• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Ubwanditsi 22 Sep 2020 Amakuru, IMIKINO

Munyakazi Sadate na bagenzi be bari abayobozi ba Rayon Sports FC bambuwe ububasha bwo gukomeza kuyobora iyi kipe, nyuma y’igihe kinini ivugwamo ibibazo byagejeje n’aho inzego za leta zifata iya mbere mu kubikemura.

IBYEMEZO BYAFASHWE KU BIBAZO BIRI MU MURYANGO “ASSOCIATION RAYON SPORT BINYUJIJWE MU ITANGAZO RIGENEWE  ABANYAMAKURU
Kigali Kuwa 22/09/2020

Kuva muri Gicurasi 2020 havutse amakimbirane muri Associations Rayon Sport
ashingiye ku kutumvikana hagati ya Komite Nyobozi y’Umuryango, abigeze
kuyobora umuryango ndetse na bamwe mu banyamuryango. Mu bihe
bitandukanye aba bamaze kuvugwa bagiye bandikira Urwego rw’Igihugu
rw’Imiyoborere rufite mu nshingano Imiryango Nyarwanda itari iya Leta,
bakanamenyesha Minisiteri ya Siporo n’izindi nzego bagaragaza ibibazo biri
muri uyu muryango.
Igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) mu murayango
Association Rayon Sport ryagaragaje ibibazo bikomeye birimo:
✓ Kuba uyu muryango wararanzwe n’imikorere itubahiriza Ibiteganywa
n’Itegeko rigenga imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango nyarwanda
itari iya Leta ndetse no kutubahiriza guhuza n’amategeko mu bihe
binyuranye ;
✓ Imicungire mibi y’umutungo n’imari yakomeje kuranga umuryango
bigatuma uhora mu bibazo by’ubukene n’amadeni menshi no
kutishyura imisoro;
✓ Kuba abayobozi mu bihe bitandukanye bavuga ko bagurije umuryango
ariko bikaba bitarakozwe mu buryo bwemewe bw’inguzanyo;
✓ Kuba ibi bibazo bimaze kuvugwa byarakomeje gukurura amakimbirane
mu muryango kandi abayoboye umuryango mu bihe binyuranye
ntibashobore kubikemura;
Hashingiwe ku Itegeko N°04/2012 ryo ku wa 17/02/2012 rigena imitunganyirize
n’imikorere by’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta cyane cyane mu ngingo
zaryo za 16, 30 ziha Urwego rw’ Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) inshingano
n’ububasha byo kwandika, gukurikirana, kugenzura, kwihanangiriza,
guhagarika by’agateganyo cyangwa burundu umuryango wateshutse ku
nshingano ;
Mu rwego rwo gukemura mu buryo burambye, ibibazo byagaragaye mu
muryango Rayon Sport, hafashwe ibyemezo bikurikira:

1. RGB yihanangirije Umuryango Rayon Sport Association kuko wateshutse
ku nshingano;
2. Komite Nyobozi y’Umuryango iriho irahagaritswe kuko itabashije gusoza
inshingano yahawe mu gukemura ibibazo by’umuryango.
3. Mu rwego rwo kubungabunga ibikorwa by’umuryango, ibikorwa bya
Rayon Sport biraragizwa mu buryo bw’agateganyo Komite y’inzibacyuho
(care taker) ishinzwe gutegura ibijyanye no guhuza amategeko
y’umuryango n’amategeko y’iguhugu, gushyiraho inzego z’umuryango
zishingiye kandi zigendera ku mategeko ndetse no gutumiza Inteko
rusange byakozwe mu gihe kitarenze iminsi 30.
4. Ihererekanya bubasha hagati ya Komite yari isanzwe iriho na Komite
y’Inzibacyuho rizakorwa bitarenze taliki ya 24/09/2020. Abazayobora iyi
nzibacyuho bazamenyekana mbere y’iherekanya bubasha.
5. Mu gihe Rayon Sport izaba itabashije gekemura ibibazo dushingiyeho
tubihanangiriza mu gihe cy’ukwezi (iminsi 30), hazakurikizwa ibiteganywa
n’ingingo ya 32 y’itegeko rigenga imiryango nyarwanda itari iya leta
biteganya ihagarikwa ry’agateganyo ry’umuryango.
Dr. KAITESI Usta
Umukuru w’Urwego

2020-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush
HIRYA NO HINO

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose
POLITIKI

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba
Amakuru

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 18 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru