• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Editorial 01 Mar 2019 ITOHOZA

Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro mu burengerazuba bwa Uganda, bwashinze bariyeri bugamijwe guhiga bukware abanyarwanda, mu mugambi wo gukomeza kubagirira nabi.

Nk’uko byatangajwe n’abanyarwanda bane bagaruwe mu Rwanda ku wa 26 Gashyantare 2019 bakajugunywa ku mupaka wa Cyanika nyuma yo gufatirwa kuri bariyeri ya polisi ya Kisoro ahitwa Nyakabande, bahamije ko mu gace ka Kisoro hari bariyeri “igamije gusakuma abanyarwanda” mu modoka zitwara abagenzi.

Abo banyarwanda basubijwe mu gihugu cyabo nyuma y’iminsi muri gereza ni Kubwimana Theogene w’imyaka 18 wo mu Karere ka Burera, Ntakiyimana Peter w’imyaka 32 ukomoka mu Karere ka Gisagara; Hakizimana Sylvain w’imyaka 30 wo mu Karere ka Gakenke na Nzayisenga Jean de la Croix w’imyaka 35 wo mu Karere ka Musanze.

Nk’uko Virunga Post yabitangaje, aba banyarwanda bavuga iyo polisi ya Uganda itahuye ko uri umunyarwanda, bakwaka ibyangombwa nka pasiporo cyangwa urundi rwandiko rw’inzira, bagahita baruca. Icyo gihe batangira kugushinja kwinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ari naho hava gufungwa no kwirukanwa nabi mu gihugu.

Abo uko ari bane birukanwe bavuga ko bafunzwe bashinjwa kwinjira muri Uganda binyuranyije n’amategeko. Kubwimana, Ntakiyimana, Hakizimana na Nzayisenga, bose bahamya ko muri gereza bakubitwaga bikomeye n’ubuyobozi.

Amategeko agenga urujya n’uruza mu karere avuga ko kwinjira mu gihugu bidakurikije amategeko bidakwiye kubaho ku muturage wo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba winjiye mu kindi gihugu kiwugize.

Gusa Uganda ikomeje guta muri yombi abanyarwanda ibashinja “kwinjira mu gihugu binyuranyije n’amategeko”, ibintu bamwe mu basesenguzi bavuga ko irimo kwica nkana amasezerano yasinye.

Uretse ibyo, abirukanwa bagaragaza ko bakorewe iyicarubozo. Kubwimana we anavuga ko yatanze ruswa y’amashillingi 800,000 ya Uganda kugira ngo arekurwe nyuma y’iminsi umunani muri kasho. Inkuru ye ihura n’iz’abanyarwanda benshi bamaze kwirukanwa muri Uganda.

Hari amakuru avuga ko gushyiraho bariyeri bigamije gukanda abanyarwanda kugira ngo bemere gutanga ruswa ari benshi igihe batawe muri yombi.

Kubura ruswa yo kubahonga bisobanura ko ugomba kumara imyaka myinshi muri gereza, kandi “ibihe ugiriramo bigasa nk’urupfu” nk’uko bamwe babigaragaje.

Hakizimana Sylvain kimwe na Kubwimana, yagiye muri Uganda ajyanwe no gusura umuvandimwe. Nawe byamusabye kwishyura amashillingi 800,000 kugira ngo arekurwe, amaze icyumweru muri gereza, kimwe na bagenzi be babiri.

Bavuga ko basize nibura abanyarwanda 80 muri kasho za Kisoro, ahanini bagizwe n’ababuze ruswa yo guha inzego z’umutekano.

2019-03-01
Editorial

IZINDI NKURU

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Amatora 2017: Diane Rwigara atanga amafaranga, Mwenedata we azi ko atazatsinda

Editorial 23 May 2017
‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

‘Amerika igomba kuza kumwanya wambere muri byose (America first) ‘ -DONALD TRUMP

Editorial 25 Jan 2017
Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Editorial 10 Apr 2018
Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Editorial 21 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi
Mu Rwanda

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Editorial 02 Mar 2017
Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya
Mu Mahanga

Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya

Editorial 13 Aug 2016
Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.
Amakuru

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Editorial 16 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru