• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Champions League: Tottenham yasezerewe, RB Leipzig na Atalanta zibimburira izindi muri ¼

Ubwanditsi 11 Mar 2020 IMIKINO

Tottenham yari imwe mu makipe ane yo mu Bwongereza ari muri UEFA Champions League, yasezerewe muri 1/8 na RB Leipzig yo mu Budage nyuma yo gutsindwa ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabaye ejo ku wa Gatatu.

Umukino ubanza wabereye mu Bwongereza mu byumweru bibiri bishize, wari warangiye RB Leipzig yashinzwe mu myaka 10 ishize, itsinze igitego 1-0.

Ibitego bibiri byatsinzwe na Marcel Sabitzer mu mukino wabaye ejo, byafashije Leipzig kugira icyizere cyo gukomeza hakiri kare.

Icya mbere yagitsinze ku munota wa 10 ku mupira yaherejwe na Timo Werner aterera ahagana inyuma y’urubuga rw’amahina mu gihe nyuma y’indi minota 10, yatsinze ku mupira wahinduwe na Angelino, imipira yombi umunyezamu Hugo Lloris yashoboraga gukuramo, ariko bikamugora.

Emil Forsberg winjiye asimbuye Marcel Sabitzer mu minota ya nyuma, ni we watsinze igitego cya gatatu ku munota 87, bihesha RB Leipzig gukomeza itsinze 4-0 mu mikino yombi.

Tottenham itozwa na José Mourinho, imaze imikino itandatu idatsinda mu marushanwa yose, ndetse iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League.

Kuvukinisha bamwe mu bakinnyi bakomeye nka Steven Bergwijn, Harry Kane, Son Heung-min na Moussa Sissoko, byagaragaje icyuho muri iyi kipe yageze ku mukino wa nyuma wa Champions League mu mwaka ushize.

Muri uyu mukino yahuyemo na RB Leipzig, Tottenham yabonyemo uburyo butatu gusa bugana mu izamu, imipira yatewe na Giovani lo Celso, Dele Alli na Gedson Fernandes, yose ikurwamo n’umunyezamu Peter Gulacsi.

Undi mukino wo kwishyura wabaye ejo, wo ukabera mu muhezo kubera icyorezo cya Coronavirus, wasize Atalanta yo mu Butaliyani igeze muri ¼ nyuma yo gutsindira Valence muri Espagne ibitego 4-3, ikayisezerera ku bitego 8-4.

Kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe imikino ibiri, aho PSG yari yatsinzwe na Borussia Dortmund ibitego 2-1 mu mukino ubanza, zihurira kuri Parc des Princes mu mukino ubera mu muhezo mu gihe Liverpool yakira Atlético Madrid yayitsinze igitego 1-0 mu mukino ubanza.

Umunyezamu Hugo Lloris yananiwe gukuramo umupira wagonze igiti cy’izamu ku gitego cya mbere

Emil Forsberg yatsinze igitego cya gatatu akimara gusimbura

Marcel Sabitzer yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino

RB Leipzig yatsindiye gukomeza muri 1/4 cya UEFA Champions League

José Mourinho ntiyishimiye imikinire y’ikipe ye

Mukiele wa Leipzig, yakuwe mu kibuga yataye ubwenge

Tottenham yageze ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize, yasezerewe muri 1/8.
Src: IGIHE

2020-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe

Ubwanditsi 05 Jun 2023
Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Ubwanditsi 04 Aug 2019
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020
Perezida Nkurunziza  ntiyakandagije ikirenge mu Nteko rusange ya  [ AU ] yarimo gusengera ibishyimbo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza ntiyakandagije ikirenge mu Nteko rusange ya [ AU ] yarimo gusengera ibishyimbo

Ubwanditsi 29 Jan 2018
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru