• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa kane taliki ya 30 Ugushyingo mu gitondo, nibwo itsinda ry’abapolisi 240, bari mu mitwe ibiri(FPU) ariyo CAR I na CAR II  buriye indege berekeza mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu gihugu cya Centrafurika MINUSCA, aho bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamazeyo umwaka, nabo bageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane.

 Ku kibuga mpuzamahanga cy’indege, aba bapolisi bari baherekejwe na bamwe mu bayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda bari bayobowe na Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera wabifurije kuzagira akazi keza mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.
Umutwe wa mbere  CAR I ugiye gukorera mu murwa mukuru Bangui, ugizwe n’abapolisi 140 barimo abagore 14, bakaba bayobowe na Chief Superintendent of Police(CSP) Sam Rumanzi bakaba bagiye gusimbura bagenzi babo bakora akazi ko kurinda abayobozi, bimwe mu bikorwa remezo n’abaturage..bari bayobowe na Assistant Commissioner(ACP) Elias Mwesigye.
Umutwe wa kabiri CARII wo, ugiye gukorera ahitwa Kaga-Bandoro, ukaba ugizwe nawo n’abapolisi 140 barimo 14 b’igitsinagore, ukaba uyobowe na Chief Superintendent of Police(CSP) Jean Baptiste Rutaganira, nawo ukaba ugiye gusimbura bagenzi babo bamaze umwaka muri kariya gace bayobowe na  CSP Jean Claude Kajeguhakwa.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, nibwo hakiriwe imitwe ibiri, uwakoreraga Bangui ariwo usimburwa na CAR I uri kumwe n’uwakoreraga Kaga-Bandoro wasimbuwe na CAR II, bose bagera kuri 240 bakaba bahawe ikaze  na ACP William Kayitare wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda.
 Mu ijambo yavugiye ku kibuga cy’indege, ACP Elias Mwesigye ari nawe wari ubayoboye yavuze ko yishimiye kugarukana abo yari ayoboye nyuma yo kurangiza neza inshingano bari bafite mu butumwa barimo.
ACP Mwesigye yagize ati:” Mu nshingano z’ibanze twari dufite, iya mbere yari iyo kurinda abaturage b’abasivili, abakozi ba Loni bari mu butumwa bw’amahoro, gufasha mu bikorwa byo kugeza imfashanyo ku bayikeneye ndetse no gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano zaho kuwugarura aho bikenewe; kandi twabikoze neza uko byasabwaga.”
 Yongeyeho ko, abapolisi b’u Rwanda by’umwihariko, bashimiwe kurinda abaturage bari mu nkambi ya Kaga-Bandoro ubwo yari itewe n’abitwaje intwaro aho yagize ati:” Ibi twabishimiwe by’umwiharikon’ubuyobozi bwa Loni  imbere y’amahanga.”
 Asoza kandi, yavuze ko, nk’uko abababanjirije babikoze, abapolisi b’u Rwanda basizeyo umuco wo gukora umuganda kandi babitoje n’abaturage babo, aho yavuze ko ari ubudasa buri mu biranga zimwe mu ndangagaciro z’Abanyarwanda.
 Uretse aba bagiye mu bikorwa byo kurinda no kubungabunga umutekano w’abaturage n’ibyabo, ku wa gatandatu taliki ya 2 Ukuboza, hazagenda undi mutwe w’abapolisi bashinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu PSU cyangwa Protection Support Unit, uyu ukazaba ugizwe n’abapolisi 140 barimo 8 b’igitsinagore; ukazaba uyobowe na Assistant Commissioner of Police(ACP) Emmanuel Hatari.
 Uyu mutwe nawo ukaba uzasimbura undi nkawo usanzwe ukorera mu murwa mukuru wa Bangui, ukaba uyobowe na ACP Balthelemy Rugwizangoga,  aho urinda abayobozi ba kiriya gihugu uhereye kuri Minisitiri w’Intebe wacyo n’abandi bayobozi, hakiyongeraho n’abashyitsi bakomeye ba kiriya gihugu.
Umutwe wa PSU  uzajyayo ukaba ari uwa gatatu muri MINUSCA, CAR II nayo yagiye ikaba ari iya gatatu muri buriya butumwa mu gihe CAR I yo, igiyeyo ari iya kane kuko ariyo yabimburiye indi mitwe ya Polisi y’u Rwanda muri muriya butumwa mu Ugushyingo  2014.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 10 Gicurasi 1994: Perezida Mitterand yavugiye amagambo kuri televiziyo ashyigikora abakoraga jenoside

Iya 10 Gicurasi 1994: Perezida Mitterand yavugiye amagambo kuri televiziyo ashyigikora abakoraga jenoside

Ubwanditsi 10 May 2018
Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 18 May 2017
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga
Mu Rwanda

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo
INKURU NYAMUKURU

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018
AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe
Amakuru

AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe

Ubwanditsi 16 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru