• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Ubwanditsi 19 Apr 2019 IMIKINO

Arsenal yaraye itsindiye Napoli iwayo igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ¼ cya Europa League, ibona itike yo gukomeza muri ½ aho izahura na Valencia yo muri Espagne. Chelsea na yo yakomeje imaze gutsinda Slavia Prague ibitego 4-3 mu mukino wo kwishyura.

Napoli yari yakiriye uyu mukino nyuma yo gutsindirwa ibitego 2-0 mu Bwongereza, mu mukino ubanza wabaye mu cyumweru gishize, yasabwaga gutsinda uyu mukino byibuze ku kinyuranyo cy’ibitego bitatu.

Iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti yagerageje gushaka igitego mu minota ya mbere y’uyu mukino wo kwishyura, ariko igasanga na Arsenal ihagaze neza, aho nta buryo bukomeye bugana mu izamu bwabonetse mu minota 15 ibanza.

Umunyezamu wa Arsenal, Petr Cech, yakoze akazi gakomeye akuramo umupira wari utewe na Jose Callejon ahagana ku munota wa 16 mbere y’uko Napoli yangirwa igitego cyatsinzwe na Arkadiusz Milik umusifuzi avuga ko habayeho kurarira.

Nyuma yo kuvunikisha Aaron Ramsey wagize ikibazo cy’iminsi akava mu kibuga ku munota wa 33 w’umukino, Arsenal yafunguye amazamu ku mupira w’umuterekano wavuye ku ikosa ryari rimaze gukorerwa kuri Alexandre Lacazette, aba ari na we urihana, atera umupira umunyezamu Meret atigeze akurikira, uruhukira mu izamu.

Napoli yongeye gusa n’iyihariye uyu mukino, igerageza uburyo butandukanye ku bakinnyi barimo Lorenzo Insigne na Milik, ariko imipira yose bateye ntibashe kugera mu izamu rya Petr Cech mu gihe Pierre- Emerick Aubameyang yahushije igitego cyabazwe nyuma y’iminota mike amakipe yombi avuye kuruhuka, umupira ujya hejuru y’izamu ukozweho n’umunyezamu Meret.

Arsenal yatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, ikomeza muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 3-0 mu mikino yombi. Uyu, wari umukino wa 50 iyi kipe yo mu Bwongereza yatozwagamo na Unai Emery.

Indi mikino ya ¼ yabaye kuri uyu wa Kane, Chelsea yatsinze Slavia Prague ibitego 4-3, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-3 mu mikino yombi.

Eintracht Frankfurt yatsinze Benfica ibitego 2-0, amakipe yombi anganya ibitego 4-4 mu mikino yombi, iyi kipe yo mu Budage ikomeza ku bitego yatsindiye hanze mu gihe Valencia yasezereye Villarreal ku bitego 5-1 mu mikino yombi, ni nyuma yo kuyitsinda 2-0 mu mukino wo kwishyura.

Muri ½, imikino ibanza izaba tariki ya 2 Gicurasi, aho Arsenal izahura na Valencia undi mukino uhuze Eintrancht Frankfurt na Chelsea mu gihe imikino yo kwishyura izakinwa tariki ya 9 Gicurasi 2019.

Aaron Ramsey waguzwe na Juventus ashobora kuba atazongera kugaragara mu mwambaro wa Arsenal nyuma yo kuvunika

Abafana ba Napoli bari bacanye ibishashi

Abakinnyi ba Arsenal bishimira igitego cyabahesheje intsinzi muri uyu mukino

Alexandre Lacazette ahana ikosa ryavuyemo igitego cya Arsenal

Arkadiusz Milik yatsindiye Napoli igitego ku munota wa 24, umusifuzi aracyanga

Faouzi Ghoulam ahobera mugenzi we Lorenzo Insigne wari usimbuwe mu gice cya kabiri

Jose Callejon yahushije igitego ku mupira we wasubijwe inyuma na Petr Cech

Lacazette yateye umupira ahana ikosa, uruhukira mu izamu

Meret yabangamiye Aubameyang amubuza gutsinda mu minota ibanza y’igice cya kabiri

Unai Emery yatozaga umukino wa 50 muri Arsenal

Uyu rutahizamu w’Umufaransa ni we utsindiye Arsenal kuri coup-franc muri Europa League nyuma ya Thierry Henry mu 2003

Sokratis Papastathopoulos agerageza guturisha Kalidou Koulibaly wari urakaranyije na Laurent Koscielny mu rubuga rw’amahina rwa Arsenal

Src : IGIHE

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyoma cya Major  Rutayomba  Theogene  na  Rado Itahuka cyakubiswe   kitarenze umutaru  ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Ikinyoma cya Major Rutayomba Theogene na Rado Itahuka cyakubiswe kitarenze umutaru ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 17 Mar 2016
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame
Amakuru

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika
Mu Mahanga

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru