• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikinyoma cya Major Rutayomba Theogene na Rado Itahuka cyakubiswe kitarenze umutaru ( Yavuguruwe )

Ikinyoma cya Major Rutayomba Theogene na Rado Itahuka cyakubiswe kitarenze umutaru ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 17 Mar 2016 ITOHOZA

Ntihashize iminsi myinshi uyu mugabo wiyita ko arwanya ubutegetsi mu Rwanda yongeye guseba aho yihanukiriye akemeza ko umugabo ushakishwa n’ubutabera mu Rwanda kubera ibyaha by’ubujura uherutse gufatirwa mu gihugu cy’u Burundi ari umusirikare w’intasi w’u Rwanda woherejwe muri kiriya gihugu kuneka. Akanongeraho ko yamukoreshe.

Uyu mujura wafatiwe mu gihugu cy’u Burundi witwa RUCYAHINTARE Cyprien akitwa intasi y’u Rwanda ariko mubyo yabajijwe byose akaba ntacyo yigeze asubiza kiricyo, uretse kuvuga ko ari umusilikare ukorera mu kigo cya gisilikare cya Gabiro ( atanazi aho giherereye ) ese umusirikare wafashwe akemera kujya imbere y’itangazamakuru akabazwa battalion yabarizwagamo akayiyoberwa, wamubaza umwe mubayobozi be akabayoberwa ubwo koko wamwita umusirikare?

Kurundi ruhande umwe mubiyita ko barwanya ubutegetsi mu Rwanda akaba ari Major Rutayomba Theogene ati ‘’uyu RUCYAHINTARE ndamuzi neza. Amazina si aye uyu ni officier ashobora kuba ari major mu ngabo z’u Rwanda!!!’’ nawe urebye iyi mvugo y’uyu ngo ni Major Theogene ( uwahoze ari Edc ( Aide de Camp) wa Kayumba Nyamwasa) ubwayo ihita yerekana ko atazi ibyo avuga uti gute? None se ko mu mvugo ye ko yamaze kwemeza neza ko amuzi ni gute wamenya umuntu neza warangiza ntumenye ipeti afite? ntumenye izina rye nyaryo ? Ibi ubwabyo bihita byerekana ko atamuzi habe na gato ahubwo aba yavuze ibintu nkibyo kugira ngo acange abantu babisoma ndetse nabamuzi bahite bemera ko aribyo kuko ariwe wabivuze.

Uyu Rucyahintare wavutse 1994 akavuka ku babyeyi aribo NSABIMANA Esdras na NYIRANGENDAHIMANA iwabo bakaba bavuka ari abana 8 we akaba abanziriza bucura urebye igihe Rutayomba yaviriye mu Rwanda ni ukuvuga ko yagiye uyu Rucyahintare afite imyaka itari hejuru yi 10!, ese koko Rutayomba yaba amuzi ari umusirikare uri ku rwego rwa majoro yaravuye mu Rwanda uwo musore afite imyaka itarenze 10? Usibye nawe ndahamya ko mu gisirikare cyo mu Rwanda nta muntu w’imyaka 22 uri ku rwego rwaririya peti.

Major Theogene Rutayomba ni muntu ki ?

Major Theogene Rutayomba we n ‘umugore we Chantal bateye Mukuru wa Chantal 25 millions Chantal ahita ajya muri America aho bahora ba bundabunda.

Bakigera muri America bateye undi mugabo witwa Aloys 25000$ bamugurisha imodoka batari bakarangije kwishyura muri bank. Ariko kuko yabahaye cash imodoka yarayitwaye aza kugira ibibazo nyuma na bank. Nibwo bagiye mu nkiko karahava!

Ariko Major Theogene aza gutsindwa urukiko rumutegeka kuzishyura 50000$. Aho agiye gukora hose bamwishyuza bamukuraho cash bugacya akahava akajya ahandi.

Ushaka kumenya ayo makuru azabaze Musanzire wa Theogene cg Mukuru w’ umugore we. Muri America naho azabaze uwitwa Aloys.

Theogene yabaye Edc wa Kayumba ubu akaba atunzwe no gutwara “trucks” niyo mpamvu iyo avugira kuri radio itahuka biguma bicika…. iyo avuga ibyagisirikare wumva nta confidance afite ukibaza uko yabaye Major bikakuyobera.

Mukiganiro cy ubushize yavuze ko yakoresheje uriya musore wiyita umusirikare watorokeye iburundi. Kandi ngo yari Officier! Icyo kiganiro cyabaye ku wa 6 hanyuma mwumve ikiganiro cyatambutse kuri facebook uwacyumvise wese yarasetse aratembagara… wumva Major uko yinyuramo!! ndabizi ibyo biganiro bashobora kubisiba.

Papa wuyu Rucyahintare akaba ariwe wadutangarije ko umusore atigeze aba umusirikare ahubwo yarabeshejweho no kwiba aho yabivuze muri aya magambo ‘’ Nsabimana avuga ko umuhungu we akazi kari kamutunze ari ukwiba, nta gisirikare yigeze. Yavuze ko ubwa mbere yibaga inkoko, nyuma yiba ihene, kugeza ubwo Se yiyemeje gutekesha abana be, ngo uzongera kurihishwa azakore mu bye yishyure.

Mu Ugushyingo kwa 2015, Rucyahintare yakurikiranyweho inkiko icyaha cy’ubujura budakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho, ubwo we n’undi mugenzi we bapfumuraga inzu y’umutarage witwa Nyirahabimana Athanasie bakamwiba amafaranga ibihumbi 150 by’u Rwanda.

Bwa mbere Polisi yamutaye muri yombi afungirwa kuri sitasiyo ya Batima mu Murenge wa Rweru, nyuma aza gufungirwa no ku ishami rya Polisi rya Nyamata aho yavuye ashyikirizwa urukiko nyuma narwo rumushyikiriza Abunzi.

Uru rubanza rwaje gucibwa n’Abunzi, Rucyahintare aratsindwa asabwa kwishyura, aheraho agurisha ibye kugira ngo abone inyishyu.

Nsabimana avuga uburyo umuhungu we Rucyahintare yarangwaga n’imico itari myiza yagize ati “Ubwo arambwira ati njyewe mpa amafaranga, mpa ahongaho ibihumbi 70 nigarurize isambu kuko nari mfite andi. Nti uragaruza isambu se ninjye wayihaye? Ati byihorere amafaranga nzayiha. Bukeye nibwo yanteye nijoro, antwara umufuka w’ibishyimbo, hashize iminsi numva ngo Sipiriyani yaragiye ntawe uhari.”

Uyu musaza yakomeje agira ati “Ntabwo namubaraga mu bandi bana. Ntabwo nari gusiga ntegetseho ngo nsohoke. Mu bana banjye niwe wananiye. Naho ibyo bavuga ngo ni umusirikare, nta busirikare bwe nzi. Oya, ntabwo nzi rwose.”

Uramutse urebye ibyo se umubyara amutangazaho ubwawe wahita wibaza uti ese koko Theogene azi uyu musore kurusha se umubyara hamwe n’abavandimwe be?

-2497.jpg

Abanyarwanda dukwiye gukanguka tukirinda aba bagabo biyita ko barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda kuko icyo bagamije ni ukutuyobya no gushaka amaramuko, icyakagaragaza isura mbi y’u Rwanda cyose bakijya inyuma kuko baba baharanira inyungu zabo bwite.

Ubwanditsi

2016-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 9 )

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi
HIRYA NO HINO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba
Mu Rwanda

Gabiro : Kagame yemereye Infantino ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa by’umupira w’amaguru FIFA yarusaba

Ubwanditsi 27 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru