• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Ubwanditsi 11 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Guhera ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki ya 8 Gashyantare 2022, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda,Munyangaju Aurore Mimosa yagiriye uruzinduko mu gihugu cya Senegal, ni uruzinduko rw’akazi rwarimo ibikorwa bitandukanye birimo gusura ibice bitandukanye bya Siporo ndetse yitabira na Tombola ya BAL.

Ku ikubitiro, ku mugoroba wo ku wa kabiri habaye tombola y’irushanwa rya Africa Basketball League BAL, rigomba gutangira mu kwezi gutaha kwa Werurwe mu mikino y’amajonjora ndetse imikino ya nyuma ya ¼ na ½ n’umukino wa nyuma bizabera muri Kigali Arena hagati ya tariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi 2022.

Iyi tombola ikaba yarasize amakipe agabanyijwe mu matsinda abiri, itsinda rya mbere “Sahara Conference” rigizwe n’ikipe ya US Monastir (Tunisie) yakinnye umukino wa nyuma muri BAL 2021, AS Salé (Maroc), SLAC (Guinée), DUC (Sénégal), Ferroviário da Beira (Mozambique) na REG BBC (Rwanda).

Imikino yo muri iri tsinda biteganyijwe ko izabera i Dakar muri Sénégal hagati ya tariki ya 5 n’iya 15 Werurwe 2022 aho buri kipe izakina n’indi hanyuma amakipe ane ya mbere akomeze muri ¼.

Itsinda rya kabiri “Nile Conference” rigizwe n’Ikipe ya Zamalek (Misiri) ifite igikombe giheruka (2021), BC Espoir Fukash (RDC), Cape Town Tigers (Afurika y’Epfo), Cobra SC (Sudani y’Epfo), FAP (Cameroun) na Petro de Luanda (Angola).

Imikino yo muri iri tsinda izabera i Cairo mu Misiri muri Hassan Mostafa Indoor Sports Complex hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata 2022. Aha na ho amakipe azakina hagati yayo, ane ya mbere akomeze muri ¼.

Muri uru ruzinduko, Minisitiri Aurore yasuye irerero ry’abakinnyi bakina umukino wa Basketball rya NBA ribarizwa mu mujyi wa Saly, aha uyu muyobozi akaba yaragiranye ibiganiro n’abakinnyi ndetse n’abatoza babo.

Yanasuye kandi Institut Diambars, akaba iri ishuri ryashinzwe n’abakinnyi bakomoka muri Senegal. Iri rikaba ryigishirizwamo amasomo asanzwe ariko abanyeshuri bakagenerwa ingengabihe yihariye yo gutozwa n’umupira w’amaguru dore ko bafitanye amasezerano n’amakipe atandukanye yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Minisitiri Aurore Mimosa aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal na Mali ,Gambie ,Guinée Bissau na Cap Vert basuye Stade nshya ya Diamniadio. Ni mu gihe ibikorwa byo kuvugurura no kwagura Stade Amahoro bibura iminsi mike ngo bitangire ndetse bikazakorwa na kampani yubatse iyo sitade ariyo ya Summa.

Minisitiri wa Siporo asoza uruzinduko rwe muri iki gihugu yasuye kandi umushinga wa SEED, uyu akaba ari umushinga watangije ishuri ryigishirizwamo amasomo asanzwe ndetse n’ay’umukino wintoki wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga.

Muri rugendo akaba yari aherekejwe n’umuyobozi w’uwo mushinga ndetse akaba umwe mubatangije NBA Africa ndetse na BAL, Amadou Gallo Fall ndetse n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda Mugwiza Desire.

2022-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène wayoboraga FERWAFA yeguye kuri iyi mirimo avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda  kwimurirwa mu bindi bihugu

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda kwimurirwa mu bindi bihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

RUSHYASHYA 18 Jun 2026
RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Uko  ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Burundi: Uko ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 24 Jan 2017
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 14 Jun 2021
Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru
Amakuru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Ubwanditsi 05 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru