• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Ubwanditsi 10 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda yegukanye igikombe mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 16 mu bahungu ndetse n’abakobwa ni mu gihe Kenya nayo yabitwaye mu batarengeje imyaka 14, mu byiciro byombi, mu irushanwa ry’Akarere ka 4 muri Tennis ryiswe “ITF/ CAT EAST AFRICAN JUNIOR TEAM’S CHAMPIONSHIPS FOR 14 & 16 & UNDER (AJTC)”, ryahuza abana batarengeje imyaka 14 na 16, mu bahungu n’abakobwa.

Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’ibihugu 7 byo muri Zone 4, ari byo u Rwanda rwari rwakiriye, Kenya, Tanzania, Uganda, Burundi, Comoros na Ethiopia, ryaberaga ku bibuga biri muri IPRC Kigali ndetse na Sitade Amahoro i Remera, kuva tariki ya 3-8 Gicurasi 2022.

 

Mu bahungu, ikipe y’u Rwanda yabigezeho itsinze u Burundi imikino 2-1. Yabifashijwemo na Ishimwe Claude watsinze Abdulshakur Malik (Burundi), mu mukino wa mbere, amaseti 2-0 (6-4 na 6-2). Ni mu gihe mugenzi we, Hakizumwami Junior yatsinzwe na Gatoto Allan (Burundi), amaseti 2-0 (6-4 na 6-3).

Mu mukino wa kamarampaka, bakina ari babiri kuri babiri, Abanyarwanda; Ishimwe Claude na Hakizumwami Junior batsinze Abdulshakur Malik na Gatoto Allan (Burundi), amaseti 2-0 (6-3 na 6-4).

 

Mu bakobwa, ikipe y’u Rwanda yegukanye igikombe itsinze Kenya imikino 2-1. Yabonye iyi ntsinzi ibifashijwemo n’abakinnyi bayo, aho Ishimwe Carine yatsinze Reha Kipsang amaseti 2-0 (6-1 na 6-3).

Ni mu gihe mugenzi we, Tuyishime Rona yari yabanje gutsindwa na Urasa Faith amaseti 2-0 (6-4 na 6-2). Bakina ari babiri, Annabelle Mbayu (utari wakinnye mu mikino ibiri yabanje) na Tuyishime Rona batsinze Reha Kipsang na Urasa Faith, amaseti 2-0 (6-0 na 6-1).

 

Mu batarengeje imyaka 14, Kenya yatwaye igikombe nyuma yo gusoza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 4, ikurikirwa n’ u Burundi (3), Uganda iba iya 3 (2), Tanzania iba iya 4 (1), u Rwanda rusoreza ku mwanya wa nyuma (5) nta nota.

Mu bakobwa naho Kenya yatwaye igikombe nyuma yo gusoza iyoboye urutonde n’amanota 4, ikurikirwa n’ u Burundi (3), Tanzania iba iya 3 (2), Uganda iba iya 4 (1), u Rwanda rusoreza ku mwanya wa nyuma (5) nta nota.

 

U Rwanda mu batarengeje imyaka 16 mu byiciro byombi na Kenya mu batarengeje imyaka 14 mu byiciro byombi, zahise zikatisha itike yo kuzahagararira Akarere ka 4 (Zone), mu mikino y’Afurika “AFRICAN JUNIOR TEAMS’CHAMPIONSHIPS”, iteganyijwe kuzaba muri Kamena 2022.

2022-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko
IKORANABUHANGA

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda
Mu Rwanda

Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH
Mu Rwanda

Rosa Muhando arashinjwa kwambura 900.000 TSH

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru