• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 01 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Uruhurirane rw’icyoba, ikimwaro n’ihungabana, ngiyo isura Perezida Evariste Ndayishimiye w’uBurundi yaraye agaragagarije abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga muri icyo gihugu, aho kubakiriza akanyamuneza ko kubifuriza umwaka mushya mwiza yari yabatumiriye.

Abakurikiranira hafi ibibera muri aka karere k’Ibiyaga Bigari, basanga kwakiriza abo bashyitsi amarira, kwiheba no kwikoma uRwanda, Perezida Neva yabitewe n’akaga abasirikari b’uBurundi bakomeje guhurira nako muri Kongo, mu gihe yari yijeje munywanyi we Tshisekedi kumurwanirira no kumukiza abarwanyi ba M23, none ari Tshisekedi, ari Ndayishimiye, n’abandi babashyigikiye bakaba bakubitwa iz’akabwana ku rugamba.

Gutsindwa bya hato na hato ku rugamba, n’igitutu cy’imiryango yishyuza Neva abana babo batikirira mu ntambara yabashoyemo ku nyungu ze bwite, biraza byiyongera ku bukungu bugeze aharindimuka, aho Abarundi bari mu bukene batigeze bagira mu mateka y’igihugu cyabo.

Kimwe na mugenzi we Tshisekedi, Neva nawe iyo abuze ibisobanuro kuri ruswa n’ubuswa, ivanguramoko, n’andi manjwe aranga imiyobore ye, ahitamo gukinga abaturage ibikarito mu maso, ngo uRwanda nirwo nyirabayazana!

Icyakora Neva na Tshisekedi barabizi ko iki ari ikinyoma kitazaramba. Nk’uko M23 yafashe intwaro ikiyemeza guca ikinyoma no kubaka Kongo ibereye Abakongomani bose, Neva nawe arabibona ko ruriye abandi rutamwibagiwe. Za RED-TABARA ziryamiye amajanja hakurya aho muri Kongo.

Ifatwa rya Goma n’utundi duce twinshi nka Minova na Rubaya byari birinzwe n’abasirikari b’Abarundi, ndetse ubu M23 ikaba igenda yigarurira ibirindiro bikomeye muri Kivu y’Amajyepfo, birarushaho gushyira Neva n’ibyegera bye mu mazi abira, kuko mu gihe M23 izaba igenzura umupaka wa Kongo n’uBurundi, ubutegetsi bwa CNDD-FDD bwabaswe n’ingengabitekerezo ya jenoside, buzaba busatira iherezo.

Ubwoba bwa Neva burumvikana kandi, kuko M23 niyigarurira Kivu y’Amajyepfo, inzira zo kujya gukorera amadolari ya Tshisekedi, atitaye ku maraso y’Abarundi n’Abakongomani ahamenekera, zizaba zifunzwe.

Muri ayo maganya yakiranye abadipolomate, Neva yavuze ko ngo azi neza ko intambara iri muri Kongo no mu Burundi izahagera. Izahagera nyine natitandukanya na FDLR basangiye ingengabitekerezo ya jenoside!

Niba ubutegetsi bwo mu Burundi butifiza ko ibibera muri Kongo byagera no mu gihugu cyabo, nibareke gucumbikira abajenosideri ba FDLR mu ishyamba rya Kibira, no kuyishyigikira mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’uRwanda. Nibitaba ibyo, ntibazaboroge uRwanda nirushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Niba Neva atifuza ko umuriro uri muri Kongo amaherezo nawe yazawota, nareke gukomeza gushuka Tshisekedi ko ibibazo bya Kongo bizarangizwa n’intambara, ahubwo amugire inama yo kuyoboka inzira y’ibiganiro.

Erega n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Kongo byaje twese tubireba, ku buryo byashoboraga gukumirwa iyo abategetsi b’icyo gihugu batigira ingumba z’amatwi. Iyo imishyikirano ihabwa agaciro nk’uko M23 itahwemye kubisaba se, ubu Tshisekedi yari kuba yikoreye amaboko, atabaza umuhisi n’umugenzi?!

Intandaro y’ibyo tubona uyu munsi muri Kongo, ni imyitwarire y’abategetsi b’iki gihugu basigasiye abari bamaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, aho kubambura intwaro no kubasubiza iwabo mu mahoro, ahubwo bakashyira ku ibere.

Nguko uko FDLR yiraye mu Batutsi bo muri Kongo irabica, ibarira inka, ibanyaga amasambu, abacitse ku icumu bahungira mu bihugu byo muri aka karere. Uretse kwigiza nkana se, ninde utarabonaga ko amaherezo abo Bakongomani bazahaguruka bakarwanira uburenganzira bwabo?

FDLR rero ni imungu y’amahoro, aho yageze imidugararo iravuka. Kuyicirira iwawe cyangwa kunywana nayo, ubwo nyine uba wiyemeje ko muzasangira n’ibyo izakuzanira.

2025-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Ubwanditsi 21 Apr 2016
Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Ubwanditsi 19 Jan 2023
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ubwanditsi 14 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF
ITOHOZA

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye  kubera ubuyobozi bwiza
Mu Mahanga

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru