• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Profesa Malonga Pacifique, uzwi ku maradiyo na televiziyo mu Rwanda nka Mwalimu w’igiswahili ati kutiga ngo umenye igiswahili muri iki gihe nikunyagwa zigahera.

Uyu mugabo Malonga naganiriye nawe ejo avuye mu nama ya CHAUKIDU Nairobi ansubiza muri aya magambo:

Daniel: Tubwire neza inama uvuyemo.

Profesa Malonga: Mvuye mu nama I Nairobi ya CHAUKIDU, bivuze ihuriro mpuzampanga ry’igiswahili twita “Chama Cha Ukuzaji Wa Kiswahili Duniani” rigizwe n’abanyamuryango batandukanye bava mu bihugu n’imigabane yose, bagamije guteza imbere ururimi rw’igiswahili mu gihugu bakomokamo, akarere, umugabane n’isi yose. Afurika, Amerika, Asia, Uburayi na Ostraliya.

Daniel: niki mugamije na gahunda yanyu iteye ite? Amikoro muyavanahe?

Profesa Malonga: Amikoro?

Iyo umuntu ari muzima, afite umutwe ukora neza, afite ubushake ibintu byose birashoboka kuko mu giswahili bavuga bati: Kwenye nia hapakosi njia” cyangwa mucyongereza “Where there is a will there is a way”. Ahari umwete n’ubushake amata araboneka kuko umuntu akama izo aragiye nkuko bavuga mu Kinyarwanda.

Nubwo gahunda yacu itariyo gukama izo turagiye, icyo dushaka nuguteza imbere ururimi rw’igiswahili ku mpande zose z’isi ariko cyane cyane umuntu atangiriye mu gihugu cye. Jyewe rero natangiriye mu Rwanda nk’igihugu cyanjye.

Daniel: Ni ubuhe buryo ukoresha muri gahunda yawe?

Profesa Malonga: Gahunda yo guteza imbere mu Rwanda nayitangiye aho U Rwanda rwinjiriye muri EAC cyangwa umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba nkaba narabonaga ari byiza kandi ari ngombwa ko abanyarwanda barushaho kumenyana, gusabana guhahirana no kurushaho kwisanzura haba mu bucuruzi, kwiga n’ibindi byinshi no gukura inyungu muri uyu muryango.

Aha rero natangiye gukangurira abanyarwanda, inyungu zo kumenya Igiswahili, ntangira kwigisha amasomo y’ibanze kuri Radio Rwanda na Televisiyo y’ U Rwanda n’ayandi maradiyo nka VOA n’ayandi. Nakomeje nkora za CD na DVD z’igiswahili, Kwandika ibitabo nkikitwa “Three In One: Ikinyarwanda, Kiswahili n’Icyongereza” na “Jifunze Kiswahili kwa Raha”

Ndetse niyemeza gusura uturere twose n’amashuli mbereka inyungu zo kumenya Igiswahili

Daniel: urabona akazi wiyemeje gatera imbere – ugejeje he?

Profesa Malonga: Mu gihe natangiraga abantu bake barabyumvaga ariko ubu hafi y’abanyarwanda bose nkurikije abo tuganira bifuza kwiga no kumenya igiswahili.

Mbere bumvaga ari ururimi rw’abajura n’abayisilamu ariko ubu barabizi neza ko ari ingirakamaro kandi ari ururimi rworoshye kwiga, rwiza kandi rwafasha abantu kwiteza imbere mu bucuruzi, ubuvuzi, kwiga n’imigenderanire muri rusange mu karere n’ahandi.

Ndishimira cyane ko Leta Y’U Rwanda, inama y’aba minisitiri yarwemeje nk’ururimi rwa kane mu Rwanda. Aha rero barebye kure, bafashe icyemezo cyiza cyane kizafasha Abanyarwanda.

Ndizera ko mu minsi ya vuba nibijya mu bikorwa bizarushaho kuba byiza no kugaragarira rubanda kandi icyo abanyarwanda biyemeje baragikora. Ndashima cyane cyane Perezida Paul KAGAME dore ndetse ko avuga Igiswahili neza iyo ari za EAC nka Tanzania na Kenya. Uwiteka amuhe ubuzima bwiza akomeze kutuyobora kuko ni nka Mose cyangwa Mussa wo muri Biblia.

Daniel: Urifuza kubwira iki abasomyi b’iki kinyamakuru!

Profesa Malonga: Nibige bamenye Igiswahili, kizabafasha muri byinshi basome ibitabo bya Malonga n’ibindi bizabafasha! Ngire nti: “Iga Igiswahili ku nyungu zawe n’urubyaro rwawe Kandi Gufasha no gukorera abantu bitanga ingororano niyo haba nyuma yo gupfa iraza.

-5131.jpg

Daniel: Urakoze Profesa Malonga.

2016-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018
FDLR  igeze mu marembera

FDLR igeze mu marembera

Ubwanditsi 16 May 2016
Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Amakuru

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe
Amakuru

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Ubwanditsi 06 Dec 2025
Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi
Mu Rwanda

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru