• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Ubwanditsi 05 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ruri munsi y’imyaka 24 ko iterambere igihugu kimaze kugeraho kirikesha ubwitange no gukorana umurava by’abitangiye urugamba rwo kukibohora rwaguyemo benshi, arusaba gukomeza kurisigasira.

Yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa 4 Nyakanga 2018, mu musangiro w’umunsi u Rwanda rwizihizagaho ku nshuro ya 24 Umunsi wo Kwibohora.

Yagize ati “Ntimuzibagirwe na rimwe ko aho turi uyu munsi ari umusaruro wo gukorana imbaraga, ubwitange n’abantu batakaje ubuzima bwabo. Ahazaza hari mu biganza byanyu kandi nimwemera gusubira inyuma, amateka ntazigera abababarira.”

Umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 24, wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Muhanga, aho Perezida Kagame yatashye ku mugaragaro Umudugudu w’Icyitegererezo wa Horezo ufite agaciro ka miliyari zisaga eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, watujwemo imiryango 100 yo mu Mirenge ya Rongi na Nyabinoni yari ituye mu manegeka.

Yasabye abaturage bo mu Karere ka Muhanga mu gice cyahoze cyitwa Ndiza, ubufatanye mu gukomeza kubaka igihugu nk’uko babigaragaje mu kurwanya abacengezi mu myaka 20 ishize.

Yagize ati “Uko twafatanyije muri urwo rugamba rw’amasasu rwo kwibohora n’ibindi bikorwa byose byabaye icyo gihe byari binagoranye, ni ko twifuza gufatanya urugamba rw’ubukungu, rw’imibereho myiza, rw’umutekano, ibyo ntabwo twabigeraho tudafatamyije n’abaturage.”

Mu rugamba rwo kubohora igihugu, uretse abasirikare hari abandi Banyarwanda batanze umusanzu ukomeye nubwo batagiye ku rugamba rw’amasasu hagati ya 1990 na 1994, bateye imbaraga abarwanyi, batanga ibyo bashoboye byose kugira ngo rugende neza.

Ku munsi wo kwibohora, Abanyarwanda bazirikana ubwo ingabo za RPA zari iza FPR-Inkotanyi zahagarikaga Jenoside mu 1994 zigashyiraho Guverinoma y’Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda, ica akarengane, ivangura n’irondamoko mu gihugu, ishyira imbere urugamba rw’iterambere.

Uru rugamba rwatangiye ku wa 1 Ukwakira 1990, itariki yanditse ku mitima y’Abanyarwanda kuko ari wo munsi hatangiye urugendo ruganisha ku iterambere n’umudendezo igihugu gifite ubu.

Urugamba rwo kubohora u Rwanda ruvugwamo byinshi ariko ibigarukwaho na benshi ni ubutwari, umurava no kudasubira inyuma byaranze ingabo, zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi yari iri kuba mu Rwanda amahanga arebera. Urwo rugamba rwayobowe n’abiganjemo urubyiruko rwanze guhera ishyanga no kuba insina ngufi ahubwo rutitaye ku nzira y’inzitane rwanyuragamo, ruhara ubuzima bwarwo ngo igihugu gitekane.

Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ruri munsi y’imyaka 24 ko iterambere igihugu kimaze kugeraho kirikesha ubwitange no gukorana umurava by’abitangiye urugamba rwo kukibohora

Perezida Kagame yeretswe urukundo nk’ikimenyetso cyo kuzirikana ko yitangiye kuyobora urugamba rwo kubohora igihugu

2018-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Ubwanditsi 23 Jul 2020
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 08 Kanama 2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025

Igitekerezo kimwe

  1. dada
    July 6, 201811:05 am -

    Urwo n urugamba rwarwanye abana b imyaka 16 kubera ishyaka ry igihugu cyabo n igisuzuguro bari baragiriye mu mahanga barahaguruka bari bazi ikibajyanye ko atar ukurya no kunywa ,umurava,urukundo ku gihugu cyabo,MWARAKOZE BANA B U RWANDA DUSHIMIRA CYANE NA PRESIDENT WACU PAUL KAGAME WABAGIYE IMBERE NDABAKUNDA NKABURA UKO NGIRA,IMANA IZABAMPER UMUGISHA!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano
Mu Mahanga

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga
ITOHOZA

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Ubwanditsi 16 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru