• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Apr 2018 IMIKINO

Ikipe ya Police FC yanganyije na Mukura Victory Sport igitego 1-1 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 17 wa shampiyona waberaga kuri sitade ya Kigali. Havugarurema Jean Paul yatsindaga igitego cye cya mbere muri Mukura VS kuri ubu igomba kuguma ku mwanya wa cyenda.
Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 20’ ku gitego cyatsinzwe na Ndayishimiye Antoine Dominique wuzuzaga igitego cya gatanu (5) muri shampiyona. Ni umupira waturutse kwa Nizeyimana Mirafa, awutanga kwa Nsengiyumva Moustapha wahise akata awukata awuganisha mu izamu uhura na Songa Isaie wahise awuyobora kwa Ndayishimiye Antoine Dominique wahise areba mu izamu.

Ikipe ya Mukura VS yaje gukina ishaka kwishyura cyane mu gice cya kabiri ubwo Haringingo yahitaga akora impinduka, biza kumuhira ku munota wa 79’ ubwo Havugarurema Jean Paul bita Ralo yateraga umupira uva iburyo bwe ugahita uruhukira mu izamu rya Nzarora Marcel. Havugarurema Jean Paul yari yinjiye mu kibuga asimbuye Gashugi Abdulkalim kapiteni w’iyi kipe nawe wavuye muri Kiyovu Sport.

Muri uyu mukino, Nshimiyimana Maurice bita Maso uri gutoza Police FC yaje kuba nk’aho agorwa ubwo yari akuyemo Mico Justin akinjiza Nzabanita David bita Saibadi. Aha ni bwo Mukura VS yatangiye gusa n’aho Police FC yemera gukina yugarira kuko abakinnyi ba Mukura VS barimo; Hakizimana Kevin bita Pastole, Mutebi Rachid na Havugarurema Jean Paul bakinaga batesha umutwe abugarira ba Police FC.

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego bitanu (5)

Ndayishimiye Antoine Dominique yujuje ibtego bitanu (5) muri shampiyona

Muri uyu mukino,  Police FC yateye ishoti rimwe rigana mu izamu mu gihe Mukura VS yateye amashoti ane (4). Police FC yateye koruneri umunani (8) kuri enye (4) za Mukura VS. Police FC bakoze amakosa icumi (10) kuri arindwi (7) ya Mukura VS. Abakinnyi ba Police FC baraririye inshuro ebyiri (2) ku nshuro eshatu za Mukura VS.

Muri aya makosa, Rwabugiri Omar umunyezamu wa Mukura VS,  Songa Isaie na Nzabanita David baherewemo amakarita y’umuhondo. Lomami Frank yasimbuye Ibrahim Nshimiyimana ku munota wa 54’, Bukuru Christophe asimbura Ndayishimiye Christophe ku munota wa 55’ mu gihe Gashugi Abdulkalim yasimbuwe na Havugarurema Jean Paul  Ralo ku ruhande rwa Mukura VS.

Ku ruhande rwa Police FC, Biramahire Abeddy yasimbuye Nsengiyumva Moustapha, Mico Justin asimburwa na Nzabanita David mu gice cya kabiri cy’umukino. Nyuma yo kunganya uyu mukino, Police FC iraguma ku mwanya wa munani (8) n’amanota 23 mu gihe Mukura VS iguma ku mwanya wa cyenda (9) n’amanota 22.

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ishimwe Issa Zappy yari yagarutse muri 11

Ishimwe Issa Zappy yari yagarutse muri 11

Iragire Saidi myugariro wa Mukura VS acenga Songa Isaie

Iragire Saidi myugariro wa Mukura VS acenga Songa Isaie

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Mico Justin ashkaumupira mu kirere

Mico Justin ashaka umupira mu kirere

Nsengiyumva Moustapha  azamukana umupira

Nsengiyumva Moustapha azamukana umupira

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi yakinnye iminota 90'

Twagizimana Fabrice bita Ndikukazi yakinnye iminota 90′

Abakinnyi ba Mukura VS bafata inama hagati mu  mukino

Abakinnyi ba Mukura VS bafata inama hagati mu mukino

Nshimiyimana Maurice ashyiramo Nzabanita David

Nshimiyimana Maurice ashyiramo Nzabanita David

Nshimiyimana Maurice Maso niwe uri gutoza Police Fc

Nshimiyimana Maurice Maso ni we uri gutoza Police Fc

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y'igihugu

Abayobozi batandukanye mu nzego za Polisi y’igihugu

Bamwe mu bafana ba Mukura VS

Bamwe mu bafana ba Mukura VS

Umwungeri Patrick (5) Kapiteni wa Police FC atera umupira

Umwungeri Patrick (5) Kapiteni wa Police FC atera umupira

Ndayishimiye Celestin  (3) abyugana na Mutebi Rachid

Ndayishimiye Celestin (3) abyigana na Mutebi Rachid

Hakizimana Kevin hagati ya Nsengitumva Moustapha (2) na Mushimiyimana Mohammed

Hakizimana Kevin hagati ya Nsengiyumva Moustapha (2) na Mushimiyimana Mohammed

Hakizimana Kevin bita Pastole umwe mu bazonze Police FC

Hakizimana Kevin bita Pastole umwe mu bakinnyi bazonze abugarira ba Police FC

Havugarurema Jean Paul Ralo ajya kwishyushya

Havugarurema Jean Paul Ralo ajya kwishyushya

Rwabugiri Omar umunyezamu mukuru wa Mukura VS

Rwabugiri Omar umunyezamu mukuru wa Mukura VS wanaje guhabwa ikarita y’umuhondo

Ruzindana Nsoro niwe wari umusifuzi wo hagati

Ruzindana Nsoro ni we wari umusifuzi wo hagati

Havugarurema Jean Paul Ralo ku mupira

Havugarurema Jean Paul Ralo ku mupira

Biramahire Abeddy

Biramahire Abeddy  yinjiye asimbuye Nsengiyumva Moustapha

Biramahire Abeddy yinjiye asimbuye Nsengiyumva Moustapha

Havugarurema Jean Paul Ralo yishimira igitego

Havugarurema Jean Paul Ralo yishimira igitego

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Police FC XI: Nzarora Marcel (GK, 18), Ishimwe Issa Zappy 26, Ndayishimiye Celestin 3, Umwungeri Patrick (C, 5), Twagizimana Fabrice 6, Nizeyimana Mirafa 4, Mushimiyimana Mohammed 10, Mico Justin 8, Nsengiyumva Moustapha 11, Ndayishimiye Antoine Dominique 14 na Songa Isaie 9.

Mukura VS XI:Rwabugiri Omar (GK, 1), Rugirayabo Hassan 5, Mujyanama Fidele 13, Iragire Saidi 3, Nshimiyimana David 16, Gashugi Abdulkalim (C, 7), Ndayegamiye Abou 17, Ndayishimiye Christophe 6, Ibrahim Nshimiyimana 12, Kevin Hakizimana 9 na Mutebi Rachid 11

Urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona

Urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona

Dore uko umunsi wa 17 uteye:

Kuwa Mbere tariki 23 Mata 2018

-Police FC 1-1 Mukura VS

Kuwa Gatanu tariki 20 Mata 2018

-APR FC 5-2 FC Marines

-Etincelles FC 1-0 Espoir FC

-Gicumbi FC 1-0 Sunrise FC

-Bugesera FC 0-0 FC Musanze

-Kirehe FC 2-1 Amagaju FC

Ku Cyumweru tariki 22 Mata 2018

– Rayon Sports 2-2 Kiyovu Sport

-Miroplast FC 0-3 AS Kigali

2018-04-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 25 Mar 2025
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015

Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015

Ubwanditsi 07 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ati : “ukwihanangirizwa kwa nyuma” Icyo bisobanuye
INKURU NYAMUKURU

Uganda ati : “ukwihanangirizwa kwa nyuma” Icyo bisobanuye

Ubwanditsi 30 May 2019
Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame
Mu Rwanda

Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, wahaye igihembo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 19 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru