishyaka zitakitabirwa uko bikwiye, kugeza n’aho ubu inama za Biro Politiki ziherutse kuba, hagiye hagaragara ikibazo cyo kubura umubare wa ngombwa w’abagomba kwitabira inama “quorum” bikaba ngombwa ko abakozi b’Ishyaka byajya gushaka abataje batuye muri Kigali hafi n’ahakorerwa inama, kugirango basinye ku rupapuro rw’abitabiriye inama!

Ku kibazo kijyanye no kutishimira buryo ki imyanya imwe n’imwe itangwa muri PSD, benshi bagaruka kuri Professeur NDAYISHIMIYE Eric, wahatiwe kudahagarara imbere ya Kongere y’Ishyaka yiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wungirije mu Ishyaka PSD ushinzwe Urubyiruko, akabyemera agononwa kubera ukuntu yashakaga uno mwanya kandi akaba yarahabwaga amahirwe yo gutsindira uno mwanya kubera abayoboke benshi bari bamushyigikiye cyane.

Nanone kandi muri aya matora yo gutora abayobozi ba PSD, habayemwo agashya!

Nibwo bwa mbere kuva iri shyaka ryabaho, imyanya yose itandatu (6) yari iriho umukandida umwe rukumbi, usibye umwanya umwe gusa wajeho abakandida babiri.

Benshi rero bahereye kuri ibyo byose byabaye muri ayo matora, baribaza buryo ki Ishyaka PSD riharanira demokarasi, rishobora kugira bene izi nenge zose!

Tugarutse gato kuri iyi nkuru yacu, ivuga ko perezida w’Ishyaka PSD, Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, twagerageje kubaza Professeur Ndayishimiye Eric imvo n’imvano y’iyi nkuru iri kumuvugwaho, maze ntiyarya iminwa n’ubwo ntabyinshi yifuje kutubwira, kuko yahiseko atubwirako ahuze gato, ari mu kazi, kuko ngo twamuhamagaye yenda kwinjira mu ishuri.

-3866.jpg

Professeur Ndayishimiye Eric

Ku kibazo cy’uko koko yaba afitanye ikibazo n’abayobozi be mu Ishyaka PSD, atajuyaje yahise atubwira ati :”ikibazo kirahari kandi si kimwe!…kibaye kidahari ntabwo nawe uba umpamagaye!…nk’uko nabikubwiye, ubu ndahuze, ngiye kujya mu ishuri.”

Nubwo nyir’ubwite atabashije kugira byinshi adutangariza, twagerageje gukomeza gushaka amakuru maze tumenya ko ngo Professeur Ndayishimiye Eric mu mwaka wa 2012, ubwo yarimwo asoza amasomo ye y’icyiciro cya kabiri cya kamnuza, nk’umuntu wize ubumenyi bujyanye na mudasobwa (computer science) mu bushakashatsi bwe yakoze, havuyemwo porogaramu ya mudasobwa (computer software) yakoreye ishyaka rye PSD, mu mwaka ushije wa 2015 nibwo iyi porogaramu ya mudasobwa yayishyize ku rubuga rwa interineti rw’Ishyaka PSD (www.psd-rwanda.org) yaramaze gukorera Ishyaka rye PSD, kugirango iyo porogaramu n’urwo rubuga byombi bibashe gukorana.

-3865.jpg

Amakuru dufite rero akaba avuga ko ngo muri uko gushaka kumwigizayo, Professeur Ndayishimiye Eric, yabibonye kare ko nta ejo hazaza heza agifite mu Ishyaka PSD, kubera ko ngo nta narimwe yigeze ashyigikirwa mu matora atandukanye yagiye yitabira kugirango abe yajya mu myanya y’ubuyobozi mu nzego za leta.

-3867.jpg

Dr. Biruta Vincent ari mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric

Munsi aha, ni zimwe mu nkuru zakozwe ubwo uyu Professeur Ndayishimiye Eric, yari mu matora y’abadepite yo muri Nzeri 2013, yiyamamariza umwanya wo kuba umudepite uhagarariye urubyiruko mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda.

http://kigalikonnect.com/article/detail.php?article=gahunda-zanjye-zose-zishingiye-muguteza-urubyiruko-imbereumukandida-ndayishimiye-eric
http://www.kigalitoday.com/?Yiyemeje-gutanga-umusanzu-we-mu-kubaka-igihugu-ajya-mu-nteko-ishinga-amategeko

Cyiza Davidson

2016-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze
Amakuru

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea
IMIKINO

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!
Amakuru

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru