• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Ubwanditsi 22 Sep 2020 Amakuru, IMIKINO

Munyakazi Sadate na bagenzi be bari abayobozi ba Rayon Sports FC bambuwe ububasha bwo gukomeza kuyobora iyi kipe, nyuma y’igihe kinini ivugwamo ibibazo byagejeje n’aho inzego za leta zifata iya mbere mu kubikemura.

IBYEMEZO BYAFASHWE KU BIBAZO BIRI MU MURYANGO “ASSOCIATION RAYON SPORT BINYUJIJWE MU ITANGAZO RIGENEWE  ABANYAMAKURU
Kigali Kuwa 22/09/2020

Kuva muri Gicurasi 2020 havutse amakimbirane muri Associations Rayon Sport
ashingiye ku kutumvikana hagati ya Komite Nyobozi y’Umuryango, abigeze
kuyobora umuryango ndetse na bamwe mu banyamuryango. Mu bihe
bitandukanye aba bamaze kuvugwa bagiye bandikira Urwego rw’Igihugu
rw’Imiyoborere rufite mu nshingano Imiryango Nyarwanda itari iya Leta,
bakanamenyesha Minisiteri ya Siporo n’izindi nzego bagaragaza ibibazo biri
muri uyu muryango.
Igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) mu murayango
Association Rayon Sport ryagaragaje ibibazo bikomeye birimo:
✓ Kuba uyu muryango wararanzwe n’imikorere itubahiriza Ibiteganywa
n’Itegeko rigenga imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango nyarwanda
itari iya Leta ndetse no kutubahiriza guhuza n’amategeko mu bihe
binyuranye ;
✓ Imicungire mibi y’umutungo n’imari yakomeje kuranga umuryango
bigatuma uhora mu bibazo by’ubukene n’amadeni menshi no
kutishyura imisoro;
✓ Kuba abayobozi mu bihe bitandukanye bavuga ko bagurije umuryango
ariko bikaba bitarakozwe mu buryo bwemewe bw’inguzanyo;
✓ Kuba ibi bibazo bimaze kuvugwa byarakomeje gukurura amakimbirane
mu muryango kandi abayoboye umuryango mu bihe binyuranye
ntibashobore kubikemura;
Hashingiwe ku Itegeko N°04/2012 ryo ku wa 17/02/2012 rigena imitunganyirize
n’imikorere by’Imiryango Nyarwanda itari iya Leta cyane cyane mu ngingo
zaryo za 16, 30 ziha Urwego rw’ Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) inshingano
n’ububasha byo kwandika, gukurikirana, kugenzura, kwihanangiriza,
guhagarika by’agateganyo cyangwa burundu umuryango wateshutse ku
nshingano ;
Mu rwego rwo gukemura mu buryo burambye, ibibazo byagaragaye mu
muryango Rayon Sport, hafashwe ibyemezo bikurikira:

1. RGB yihanangirije Umuryango Rayon Sport Association kuko wateshutse
ku nshingano;
2. Komite Nyobozi y’Umuryango iriho irahagaritswe kuko itabashije gusoza
inshingano yahawe mu gukemura ibibazo by’umuryango.
3. Mu rwego rwo kubungabunga ibikorwa by’umuryango, ibikorwa bya
Rayon Sport biraragizwa mu buryo bw’agateganyo Komite y’inzibacyuho
(care taker) ishinzwe gutegura ibijyanye no guhuza amategeko
y’umuryango n’amategeko y’iguhugu, gushyiraho inzego z’umuryango
zishingiye kandi zigendera ku mategeko ndetse no gutumiza Inteko
rusange byakozwe mu gihe kitarenze iminsi 30.
4. Ihererekanya bubasha hagati ya Komite yari isanzwe iriho na Komite
y’Inzibacyuho rizakorwa bitarenze taliki ya 24/09/2020. Abazayobora iyi
nzibacyuho bazamenyekana mbere y’iherekanya bubasha.
5. Mu gihe Rayon Sport izaba itabashije gekemura ibibazo dushingiyeho
tubihanangiriza mu gihe cy’ukwezi (iminsi 30), hazakurikizwa ibiteganywa
n’ingingo ya 32 y’itegeko rigenga imiryango nyarwanda itari iya leta
biteganya ihagarikwa ry’agateganyo ry’umuryango.
Dr. KAITESI Usta
Umukuru w’Urwego

2020-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Ubwanditsi 01 Apr 2022
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda
IMIKINO

Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa
ITOHOZA

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0
IMIKINO

Mbere yo kwerekeza muri Afurika y’epfo Rayon Sports yeretse isomo rya ruhago Marine FC iyitsinda 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru