• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016 IMIKINO

Kirsten Nematandani wari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo mu gihe iki gihugu cyakiraga igikombe cy’isi 2010, yahawe ibihano by’imyaka itanu (5) atagira aho ahurira n’ubuzima bw’umupira nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa mu mikino iyi kipe yakinnye.

Nematandani arazira ko mu mikino ya gishuti ikipe ya Afurika y’Epfo yakiriye habayeho kuyigura (Match-fixing) kugira ngo bayitsinde, ibintu FIFA yatangiye gukurikirana ibi bibazo kugeza muri uyu mwaka. Nyuma yasabwe gutanga raporo yuko ibivugwa byagenze ananirwa kubyerekana mu buryo busobanutse.

Uyu mugabo ntiyahanwe wenyine kuko ni umwe mu banyafurika batatu bahanwe kuri uyu wa Kane kuko hanahanwe Jonathan Musavengana wahoze ari umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Zimbabwe ndetse na Bana Tchanile wahoze ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Togo.

Jonathan Musavengana (Zimbabwe) na Bana Tchanile (Togo) barazira ko mu mikino ya gishuti bakinnye na Afurika y’Epfo mbere y’igikombe cy’isi, habayeho uburyo bwa ruswa ikabije.

Musavengana (Zimbabwe) kandi arashinjwa ko mu 2009 yijanditse muri ruswa bigatuma ikipe y’igihugu ya Zimbabwe itsindwa imikino yose yakinnye ubwo barimo bitegura muri Aziya mu gihe Bana Tchanile (Togo) yari yaranahagaritswe imyaka itatu (3) mu ishyirahamwe ryabo bamushinja kuba yaragurishije umukino wa gishuti Togo yakinnye na Bahrain mu 2010.

Kirsten Nematandani (Afurika y’Epfo) yongera gushinjwa ko umukino Afurika y’Epfo yanyagiyemo Guatemala ibitego 5-0, habayemo ibintu bitavuzweho rumwe bitewe na penaliti eshatu zatanzwe n’umusifuzi uvuka muri Nigeria.FIFA kandi yavumbuye ko uyu mugabo yari ayoboye inama ya ruswa ku mikino Afurika y’Epfo yakinnye na Thailand, Bulgaria na Colombia.

-4975.jpg

Ikipe ya Afurika y’Epfo ubwo yishimiraga kimwe mu bitego 5-0 batsinze Guatemala mbere y’igikombe cy’isi 2010

2016-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Ubwanditsi 25 Jun 2025
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!
INKURU NYAMUKURU

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza
POLITIKI

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Ubwanditsi 18 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru