• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020 IMIKINO

Tottenham yari imwe mu makipe ane yo mu Bwongereza ari muri UEFA Champions League, yasezerewe muri 1/8 na RB Leipzig yo mu Budage nyuma yo gutsindwa ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabaye ejo ku wa Gatatu.

Umukino ubanza wabereye mu Bwongereza mu byumweru bibiri bishize, wari warangiye RB Leipzig yashinzwe mu myaka 10 ishize, itsinze igitego 1-0.

Ibitego bibiri byatsinzwe na Marcel Sabitzer mu mukino wabaye ejo, byafashije Leipzig kugira icyizere cyo gukomeza hakiri kare.

Icya mbere yagitsinze ku munota wa 10 ku mupira yaherejwe na Timo Werner aterera ahagana inyuma y’urubuga rw’amahina mu gihe nyuma y’indi minota 10, yatsinze ku mupira wahinduwe na Angelino, imipira yombi umunyezamu Hugo Lloris yashoboraga gukuramo, ariko bikamugora.

Emil Forsberg winjiye asimbuye Marcel Sabitzer mu minota ya nyuma, ni we watsinze igitego cya gatatu ku munota 87, bihesha RB Leipzig gukomeza itsinze 4-0 mu mikino yombi.

Tottenham itozwa na José Mourinho, imaze imikino itandatu idatsinda mu marushanwa yose, ndetse iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League.

Kuvukinisha bamwe mu bakinnyi bakomeye nka Steven Bergwijn, Harry Kane, Son Heung-min na Moussa Sissoko, byagaragaje icyuho muri iyi kipe yageze ku mukino wa nyuma wa Champions League mu mwaka ushize.

Muri uyu mukino yahuyemo na RB Leipzig, Tottenham yabonyemo uburyo butatu gusa bugana mu izamu, imipira yatewe na Giovani lo Celso, Dele Alli na Gedson Fernandes, yose ikurwamo n’umunyezamu Peter Gulacsi.

Undi mukino wo kwishyura wabaye ejo, wo ukabera mu muhezo kubera icyorezo cya Coronavirus, wasize Atalanta yo mu Butaliyani igeze muri ¼ nyuma yo gutsindira Valence muri Espagne ibitego 4-3, ikayisezerera ku bitego 8-4.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe imikino ibiri, aho PSG yari yatsinzwe na Borussia Dortmund ibitego 2-1 mu mukino ubanza, zihurira kuri Parc des Princes mu mukino ubera mu muhezo mu gihe Liverpool yakira Atlético Madrid yayitsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.

Umunyezamu Hugo Lloris yananiwe gukuramo umupira wagonze igiti cy’izamu ku gitego cya mbere

Emil Forsberg yatsinze igitego cya gatatu akimara gusimbura

Marcel Sabitzer yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino

RB Leipzig yatsindiye gukomeza muri 1/4 cya UEFA Champions League

José Mourinho ntiyishimiye imikinire y’ikipe ye

Mukiele wa Leipzig, yakuwe mu kibuga yataye ubwenge

Tottenham yageze ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize, yasezerewe muri 1/8.
Src: IGIHE

2020-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kubura umufasha we Celine Dion yabuze na musazawe

Nyuma yo kubura umufasha we Celine Dion yabuze na musazawe

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda

Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V

RUSHYASHYA 29 Jul 2026
Umunyarwanda Valens Ndayisenga ni we wegukanye tour du Rwanda 2016

Umunyarwanda Valens Ndayisenga ni we wegukanye tour du Rwanda 2016

Ubwanditsi 20 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo
Amakuru

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021
Nkuko  ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR
ITOHOZA

Nkuko ‘Abarokore’ bajyaga guhirika amabuye ku musozi wa Kanyarira babigereranya nko guhirika Bish.Tom Rwagasana muri ADEPR

Ubwanditsi 23 May 2017
‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame  [ Igice cya 2 ]
POLITIKI

‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame [ Igice cya 2 ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru