• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Ubwanditsi 21 Jan 2018 IMIKINO

Areruya Joseph yanditse amateka aba Umunyafurika wa gatatu ubashije kwegukana isiganwa ry’amagare rya mbere rikomeye kuri uyu mugabane rya “La Tropicale Amissa Bongo”.

Areruya yambaye umwenda w’umuhondo ku wa Kane nyuma yo kwegukana agace ka kane k’iri rushanwa, kuva ubwo akomeza kuwurwanaho nubwo yagize ibyago bamwe mu bakinnyi bamufashaga barimo Ndayisenga Valens na Uwizeyimana Bonaventure bakagwa ku gace ka gatanu bigatuma bahita bava mu irushanwa.

Yatangiye agace ka nyuma kuri iki Cyumweru asiga Holler Nikodemus wari umukurikiye ku rutonde rusange amasegonda 18, arusha Gaudin Damien amasegonda 38 wa gatatu na Koshevoy Ilia wa kane umunota 1:51.

Ibi byamuhaga icyizere ariko bikamusaba gukora cyane kimwe n’abakinnyi batatu ba Team Rwanda yari asigaranye barimo Munyaneza Didier, Ukiniwabo René Jean Paul na Ruberwa Jean.

Intera y’ibilometero 140 y’agace kavaga Bikélé kagasorezwa mu Murwa Mukuru Libreville, Areruya yayirangije ari ku mwanya wa 24 ariko yakomeje gucunga cyane Nikodemus warangije ari uwa 12 ariko bakoresheje ibihe bingana.

Aka gace ka nyuma kegukanywe n’Umutaliyani, Luca Pacioni ukinira ikipe ya Wilier Triestina – Selle Italia akoresheje amasaha 3:07’26” anganya n’abakinnyi 36 bamukurikiye.

Muri rusange iri rushanwa ryari rifite ibilometero 998 byose Areruya yabinyonze mu gihe cy’amasaha 23:52’24” akurikirwa na Nikodemus yarushaga amasegonda 18 naho Gaudin Damien aba uwa gatatu amusiga amasegonda 50.

Areruya abaye umukinnyi w’Umunyafurika wa gatatu mu mateka ubashije kwegukana iri siganwa ryabaga ku nshuro ya 13 nyuma ya Berhane Natnael wo muri Eritrea wabikoze mu 2014 akinira Team Europcar; iyi kipe yo mu Bufaransa yaje guhinduka Direct Énergie ndetse isanzwe ikina amasiganwa akomeye ku Isi nka Tour de France.

Byongeye gukorwa mu 2015 n’Umunya-Tunisia Chtioui Rafaâ wakiniraga Skydive Dubai–Al Ahli Pro Cycling Team yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ibi bivuze ko u Rwanda rwanabaye igihugu cya mbere cya Afurika cyegukanye iri siganwa.

Ibigwi bya Areruya Joseph

Uyu musore yavutse tariki 23 Ugushyingo 1996 mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza. Ni imfura mu muryango w’abana batandatu ba Gahemba Jean Marie Vianney nawe wigeze kuba igihangange mu mukino wo gusiganwa ku magare ndetse agahagararira u Rwanda mu mahanga inshuro zitari nke.

Ntiyabashije kwiga amashuri asanzwe ariko kuva ari umwana muto yakunze igare kurusha ibindi byose. Yegukanye isiganwa rya mbere afite imyaka 15. Icyo gihe yarushanwaga akoresheje igare risanzwe rizwi nka “matabaro” cyangwa ‘pneu ballon’ mu masiganwa y’imirenge.

Yatangiye kwitabira amasiganwa ategurwa na Ferwacy mu 2012 afite imyaka 16 ariko aba umukinnyi w’ikipe y’igihugu mu 2014 atoranyijwe na Jonathan Boyer mu bana bagombaga gukina Shampiyona ya Afurika ya ‘Mountain Bike’.

Yahagarariye u Rwanda bwa mbere muri Kanama 2015 mu isiganwa rya “Brazil Tour do Rio’ gusa ntiyabashije kurangiza. Kuva ubwo yabaye umukinnyi ukomeye ndetse atoranywa gukina Tour du Rwanda ye ya mbere uwo mwaka asoza ari uwa kabiri ku rutonde rusange anafasha cyane Nsengimana Jean Bosco kuyegukana.

Yitabiriye La Tropicale Amissa Bongo bwa mbere mu 2016 ataha ari uwa 63 ku rutonde rusange aba n’uwa kabiri mu gace k’umunsi wa kane kavaga Oyem kajya Ambam. Yitabiriye andi masiganwa atandukanye yitwara neza asoreza umwaka kuri Tour du Rwanda yegukanyemo igihembo cy’umunsi wa kane anarangiza ari uwa kane muri rusange.

Yahise abona ikipe yabigize umwuga ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo iramugura ariko imushyira mu bakiri bato bayo. Byamufashije kumara hafi umwaka yitoreza mu Butaliyani anakina amasiganwa atandukanye i Burayi.

Yongeye kwibutsa Isi yose ko afite impano idasanzwe mu kunyonga igare ubwo yegukanaga igihembo cy’umunsi wa gatanu muri Giro d’Italia y’abatarengeje imyaka 23. Yitwaye neza mu yandi masiganwa mu Bufaransa no mu Butaliyani asoza umwaka wa 2017 yandikisha amateka yegukana Tour du Rwanda 2017 akaba anatangiye neza uwa 2018 mu isiganwa rya mbere awukinnyemo.

2018-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021
Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Ubwanditsi 12 Nov 2022
Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 25 May 2022
Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Ubwanditsi 28 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi
ITOHOZA

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi
Mu Mahanga

Uganda: Abakozi ba leta ntibavuga rumwe ku mushinga wo kujya bishyurwa bubyizi

Ubwanditsi 24 May 2018
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.
Amakuru

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru