• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Nyuma ya CHAN, Amavubi yerekeje amaso muri Gabon

Nyuma ya CHAN, Amavubi yerekeje amaso muri Gabon

Ubwanditsi 02 Feb 2016 IMIKINO

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Jonathan McKinstry yashimiye abakinnyi be ku bwitange bagize mu irushanwa rya CHAN nyuma yo gusezererwa na Congo Kinshasa muri ¼, atangaza ko ubu intumbero y’ikipe y’igihugu ari ugushaka uko babona tike y’igikombe cya Afurika cya 2017 kizabera muri Gabon.

-1969.jpg
Kugeza ubu Ghana iyoboye itsinda rya 8 n’amanota 6, ikurikiwe n’u Rwanda rufite amanota 3 runganya na Maurtius mu gihe Mozambique ifite ubusa ku mwanya wa kane.

Johnny McKinstry ngo asanga Amavubi akomeje kwitwara neza, agomba kugendera kubyo yungukiye muri CHAN, akaba yabasha kubona tike y’igikombe cya Afurika, aho u Rwanda ruri mu itsinda H hamwe na Ghana, Maurtius na Mozambique, aho hamaze gukinwa imikino ibiri, Amavubi akaba yaratsinzemo umwe wabahuje na Mozambique, atsindwa undi na Ghana.

”Twese twababajwe nuko dusezerewe muri iri rushwanwa muri ¼, ariko ndatekereza ko uku gusezererwa kudateye ikibazo cyane bitewe nuko twari twagerageje. Twagiye tubona amahirwe menshi yo gutsinda umukino mu minota ya nyuma ariko ntitwabashije kuyabyaza umusaruro.

-1968.jpg

Ikipe yagerageje kwitanga ijana ku ijana muri iri rushanwa ndetse yari ishyigikiwe bidasanzwe muri iri rushanwa, haba ku ruhande rwa Perezida wa Repubulika, minisiteri y’imikino n’aba minisitiri, Ferwafa ndetse birumvikana n’abafana bacu bari baje kutuba inyuma uyu munsi ku bwinshi.

Mu gihe cy’amezi 10 gishize, iyi kipe yahaye u Rwanda intsinzi ya mbere yo hanze mu myaka ine yose, yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA ndetse inabasha kugera muri ¼ cy’irushanwa rikomeye nk’iri bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, iyi kipe irakomeye kandi nizeye ko izagera heza bitewe n’ubunararibonye ikuye muri CHAN. Byongeye turi ku mwanya wa kabiri mu itsinda ryo gushaka tike y’igikombe cya Afurika cya 2017 (AFCON 2017).

Turareba ibiri imbere, tuzagendera kubyo twungukiye muri iri rushanwa mu gihe tuzaba dutegura imikino yombi tuzahuramo na Maurtius mu gushaka tike y’igikombe cya Afurikaa, imikino iri mu byumweru 6 biri imbere.Duhagaze neza mu itsinda ryacu, intego ni ukubona amanota 6 ku yandi muri iyi mikino yombi. Ibyo nitubigeraho, tuzaba turi mu mwanya mwiza wo gusunika twegera imbere ku buryo twajya mu gikombe cya Afurika cya 2017 muri Gabon.” – Johnny McKinstry mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma y’umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Congo Kinshasa.

Imikino yo gushaka tike y’igikombe cya Afurika cya 2017 izakomeza mu mpera za Werurwe, aho tariki ya 27 Werurwe 2016, Amavubi azakira ibirwa bya Maurice mu mukino uzabera i Kigali mu gihe Ghana izaba ikina na Mozambique.

Kugeza ubu Ghana iyoboye itsinda rya 8 n’amanota 6, ikurikiwe n’u Rwanda rufite amanota 3 runganya na Maurtius mu gihe Mozambique ifite ubusa ku mwanya wa kane.

Ubwanditsi

2016-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Abakobwa 300 nibo bazagaragara mundirimbo ya Senderi agiye gusohora amashusho yayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016
APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016
APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

Ubwanditsi 24 May 2022
FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Ubwanditsi 06 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!
Amakuru

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League
IMIKINO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ubwanditsi 13 Jan 2019
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi
POLITIKI

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru