• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020 IMIKINO

Tottenham yari imwe mu makipe ane yo mu Bwongereza ari muri UEFA Champions League, yasezerewe muri 1/8 na RB Leipzig yo mu Budage nyuma yo gutsindwa ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabaye ejo ku wa Gatatu.

Umukino ubanza wabereye mu Bwongereza mu byumweru bibiri bishize, wari warangiye RB Leipzig yashinzwe mu myaka 10 ishize, itsinze igitego 1-0.

Ibitego bibiri byatsinzwe na Marcel Sabitzer mu mukino wabaye ejo, byafashije Leipzig kugira icyizere cyo gukomeza hakiri kare.

Icya mbere yagitsinze ku munota wa 10 ku mupira yaherejwe na Timo Werner aterera ahagana inyuma y’urubuga rw’amahina mu gihe nyuma y’indi minota 10, yatsinze ku mupira wahinduwe na Angelino, imipira yombi umunyezamu Hugo Lloris yashoboraga gukuramo, ariko bikamugora.

Emil Forsberg winjiye asimbuye Marcel Sabitzer mu minota ya nyuma, ni we watsinze igitego cya gatatu ku munota 87, bihesha RB Leipzig gukomeza itsinze 4-0 mu mikino yombi.

Tottenham itozwa na José Mourinho, imaze imikino itandatu idatsinda mu marushanwa yose, ndetse iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League.

Kuvukinisha bamwe mu bakinnyi bakomeye nka Steven Bergwijn, Harry Kane, Son Heung-min na Moussa Sissoko, byagaragaje icyuho muri iyi kipe yageze ku mukino wa nyuma wa Champions League mu mwaka ushize.

Muri uyu mukino yahuyemo na RB Leipzig, Tottenham yabonyemo uburyo butatu gusa bugana mu izamu, imipira yatewe na Giovani lo Celso, Dele Alli na Gedson Fernandes, yose ikurwamo n’umunyezamu Peter Gulacsi.

Undi mukino wo kwishyura wabaye ejo, wo ukabera mu muhezo kubera icyorezo cya Coronavirus, wasize Atalanta yo mu Butaliyani igeze muri ¼ nyuma yo gutsindira Valence muri Espagne ibitego 4-3, ikayisezerera ku bitego 8-4.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe imikino ibiri, aho PSG yari yatsinzwe na Borussia Dortmund ibitego 2-1 mu mukino ubanza, zihurira kuri Parc des Princes mu mukino ubera mu muhezo mu gihe Liverpool yakira Atlético Madrid yayitsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.

Umunyezamu Hugo Lloris yananiwe gukuramo umupira wagonze igiti cy’izamu ku gitego cya mbere

Emil Forsberg yatsinze igitego cya gatatu akimara gusimbura

Marcel Sabitzer yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino

RB Leipzig yatsindiye gukomeza muri 1/4 cya UEFA Champions League

José Mourinho ntiyishimiye imikinire y’ikipe ye

Mukiele wa Leipzig, yakuwe mu kibuga yataye ubwenge

Tottenham yageze ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize, yasezerewe muri 1/8.
Src: IGIHE

2020-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023

Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 14 May 2023
Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Ubwanditsi 11 Feb 2022
Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo
INKURU NYAMUKURU

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano  bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo
Mu Mahanga

Burera: Abagize Komite zo kwicungira umutekano bahuguwe ku bijyanye n’inshingano zabo

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru