• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Sep 2017 Mu Mahanga

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko ifite amakuru ko imirwano iri kubera hafi y’umupaka wa RDCongo n’u Burundi mu Burasirazuba wa RDCongo. Kuva iyo mirwano yakubura, ingabo z’umuryango w’abibumbye zicunga umutekano muri Congo (Monusco) zahise ziherekeza ingabo zabo.

Imirwano yubuye ku wa gatatu mu mujyi wa Uvira utuwe n’abaturage 500.000 ukaba uhana imbibi n’umurwa mukuru w’u Burundi, Bujumbura. Bitandukanyijwe n’ikiyaga cya Tanganyika. Uvira iherereye kuri kilometero 120 uvuye mu Majyepfo y’Umujyi wa Bukavu. Bukavu niwo murwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Nzeli 2017 , imirwano nabwo yakomereje muri uwo Mujyi. Musenyeri Sébastien Muyengo wo muri uwo Mujyi yatangarije AFP ku murongo wa Telefone ko kugeza ubu batazi uyoboye umujyi kuko ngo amasasu ari guturuka buri hamwe kuburyo biri gutuma batava mu nzu zabo.

Undi muturage wo muri uwo Mujyi yatangarije AFP ko hashize amasaha 5 ingabo za Congo, FARDC zirwana n’inyeshyamba zateye zituruka ku kiyaga cya Tanganyika.
Ku cyumweru gishize, imirwano yari igeze kuri kilometero 40 uvuye Uvira mu gice bituranye cyitwa Fizi.

William Yakutumba wahoze mu ngabo za FARDC kuri ubu akaba ayoboye umutwe wamwitiriwe, yari yatangaje ku wa mbere w’iki cyumweru ko bagamije gukura Joseph Kabila ku butegetsi. Muri 2009, Leta ya Congo yashinje uyu mutwe wa William Yakutumba kuba ariwo uteza intambara mu Ntara y’Amajyepfo ya Kivu.

Aba Maï-Maï ni imitwe yirwanaho ishingwa hagendewe cyane cyane ku bwoko runaka. Mu ntambara ya 2 ya Congo (1998-2003), Leta ya Congo yahaye intwaro nyinshi iyi mitwe ngo irwanye abasirikare b’u Rwanda na Uganda ariko imitwe myinshi ntiyigeze isubiza izo ntwaro.

-8177.jpg

-8175.jpg

Ifoto y’Umujyi wa Uvira uwurebeye hejuru

-8176.jpg

Uvira yegeranye cyane na Bujumbura

2017-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Feb 2017
Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga
Amakuru

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Ubwanditsi 14 Mar 2023
Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura
Mu Rwanda

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru