• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubwanditsi 12 Jul 2018 POLITIKI

Komisiyo ya politike mu nteko ishinga amategeko yasuzumye itegeko rigenga imyemerere, mu ngigo nshya zagarutsweho kugira ngo umuntu yemererwe guhagararira umuryango imbere y’amategeko, aho umuntu uhagarariye itorero agomba kuba afite impamyabumenyi mu by’iyobokamana yemewe yatanzwe n’ishuri ryemwe mu gihugu cyangwa impamyabumenyi ya kaminuza.

Umuyobozi wungirije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), Usther Kayitesi avuga ko iri tegeko ntacyo rihungabanya ko ari ugufasha abashinga amadini kuyobora bafite ubumenyi bubafasha kumvisha abayoboke.

Ati, “Uzashinga itorero ryaba rimwe rinini cyangwa irito, akaba azakora igikorwa cye cya buri munsi cyo kwigisha abayoboke be mu nzego zitandukanye bazagira, uwo agomba kuba afite amashuri, gusa nk’uko byakozwe mu nzego za Leta n’ahandi, kubaka ubushobozi bifata igihe ariyo mpamvu itegeko rigiye gutanga imyaka ine, kugira ngo uwayoboraga atariteguye abanze afate umwanya yige bijyanye n’ubushobozi bwe”

Yakomeje avuga ko umuhamagaro ugomba kujyana n’ubumenyi umuntu afite nk’uko byanditswe mu bitabo bitagatifu ati, “Umuhamagaro ntuvuga ko kugira ubumenyi bidashoboka, Isi turimo irimo ubwenge bwinshi, ibyo amadini n’amatorero bakora bibasaba gushaka abayoboke, ntabwo byaba bikwiye gushaka abayoboke utari ku rwego bumva, kuko iyo uvuze umuhamagaro, usomye mu bitabo bitagatifu abo Imana yahamagaye yanabashoboreshaga gukora uwo murimo”

Bamwe mu bayobozi b’amadini bemeranywa n’iri tegeko ribasaba kubanza kugira urwego runaka rw’amashuri mbere yo guhagararira itorero ariko bagasaba ko igihe bahawe cyakongerwa kuko imyaka ine ari mike.

Umwe ati, “Ubu birasaba ko n’ubwo umuntu yajya muri ayo mashuri atakwigera asibira cyangwa ngo atsindwe ikizami, byaba byiza bongereye igihe bikaba nk’imyaka itandatu”

Iyi ngingo y’amadini isa nk’iyateje ikibazo kuko abenshi mu bayoboraga amadini usanga babikora kuko ari umuhamagaro wa nyagasani ntibabikoraga babanje kureba urwego runaka rw’amashuri bafite.

Iri tegeko kandi rivuga ko umuntu uzemererwa kuyobora itorero agomba kuba atarahamwe n’icyaha cya Jenoside cyangwa ingengabitekerezo yayo, akaba kandi atarigeze akatirwa n’urukiko igifungo kiri hejuru y’amezi atandatu.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Isesengura ku Matora ya Perezida wa Repubulika (Igice cya 2) – Intsinzi ya Paul Kagame ifite inkomoko

Ubwanditsi 14 Aug 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 13, 20189:28 am -

    Nimukanire rwose , wenda wabona babwirije Ubutumwa Bwiza Abataramenya Yesu! Ibi se nabyo bigomba amashuri? Erega ibi ni ibihe bya nyuma ! Nakataraza kari mu nzira!

    Abahamagawe ntibashobora kubura uko basohoza umuhamagaro wabo, Uwabahamagaye abacira inzira, ibindi ni business…n ibindi bijyana nabyo

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo
IMIKINO

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Ubwanditsi 27 Feb 2020
Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria
IMIKINO

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019
IMIKINO

Mukura yatsinze Rayon Sports yegukana igikombe cy’Amahoro no gukina CAF Confederation Cup 2019

Ubwanditsi 13 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru