• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Arsenal na Chelsea zabonye itike ya ½ cya Europa League

Ubwanditsi 19 Apr 2019 IMIKINO

Arsenal yaraye itsindiye Napoli iwayo igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ¼ cya Europa League, ibona itike yo gukomeza muri ½ aho izahura na Valencia yo muri Espagne. Chelsea na yo yakomeje imaze gutsinda Slavia Prague ibitego 4-3 mu mukino wo kwishyura.

Napoli yari yakiriye uyu mukino nyuma yo gutsindirwa ibitego 2-0 mu Bwongereza, mu mukino ubanza wabaye mu cyumweru gishize, yasabwaga gutsinda uyu mukino byibuze ku kinyuranyo cy’ibitego bitatu.

Iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti yagerageje gushaka igitego mu minota ya mbere y’uyu mukino wo kwishyura, ariko igasanga na Arsenal ihagaze neza, aho nta buryo bukomeye bugana mu izamu bwabonetse mu minota 15 ibanza.

Umunyezamu wa Arsenal, Petr Cech, yakoze akazi gakomeye akuramo umupira wari utewe na Jose Callejon ahagana ku munota wa 16 mbere y’uko Napoli yangirwa igitego cyatsinzwe na Arkadiusz Milik umusifuzi avuga ko habayeho kurarira.

Nyuma yo kuvunikisha Aaron Ramsey wagize ikibazo cy’iminsi akava mu kibuga ku munota wa 33 w’umukino, Arsenal yafunguye amazamu ku mupira w’umuterekano wavuye ku ikosa ryari rimaze gukorerwa kuri Alexandre Lacazette, aba ari na we urihana, atera umupira umunyezamu Meret atigeze akurikira, uruhukira mu izamu.

Napoli yongeye gusa n’iyihariye uyu mukino, igerageza uburyo butandukanye ku bakinnyi barimo Lorenzo Insigne na Milik, ariko imipira yose bateye ntibashe kugera mu izamu rya Petr Cech mu gihe Pierre- Emerick Aubameyang yahushije igitego cyabazwe nyuma y’iminota mike amakipe yombi avuye kuruhuka, umupira ujya hejuru y’izamu ukozweho n’umunyezamu Meret.

Arsenal yatsinze uyu mukino ku gitego 1-0, ikomeza muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 3-0 mu mikino yombi. Uyu, wari umukino wa 50 iyi kipe yo mu Bwongereza yatozwagamo na Unai Emery.

Indi mikino ya ¼ yabaye kuri uyu wa Kane, Chelsea yatsinze Slavia Prague ibitego 4-3, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-3 mu mikino yombi.

Eintracht Frankfurt yatsinze Benfica ibitego 2-0, amakipe yombi anganya ibitego 4-4 mu mikino yombi, iyi kipe yo mu Budage ikomeza ku bitego yatsindiye hanze mu gihe Valencia yasezereye Villarreal ku bitego 5-1 mu mikino yombi, ni nyuma yo kuyitsinda 2-0 mu mukino wo kwishyura.

Muri ½, imikino ibanza izaba tariki ya 2 Gicurasi, aho Arsenal izahura na Valencia undi mukino uhuze Eintrancht Frankfurt na Chelsea mu gihe imikino yo kwishyura izakinwa tariki ya 9 Gicurasi 2019.

Aaron Ramsey waguzwe na Juventus ashobora kuba atazongera kugaragara mu mwambaro wa Arsenal nyuma yo kuvunika

Abafana ba Napoli bari bacanye ibishashi

Abakinnyi ba Arsenal bishimira igitego cyabahesheje intsinzi muri uyu mukino

Alexandre Lacazette ahana ikosa ryavuyemo igitego cya Arsenal

Arkadiusz Milik yatsindiye Napoli igitego ku munota wa 24, umusifuzi aracyanga

Faouzi Ghoulam ahobera mugenzi we Lorenzo Insigne wari usimbuwe mu gice cya kabiri

Jose Callejon yahushije igitego ku mupira we wasubijwe inyuma na Petr Cech

Lacazette yateye umupira ahana ikosa, uruhukira mu izamu

Meret yabangamiye Aubameyang amubuza gutsinda mu minota ibanza y’igice cya kabiri

Unai Emery yatozaga umukino wa 50 muri Arsenal

Uyu rutahizamu w’Umufaransa ni we utsindiye Arsenal kuri coup-franc muri Europa League nyuma ya Thierry Henry mu 2003

Sokratis Papastathopoulos agerageza guturisha Kalidou Koulibaly wari urakaranyije na Laurent Koscielny mu rubuga rw’amahina rwa Arsenal

Src : IGIHE

2019-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Ubwanditsi 13 May 2019
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Simon Pellaud atwaye agace ka Nyanza-Rubavu yambura Maillot Jaune Areruya Joseph

Ubwanditsi 14 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwemeje intsinzi ya Tshisekedi, Fayulu abitera utwatsi yiyita ko ariwe Perezida wa RDC

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45
IMIKINO

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Ubwanditsi 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru