• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Ubwanditsi 19 Apr 2019 IMIKINO

Arsenal yaraye itsindiye Napoli iwayo igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ¼ cya Europa League, ibona itike yo gukomeza muri ½ aho izahura na Valencia yo muri Espagne. Chelsea na yo yakomeje imaze gutsinda Slavia Prague ibitego 4-3 mu mukino wo kwishyura.

Napoli yari yakiriye uyu mukino nyuma yo gutsindirwa ibitego 2-0 mu Bwongereza, mu mukino ubanza wabaye mu cyumweru gishize, yasabwaga gutsinda uyu mukino byibuze ku kinyuranyo cy’ibitego bitatu.

Iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti yagerageje gushaka igitego mu minota ya mbere y’uyu mukino wo kwishyura, ariko igasanga na Arsenal ihagaze neza, aho nta buryo bukomeye bugana mu izamu bwabonetse mu minota 15 ibanza.

Umunyezamu wa Arsenal, Petr Cech, yakoze akazi gakomeye akuramo umupira wari utewe na Jose Callejon ahagana ku munota wa 16 mbere y’uko Napoli yangirwa igitego cyatsinzwe na Arkadiusz Milik umusifuzi avuga ko habayeho kurarira.

Nyuma yo kuvunikisha Aaron Ramsey wagize ikibazo cy’iminsi akava mu kibuga ku munota wa 33 w’umukino, Arsenal yafunguye amazamu ku mupira w’umuterekano wavuye ku ikosa ryari rimaze gukorerwa kuri Alexandre Lacazette, aba ari na we urihana, atera umupira umunyezamu Meret atigeze akurikira, uruhukira mu izamu.

Napoli yongeye gusa n’iyihariye uyu mukino, igerageza uburyo butandukanye ku bakinnyi barimo Lorenzo Insigne na Milik, ariko imipira yose bateye ntibashe kugera mu izamu rya Petr Cech mu gihe Pierre- Emerick Aubameyang yahushije igitego cyabazwe nyuma y’iminota mike amakipe yombi avuye kuruhuka, umupira ujya hejuru y’izamu ukozweho n’umunyezamu Meret.

Arsenal yatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, ikomeza muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 3-0 mu mikino yombi. Uyu, wari umukino wa 50 iyi kipe yo mu Bwongereza yatozwagamo na Unai Emery.

Indi mikino ya ¼ yabaye kuri uyu wa Kane, Chelsea yatsinze Slavia Prague ibitego 4-3, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-3 mu mikino yombi.

Eintracht Frankfurt yatsinze Benfica ibitego 2-0, amakipe yombi anganya ibitego 4-4 mu mikino yombi, iyi kipe yo mu Budage ikomeza ku bitego yatsindiye hanze mu gihe Valencia yasezereye Villarreal ku bitego 5-1 mu mikino yombi, ni nyuma yo kuyitsinda 2-0 mu mukino wo kwishyura.

Muri ½, imikino ibanza izaba tariki ya 2 Gicurasi, aho Arsenal izahura na Valencia undi mukino uhuze Eintrancht Frankfurt na Chelsea mu gihe imikino yo kwishyura izakinwa tariki ya 9 Gicurasi 2019.

Aaron Ramsey waguzwe na Juventus ashobora kuba atazongera kugaragara mu mwambaro wa Arsenal nyuma yo kuvunika

Abafana ba Napoli bari bacanye ibishashi

Abakinnyi ba Arsenal bishimira igitego cyabahesheje intsinzi muri uyu mukino

Alexandre Lacazette ahana ikosa ryavuyemo igitego cya Arsenal

Arkadiusz Milik yatsindiye Napoli igitego ku munota wa 24, umusifuzi aracyanga

Faouzi Ghoulam ahobera mugenzi we Lorenzo Insigne wari usimbuwe mu gice cya kabiri

Jose Callejon yahushije igitego ku mupira we wasubijwe inyuma na Petr Cech

Lacazette yateye umupira ahana ikosa, uruhukira mu izamu

Meret yabangamiye Aubameyang amubuza gutsinda mu minota ibanza y’igice cya kabiri

Unai Emery yatozaga umukino wa 50 muri Arsenal

Uyu rutahizamu w’Umufaransa ni we utsindiye Arsenal kuri coup-franc muri Europa League nyuma ya Thierry Henry mu 2003

Sokratis Papastathopoulos agerageza guturisha Kalidou Koulibaly wari urakaranyije na Laurent Koscielny mu rubuga rw’amahina rwa Arsenal

Src : IGIHE

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yemerewe kwakirira Benin kuri Kigali Pele Stadium nta bafana bahari

Ubwanditsi 25 Mar 2023
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Ubwanditsi 24 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day
Amakuru

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Ubwanditsi 22 Jul 2025
Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru