• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Ubwanditsi 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Profesa Malonga Pacifique, uzwi ku maradiyo na televiziyo mu Rwanda nka Mwalimu w’igiswahili ati kutiga ngo umenye igiswahili muri iki gihe nikunyagwa zigahera.

Uyu mugabo Malonga naganiriye nawe ejo avuye mu nama ya CHAUKIDU Nairobi ansubiza muri aya magambo:

Daniel: Tubwire neza inama uvuyemo.

Profesa Malonga: Mvuye mu nama I Nairobi ya CHAUKIDU, bivuze ihuriro mpuzampanga ry’igiswahili twita “Chama Cha Ukuzaji Wa Kiswahili Duniani” rigizwe n’abanyamuryango batandukanye bava mu bihugu n’imigabane yose, bagamije guteza imbere ururimi rw’igiswahili mu gihugu bakomokamo, akarere, umugabane n’isi yose. Afurika, Amerika, Asia, Uburayi na Ostraliya.

Daniel: niki mugamije na gahunda yanyu iteye ite? Amikoro muyavanahe?

Profesa Malonga: Amikoro?

Iyo umuntu ari muzima, afite umutwe ukora neza, afite ubushake ibintu byose birashoboka kuko mu giswahili bavuga bati: Kwenye nia hapakosi njia” cyangwa mucyongereza “Where there is a will there is a way”. Ahari umwete n’ubushake amata araboneka kuko umuntu akama izo aragiye nkuko bavuga mu Kinyarwanda.

Nubwo gahunda yacu itariyo gukama izo turagiye, icyo dushaka nuguteza imbere ururimi rw’igiswahili ku mpande zose z’isi ariko cyane cyane umuntu atangiriye mu gihugu cye. Jyewe rero natangiriye mu Rwanda nk’igihugu cyanjye.

Daniel: Ni ubuhe buryo ukoresha muri gahunda yawe?

Profesa Malonga: Gahunda yo guteza imbere mu Rwanda nayitangiye aho U Rwanda rwinjiriye muri EAC cyangwa umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba nkaba narabonaga ari byiza kandi ari ngombwa ko abanyarwanda barushaho kumenyana, gusabana guhahirana no kurushaho kwisanzura haba mu bucuruzi, kwiga n’ibindi byinshi no gukura inyungu muri uyu muryango.

Aha rero natangiye gukangurira abanyarwanda, inyungu zo kumenya Igiswahili, ntangira kwigisha amasomo y’ibanze kuri Radio Rwanda na Televisiyo y’ U Rwanda n’ayandi maradiyo nka VOA n’ayandi. Nakomeje nkora za CD na DVD z’igiswahili, Kwandika ibitabo nkikitwa “Three In One: Ikinyarwanda, Kiswahili n’Icyongereza” na “Jifunze Kiswahili kwa Raha”

Ndetse niyemeza gusura uturere twose n’amashuli mbereka inyungu zo kumenya Igiswahili

Daniel: urabona akazi wiyemeje gatera imbere – ugejeje he?

Profesa Malonga: Mu gihe natangiraga abantu bake barabyumvaga ariko ubu hafi y’abanyarwanda bose nkurikije abo tuganira bifuza kwiga no kumenya igiswahili.

Mbere bumvaga ari ururimi rw’abajura n’abayisilamu ariko ubu barabizi neza ko ari ingirakamaro kandi ari ururimi rworoshye kwiga, rwiza kandi rwafasha abantu kwiteza imbere mu bucuruzi, ubuvuzi, kwiga n’imigenderanire muri rusange mu karere n’ahandi.

Ndishimira cyane ko Leta Y’U Rwanda, inama y’aba minisitiri yarwemeje nk’ururimi rwa kane mu Rwanda. Aha rero barebye kure, bafashe icyemezo cyiza cyane kizafasha Abanyarwanda.

Ndizera ko mu minsi ya vuba nibijya mu bikorwa bizarushaho kuba byiza no kugaragarira rubanda kandi icyo abanyarwanda biyemeje baragikora. Ndashima cyane cyane Perezida Paul KAGAME dore ndetse ko avuga Igiswahili neza iyo ari za EAC nka Tanzania na Kenya. Uwiteka amuhe ubuzima bwiza akomeze kutuyobora kuko ni nka Mose cyangwa Mussa wo muri Biblia.

Daniel: Urifuza kubwira iki abasomyi b’iki kinyamakuru!

Profesa Malonga: Nibige bamenye Igiswahili, kizabafasha muri byinshi basome ibitabo bya Malonga n’ibindi bizabafasha! Ngire nti: “Iga Igiswahili ku nyungu zawe n’urubyaro rwawe Kandi Gufasha no gukorera abantu bitanga ingororano niyo haba nyuma yo gupfa iraza.

-5131.jpg

Daniel: Urakoze Profesa Malonga.

2016-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…
IMIKINO

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Ubwanditsi 21 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru