• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

U Rwanda rurasabwa kugaragaza ubushake, rugahabwa kwakira CAN

Ubwanditsi 22 Feb 2016 IMIKINO

Nyuma y’uko u Rwanda rwakiriye imikino ya CHAN ikagenda neza, rwabishimiwe n’Abayobozi ba CAF ndetse barubwira ko ntacyo rubuze ngo rube rwasaba kwakira imikino y’igikombe cy’Afurika (CAN) .

-2231.jpg
Minisitiri Uwacu Julienne

Minisitiri Uwacu Julienne avuga ko nubwo igihugu kitarafata umwanzuro wo gusaba kwakira imikino y’iki gikombe, ngo gifite amahirwe yo kuyihabwa.

Kuri ubu imikino u Rwanda rushobora kwakira ntiyaba mbere ya 2025 ari yo mpamvu Minisitiri Uwacu avuga ko igihugu kiri kubisuzumana ubwitonzi ariko ngo hari icyizere ko haramutse hatanzwe kandidatire yakwakirwa neza.

Ibi Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yabitangarije Abadepite bagize Komisiyo ifite Siporo mu nshingano zayo mu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, kuwa Kane tariki ya 18 Gashyantare 2016, ubwo yasobanuraga umushinga w’Itegeko ry’imikino n’imyidagaduro riri gutegurwa.

-2233.jpg

Minisitiri Uwacu yasobanuriye Abadepite amateka akomeye yo kuva tariki ya 16 Mutarama kugeza kuwa 7 Gashyantare 2016, ubwo u Rwanda rwakiraga imikino y’igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina mu bihugu byabo (CHAN) benshi bahamya ko cyateguwe neza.

Minisitiri hari amahirwe yo kuba u Rwanda rwakwakira amarushanwa y’Igikombe cya Afurika igihe ruzaba rubisabye,kuko ngo abayobozi ba CAF barushishikarije kubisaba, umwanzuro ukaba utarafatwa.

Muri iri rushanwa u Rwanda rwari ruri mu itsinda benshi bise iry’urupfu kuko rwari kumwe n’amakipe akomeye ariyo Côte d’Ivoire, Maroc na Gabon zose zakiniraga kuri Stade Amahoro.

Minisitiri Uwacu yavuze ko kuba aya marushanwa yaritabiriwe cyane byabaye nk’igitego gikomeye kuko CAF yari ifite impungenge zikomeye aho babonaga amarushanwa azategurwa neza ariko bafite ikibazo ko Abanyarwanda batazajya bitabira imikino itarimo Amavubi.

Yagize ati “Turashima Abanyarwanda, kuba CHAN yaragenze neza harimo ibintu byinshi ariko icyabaye akarusho ni ukuntu imikino yo ku bibuga byose yitabiriwe. Kuba Stade zaruzuye niyo success ya mbere. Ntekereza ko bitazorohera abazategura aya marushanwa ubutaha.”

Gusa ahamya adashidikanya ko n’ikipe y’Igihugu Amavubi yabigizemo uruhare rukomeye kuko kuba itarahise ivamo ku ikubitiro kandi iri mu itsinda ry’urupfu, byatumye abantu baryoherwa n’amarushanwa.

Avuga ko nubwo ikipe itageze ku mukino wa nyuma, ishimirwa uko yitwaye kandi ikaba isabwa kuzakomeza ikitwara neza no mu yandi marushanwa.

U Rwanda ruracyareba niba rwasaba kwakira ‘CAN’

-2234.jpg

Abanyarwanda baribaza niba uko Amavubi yitwaye muri CHAN ariko bizakomeza

Abayobozi ba CAF barimo Perezida wayo akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo wa FIFA, Issa Hayatou na Alamany Kabere Camara, Visi Perezida wa CAF bakunze gusaba Perezida Kagame kuzasaba kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika kuko babonye ubushobozi ku Rwanda.

Minisitiri yagize ati “CAN kuyakira ni imyiteguro ifite aho ihuriye n’uko CHAN yagenze. Ntiturafata umwanzuro niba tuzayakira ariko abayitanga bo baravuga ngo ntacyo tubuze, igisigaye ni uko twe tubisaba kandi nitubisaba bazayiduha.”

Nubwo Minisitiri atagaragaje igihe gisigaye ngo bajyane ubusabe muri CAF, yagaragaje ko hakirebwa ibisabwa ngo iki gikombe kibe cyakwakirwa.

Ibihugu bizakira CAN byarabonetse kugeza mu mwaka wa 2023, bivuze ko u Rwanda rubisabye rushobora kubona iyo mu mwaka wa 2025.
.
Umudari Perezida Kagame yahawe ubona umugabo ugasiba undi

Irushanwa rya CHAN ryabereye mu Rwanda ku nshuro ya kane nyuma yo kwakirwa n’ibihugu nka Côte d’Ivoire mu 2009, Sudani mu 2011 ndetse na Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2014.

Ku munsi wo gusoza iri rushanwa , CAF yahaye umudari Perezida wa Repubulika, Paul Kagame imushimira uko irushanwa ryagenze.

Minisitiri Uwacu yavuze ko ubusanzwe uyu mudari ubona umugabo ugasiba undi kuko ari bake mu bakuru b’ibihugu bagiye bawambikwa nyuma yo gukora ibikorwa by’indashyikirwa.

Uwo mudari wigeze guhabwa Perezida wa Afurika y’Epfo ku bwo kwakira Igikombe cy’Isi na CAN, Perezida wa Guinee kubera ko yakiriye CHAN mu gihe Maroc yari yaremeye kuyakira ikaza kwisubiraho ku munota wa nyuma ndetse n’u Rwanda rwashimiwe kwakira neza aya marushanwa.

Ibi nibyo Minisitiri yahereyeho avuga ko inyungu zo kwakira CHAN ari nyinshi ndetse zirenze amafaranga, ko urwego rwa siporo rwateye imbere, ubucuruzi bwaragutse, ndetse n’ ishusho y’Igihugu igaragara neza mu ruhando mpuzamahanga.

Hari abafite impungenge ku hazaza h’Amavubi

Benshi mu Banyarwanda bagiye bagaragaza ko bakunze ikipe yabo ndetse bamwe bakavuga ko ari ubwa mbere bayishimiye.

Hari abibaza niba iyi kipe izakomeza gufatwa neza ku buryo yazaba ikipe ikomeye muri Afurika no ku isi, umupira w’amaguru na wo ukaba kimwe mu bikomeza kuzamura ibendera ry’igihugu.

Abajijwe iki kibazo n’Abadepite, Minisitiri Uwacu ntiyagaragaje ikidasanzwe kigiye gukorwa kuko yavuze ko inzira yo kuyitegura izakomereza aho yari igeze, ngo kuko hari ingamba igihugu cyihaye zo kuzamura Siporo muri rusange.

Yavuze ko ikipe Abanyarwanda babonye ari umusaruro w’ibyari byaratangiye gukorwa harimo guhuriza ahantu hamwe abakinnyi b’ikipe y’igihugu buri kwezi haba mu Rwanda cyangwa hanze, gushaka umutoza n’abamwungirije b’inzobere n’ibindi byatumye ikipe yitwara neza.

Yongeyeho kandi ko icyemezo kidasubira inyuma kizakomeza ari ukubakira siporo ku bana b’Abanyarwanda kandi bigatangirwa bakiri bato, ari byo bituma siporo itera intambwe izaramba.

Muri CHAN 2016, Amavubi y’u Rwanda yagarukiye muri kimwe cya kane, nyuma yo gutsindwa na Congo Kinshasa ibitego 2-1.

Imikino ya CAN 2017 izabera muri Gabon, Cameroun mu 2019, iya 2021 izabera muri Côte d’Ivoire naho iya 2023 ibere muri Guinée.


Source/Igihe

M.FILS

2016-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Ubwanditsi 01 Feb 2024
Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Ubwanditsi 09 May 2025
Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Ubwanditsi 04 Oct 2022
AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

AS Kigali yasinyishije Otinda Frederick na Ochieng Lawrence bakomoka muri Kenya ndetse na Saturo Edward wakinaga muri Uganda

Ubwanditsi 30 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu afite ihungabana [trauma]

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim
UBUKUNGU

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Ubwanditsi 03 May 2018
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika
UBUKUNGU

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru