• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 mu gikombe cya Afurika iratangira kuri uyu wa Gatanu, ahateganyijwe imikino ibiri irimo uza guhuza Uganda na Sénégal kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo guhera saa 21:00.

Ikipe ya Uganda ‘The Cranes’ yari yahagaritse imyitozo guhera ku wa Kabiri, ivuga ko itazakina imikino ya 1/8 itishyuwe uduhimbazamusyi yemerewe, irakina na Sénégal mu mukino witezwe kuri uyu mugoroba.

Kuri uyu wa Kane nibwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, FUFA, ryatangaje ko ryamaze kwishyura buri mukinnyi ibyo ryamugombaga, birimo agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi $6, yo kuva tariki ya 13 Gicurasi kugeza ku ya 30 Kamena harimo n’imikino ibiri bahuyemo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Zimbabwe.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Sebastien Desabre, yatangaje ko uza kuba ari umukino ukomeye bitewe n’urwego Sénégal iriho.

Ati” Ni umukino ukomeye kuko Sénégal ni ikipe nziza. Ikipe yacu yiteguye kwitanga uko ishoboye kose muri uyu mukino. Ni umukino kandi wo gukuranamo biraza kudusaba gukora cyane bitandukanye n’uko twakinnye kuri Misiri. “

Kapiteni wa Uganda, umunyezamu Denis Onyango, yavuze ko ibibazo bari bafite babikemuye, bagasubukura imyitozo, aho kuri ubu biteguye umukino neza.

Umutoza wa Sénégal, Aliou Cissé, yavuze ko ikipe ye yiteguye neza uyu mukino ndetse intego ifite ari ugukomeza muri ¼ .

Ati”Ubu turi muri 1/8 kandi twizeye kandi tunyotewe no kugera muri ¼ kuko tumaze imyaka ibiri twitegura iri rushanwa. Uganda ni ikipe ikomeye, ifite ubushobozi bwose bushoboka. Bahinduye abatoza ariko ntabwo imikinire yahindutse.”

Uyu mukino utangira saa 21:00, uraza kuba wabanjirijwe n’uhuza Maroc na Bénin guhera saa 18:00 kuri Al Salam Stadium.

Uko amakipe azahura muri 1/8:

  • 05 Nyakanga : Maroc vs Bénin (Al Salam)
  • 05 Nyakanga: Uganda vs Sénégal (Cairo)
  • 06Nyakanga: Nigeria vs Cameroun (Alexandria)
  • 06 Nyakanga: Misiri vs Afurika y’Epfo (Cairo)
  • 07 Nyakanga: Madagascar vs Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Alexandria)
  • 07 Nyakanga: Algérie vs Guinée (Stade du 30 Juin)
  • 08 Nyakanga: Mali vs Côte d’Ivoire (Suez)
  • 08 Nyakanga: Ghana vs Tunisie (Ismailia)

Aliou Cisse utoza Senegal yizeye kugera muri 1/4

Sebastien Desabre utoza Uganda yavuze ko ari umukino utaza korohera ikipe ye

Senegal ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe menshi muri CA
Src : IGIHE

2019-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023
Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Ubwanditsi 01 May 2022
Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa
Amakuru

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020
Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir
ITOHOZA

Polisi yabeshyuje iby’itabwa muri yombi ry’umugandekazi wari muri RwandAir

Ubwanditsi 14 Oct 2017
“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa  RTLM “- Ingabire Marie Immaculée
INKURU NYAMUKURU

“Ibyavuzwe n’Umuvugabutumwa Niyibikora Nicolas kuri Radio Amazing Grace binyibutsa RTLM “- Ingabire Marie Immaculée

Ubwanditsi 08 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru