• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016 ITOHOZA

Tumaze iminsi dushakisha impamvu nyayo yaba yaratumye Rudasingwa Theogene ashwana na Kayumba Nyamwasa kugeza n’aho batukana nk’abashumba, twabajije abantu batandukanye bakurikiranira hafi ibya politiki ya opposition nyarwanda ikorera mu buhungiro, ariko amakuru nyayo yaba bagabo basangiye akabisi n’agahiye tawayakuye i Texas muri Amerika.

Uwitwa Antoinette wahoze ari ihabara rya Rusesabagina, yaje kurongorwa n’umusaza w’umuzungu, ariko kubera ko uwo muzungu ntakigenda mu gitanda yaje kuba ihabara rya Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana ny’iri ibitaro « HOPITAL LAREDO » biba i Texas, uyu Antoinette niwe wapanze imishyikirano hagati ya Gen. Kayumba na Dr. Eliel Ntakirutimana, baza guhura mu ibanga rikomeye muri Afrika y’Epfo, biciye muri Rusesabagina. Ndetse uyu muganga Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimanan ntiyagiye muri RNC wenyine kuko yajyanye n’undi muramu wa Antoinette w’umuherwe uba mu Buholandi bityo baha iritubutse Kayumba, haravugwa hafi 50.000 UDS, kugirango RNC ibone amafaranga yo kuzivuna umwanzi, igihe u Rwanda na Congo byaba biteye FDLR .

Hakaba hari n’undi muramu wa Antoinette wavuye mu Rwanda atorotse kubera ko yagombaga gufungwa azira abarwayi yirirwaga afata ku ngufu aho yavuraga muri cimerwa I Cyangugu. Ageze mu Bubiligi ahita yinjira umukecuru w’umuzungu waje kumuha cashi nyinshi uretse ko naho yaje kuhava nabi abana b’uwo mukecuru bamumereye nabi bamuryoza umurage wabo.

Yaje rero kujya gucururiza muri USA(Florida) aho nawe akataje mugushyigikira RNC, n’abandi banzi b’u Rwanda, uyu akaba yitwa Bonaventure atuye Orlando aho yaje avuye Portland muri Maine.

Ngabo rero abateranije ifaranga maze baryoherereza Kayumba Nyamwasa, muri Afrika y’epfo, Rudasingwa yaje kubimenya, abibwiwe n’umuyoboke wa RNC, wari ugiye kumusura mu bitaro aho yari arwariye muri Amerika, ubwo yagiraga isereri akiturahasi ndetse agatangira no kugona bakamujyana igitaraganya kwa muganga.

Aya makuru ngo yamuciye intege cyane yibaza ukuntu Kayumba atamufasha mu burwayi bwe ndetse agafata n’imisanzu nkiyo itubutse ntamubwire, Rudasingwa ntiyategereje ko asezererwa mu bitaro, aba yohereje intumwa kwa Major Mutayomba amutuma kuri Kayumba ko niba atemeye ko bagabana ari nkabyabindi ngo “tura tugabane niwanga bimeneke “.

Kuva ubwo Kayumba yahise apanga abantu batangiye kugaragaza ko batagishaka Rudasingwa Theogene mu buyobozi bwa RNC, bakaba batifuzaga ko Rudasingwa yasubira gutorwa kuba umwe mubagize ubuyobozi bukuru bw’ihuriro ndetse bakanasaba ko yakwirukanwa burunndu we n’agatsiko ke karimo Gahima, Musonera na Ngarambe.

Nk’uko bigaragara muri raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe ahagaragara na Dr Rudasingwa yagize ati “RNC iri mu bibazo by’imiyoborere bitigeze bibaho, aho mu ishyaka harimo amakimbirane n’imyitwarire mibi idashobora kwihanganirwa.

Igiteye inkeke ni agatsiko k’abasirikare b’Abatutsi kari gushaka kwigarurira RNC, kabinyujije mu buryo bw’amategeko n’ubundi bushoboka ngo kigarurire ububasha bwose mu bikorwa byo muri RNC no hanze yayo.”

Aya mahitamo arimo gukomeza gukora gutyo [mu buryo budafite icyerekezo kizima], gutangaza ko umuryango utagishoboye gukomeza imikorere yawo, gutandukana mu mahoro cyangwa ku nabi no kuvugurura RNC ikagirwa umuryango ushobora kugera ku ntego zawo bitagishobotse .

-3578.jpg

Kayumba Nyamwasa, Dr. Elie Ntakirutimana, Rusesabagina Paul na Rudasingwa Theogene

Bivugwa ko impamvu zo gushwana hagati ya Kayumba na Rudasingwa zidashingiye ku mibanire mibi hagati yabo, ahubwo ko ari ingaruka z’ibikorwa bigayitse by’ababashyigikiye.

Cyiza Davidson

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [  M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Ubwanditsi 21 May 2018
Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Abanyarwanda babiri bari bafungiwe ibyaha bya Jenoside muri Mali barekuwe

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame
Amakuru

PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

Ubwanditsi 03 Jun 2017
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.
INKURU NYAMUKURU

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru