• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 mu gikombe cya Afurika iratangira kuri uyu wa Gatanu, ahateganyijwe imikino ibiri irimo uza guhuza Uganda na Sénégal kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo guhera saa 21:00.

Ikipe ya Uganda ‘The Cranes’ yari yahagaritse imyitozo guhera ku wa Kabiri, ivuga ko itazakina imikino ya 1/8 itishyuwe uduhimbazamusyi yemerewe, irakina na Sénégal mu mukino witezwe kuri uyu mugoroba.

Kuri uyu wa Kane nibwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Uganda, FUFA, ryatangaje ko ryamaze kwishyura buri mukinnyi ibyo ryamugombaga, birimo agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi $6, yo kuva tariki ya 13 Gicurasi kugeza ku ya 30 Kamena harimo n’imikino ibiri bahuyemo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Zimbabwe.

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Sebastien Desabre, yatangaje ko uza kuba ari umukino ukomeye bitewe n’urwego Sénégal iriho.

Ati” Ni umukino ukomeye kuko Sénégal ni ikipe nziza. Ikipe yacu yiteguye kwitanga uko ishoboye kose muri uyu mukino. Ni umukino kandi wo gukuranamo biraza kudusaba gukora cyane bitandukanye n’uko twakinnye kuri Misiri. “

Kapiteni wa Uganda, umunyezamu Denis Onyango, yavuze ko ibibazo bari bafite babikemuye, bagasubukura imyitozo, aho kuri ubu biteguye umukino neza.

Umutoza wa Sénégal, Aliou Cissé, yavuze ko ikipe ye yiteguye neza uyu mukino ndetse intego ifite ari ugukomeza muri ¼ .

Ati”Ubu turi muri 1/8 kandi twizeye kandi tunyotewe no kugera muri ¼ kuko tumaze imyaka ibiri twitegura iri rushanwa. Uganda ni ikipe ikomeye, ifite ubushobozi bwose bushoboka. Bahinduye abatoza ariko ntabwo imikinire yahindutse.”

Uyu mukino utangira saa 21:00, uraza kuba wabanjirijwe n’uhuza Maroc na Bénin guhera saa 18:00 kuri Al Salam Stadium.

Uko amakipe azahura muri 1/8:

  • 05 Nyakanga : Maroc vs Bénin (Al Salam)
  • 05 Nyakanga: Uganda vs Sénégal (Cairo)
  • 06Nyakanga: Nigeria vs Cameroun (Alexandria)
  • 06 Nyakanga: Misiri vs Afurika y’Epfo (Cairo)
  • 07 Nyakanga: Madagascar vs Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Alexandria)
  • 07 Nyakanga: Algérie vs Guinée (Stade du 30 Juin)
  • 08 Nyakanga: Mali vs Côte d’Ivoire (Suez)
  • 08 Nyakanga: Ghana vs Tunisie (Ismailia)

Aliou Cisse utoza Senegal yizeye kugera muri 1/4

Sebastien Desabre utoza Uganda yavuze ko ari umukino utaza korohera ikipe ye

Senegal ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe menshi muri CA
Src : IGIHE

2019-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025

Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025

Ubwanditsi 16 May 2025
Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 23 Dec 2021
Miss Vanessa yeruye yemera ko yaryamanye na Olvis, ahamya ko nta kidasanzwe yakoze

Miss Vanessa yeruye yemera ko yaryamanye na Olvis, ahamya ko nta kidasanzwe yakoze

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica
Uncategorized

Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica

Ubwanditsi 04 Oct 2025
Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali
Mu Mahanga

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru