• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Ubwanditsi 10 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda yegukanye igikombe mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 16 mu bahungu ndetse n’abakobwa ni mu gihe Kenya nayo yabitwaye mu batarengeje imyaka 14, mu byiciro byombi, mu irushanwa ry’Akarere ka 4 muri Tennis ryiswe “ITF/ CAT EAST AFRICAN JUNIOR TEAM’S CHAMPIONSHIPS FOR 14 & 16 & UNDER (AJTC)”, ryahuza abana batarengeje imyaka 14 na 16, mu bahungu n’abakobwa.

Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’ibihugu 7 byo muri Zone 4, ari byo u Rwanda rwari rwakiriye, Kenya, Tanzania, Uganda, Burundi, Comoros na Ethiopia, ryaberaga ku bibuga biri muri IPRC Kigali ndetse na Sitade Amahoro i Remera, kuva tariki ya 3-8 Gicurasi 2022.

 

Mu bahungu, ikipe y’u Rwanda yabigezeho itsinze u Burundi imikino 2-1. Yabifashijwemo na Ishimwe Claude watsinze Abdulshakur Malik (Burundi), mu mukino wa mbere, amaseti 2-0 (6-4 na 6-2). Ni mu gihe mugenzi we, Hakizumwami Junior yatsinzwe na Gatoto Allan (Burundi), amaseti 2-0 (6-4 na 6-3).

Mu mukino wa kamarampaka, bakina ari babiri kuri babiri, Abanyarwanda; Ishimwe Claude na Hakizumwami Junior batsinze Abdulshakur Malik na Gatoto Allan (Burundi), amaseti 2-0 (6-3 na 6-4).

 

Mu bakobwa, ikipe y’u Rwanda yegukanye igikombe itsinze Kenya imikino 2-1. Yabonye iyi ntsinzi ibifashijwemo n’abakinnyi bayo, aho Ishimwe Carine yatsinze Reha Kipsang amaseti 2-0 (6-1 na 6-3).

Ni mu gihe mugenzi we, Tuyishime Rona yari yabanje gutsindwa na Urasa Faith amaseti 2-0 (6-4 na 6-2). Bakina ari babiri, Annabelle Mbayu (utari wakinnye mu mikino ibiri yabanje) na Tuyishime Rona batsinze Reha Kipsang na Urasa Faith, amaseti 2-0 (6-0 na 6-1).

 

Mu batarengeje imyaka 14, Kenya yatwaye igikombe nyuma yo gusoza iri ku mwanya wa mbere n’amanota 4, ikurikirwa n’ u Burundi (3), Uganda iba iya 3 (2), Tanzania iba iya 4 (1), u Rwanda rusoreza ku mwanya wa nyuma (5) nta nota.

Mu bakobwa naho Kenya yatwaye igikombe nyuma yo gusoza iyoboye urutonde n’amanota 4, ikurikirwa n’ u Burundi (3), Tanzania iba iya 3 (2), Uganda iba iya 4 (1), u Rwanda rusoreza ku mwanya wa nyuma (5) nta nota.

 

U Rwanda mu batarengeje imyaka 16 mu byiciro byombi na Kenya mu batarengeje imyaka 14 mu byiciro byombi, zahise zikatisha itike yo kuzahagararira Akarere ka 4 (Zone), mu mikino y’Afurika “AFRICAN JUNIOR TEAMS’CHAMPIONSHIPS”, iteganyijwe kuzaba muri Kamena 2022.

2022-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018
Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya

Umutoza wari uwa Rayon Sport yerekeje muri Kenya

Ubwanditsi 25 Feb 2016
CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo
INKURU NYAMUKURU

FARDC yafashe abayobozi babiri bakuru muri CNRD barimo Umunyamabanga Mukuru wa yo

Ubwanditsi 24 Dec 2019
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo
Mu Rwanda

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 14 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru