• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Ubwanditsi 17 May 2016 Mu Mahanga

Umukozi w’Imana Pastor Evangeliste Habimana Francois yadusangije inyigisho zije ubuhanga n’inama n’impanuro ku mukristo aho yifashishije ibibazo bibaza ngo Umuzima n’uwande ? Uwapfuye ni uwande ? ,umupfapfa ninde ? umunyabwenge ni nde ? Aya magambo yose tuyasanga muri Bibiliya year ari nayo yifashishije asobanura iby’izi nyigisho .

Abantu benshi,usanga bajya impaka ku ibintu bitandukanye,kandi buri wese akagerageza kwerekana ko ariwe ufite ukuri Nyamara impaka si izubu kuva na kera, habagaho impaka,ndetse kugeza ubwo uzisanga no mubantu basenga ! Iyo usomye : 1abami3, 16-28, tuhasanga inkuru y’abagore babiri bahuje umwuga w’ uburaya ;baba munzu imwe, kandi bafite impinja z’abahungu zavukiye mugihe kimwe,kandi bose mu ijoro barasinziriye ,umwe aryamira umwana arapfa kubera ibitotsi, undi nawe kubera ibitotsi bamwiba umwana, bamusigira upfuye !

Mu by’ukuri aba bagore bafite byinshi bahuriyeho ; ikibatandukanya ni kimwe, umwe afite umwana muzima, undi uwe yapfuye ; ariko se uvuga ukuri turamubwirwa n’iki ?
Gusa mubaburana babiri, haba harimo uwigiza nkana. Mugihe kidatinze rero ikirego baba bakigejeje k’Umwami Salomo, buri wese na marira menshi agaragaza ko ari m’ukuri , impaka ziba zibaye urudaca,urubanza rubura gica,baracengana biracika !aha bigatuma nibuka icyigisho cy’umuntu umwe cyitwa ‘’ ikinyoma gifite ibimenyetso !’’ .

Ariko kubera Ubwenge Imana yahaye Salomo, aba afashe Ijambo,ati ‘’ umwana wapfuye we turamubona igisigaye ni ukumushyingura,uwo muzima nawe mumuzane tumubagabanye umwe atware igice kimwe n’ undi atware ikindi ! Nyamugore ngo abyumve ,Nyirikinyoma cyokamye,uyoborwa na kamere,umwe utabwirwa ,ntiyumve ntanabone ! Ati’’ mumutugabanye twese tumubure !naho mugenzi we,Nyina w’ umwana muzima,afata munkota ya Salomo ati’’ basi namwijyanire,aho kugira ngo bamucemo kabiri’’ !Ni uko Umwami amenya nyiri Umwana muzima ko ari umufitiye impuhwe.ikiranga abantu bapfushije abana nta mpuhwe nta n’ urukundo,niyo ubitegereje neza impuhwe baba bafite ni nkazimwe za Bihehe.

Biratangaje iby’ uru rubanza abantu ntibacyemera icyaha ahubwo barisobanura ! Ubundi inkota isobanura Ijambo ry’Imana,birakwiye ko ariryo rituyobora mugihe nkiki cy’urusobe n’impaka nyinshi, kandi aho buri wese ashaka kugaragaza ko ariwe uri m’ukuri.abakobwa bati ‘’abahungu bikigihe ntakigenda ! Abahungu nabo bati ‘’ abakobwa bikigihe ni ibirara ! Hagati y’abanyamadini ni impaka gusa, ati” idini ryanjye niryo ritunganye, undi ati “ mwe mukorana n’ imyuka mibi’’ !umuntu bamukura k’umwanya w’ ubuyobozi ati’’hari ikibyihishe inyuma !abamukuyeho nabo bati”twari twaramwihanganiye ahubwo !’’…..

Iyo usomye muri Matayo 25:1-13:uhasanga umugani w’abakobwa 10(10 virgins) batanu bari abapfapfa, abandi batanu bari abanyabwenge.Aba bakobwa nabo bafite byinshi bahuriyeho : Bose ni abakobwa,bose bafite amatabaza(lamps),bose bategereje Umukwe ,kandi kubera gutinda k’ umukwe bose barasinziriye,ikibatandukanya ni uko bamwe bafite amavuta,abandi ntana y’ umuti bafite yabashiranye kera.

Twese tuvuga ko dukorera Imana, twese dutegereje kuza kwa Kristo,cyangwa se dutegereje kuzajya mu ijuru,… .Ese wowe witekereje urabona wakisanga mukihe cy’iciro ? Cy’ abapfapfa cyangwa cy’abanyabwenge ?Imana iguhishurire. Dusabwa gufata ingamba (prendre des precautions de reserves)hato umukwe atazaza agasanga amavuta yaradushiranye,cyangwa igitotsi cyadutwaye tukaryamira abana,hato tutazamera nkawawundi wari uhetse ingobyi ,umwana yaraheze kera.

Haracyari amahirwe yo gushaka amavuta ahagije,haracyari ibyiringiro ko n’uwapfushije umwana yasaba imbabazi akababarirwa,kuko muri Kristo niho harimo kuzuka n’ ubugingo.

Yesu ubwe yaravuze ngo mureke amasaka n’ urukungu bikurane, bizasobanuka igihe cy’ isarura,kuko ubusanzwe urukungu n’ amasaka birasa, bitandukana iyo bigeze igihe cyo kwera imbuto.Nta muntu ufite uburenganzira bwo kuguciraho iteka,Ijambo rya nyuma rifitwe n’Umwami Imana.niwe uzi ukuri kwawe,biranagoye ko wisobanura uri mukigeragezo,kuko ukuri kwawe ntikumvikana,ariko Imana idaca urwa cyibera,umunsi umwe izagaragaza ukuri,mugani wawawundi ngo” ukuri ntikwaheze ,kwagiye gushaka ibimenyetso”.

1Abatesaloniki5:23-24” Imana y’amahoro ibeze rwose,kandi mwebwe ubwanyu,n’umwuka wanyu,n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe,bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu azaza.Ibahamagara ni iyo kwizerwa no kubikora izabikora.

-2815.jpg

Inyigisho ya Pastor .Ev. Francois Habimana

2016-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo,  gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 11 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: ACP Jonathan Baroza wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda: ACP Jonathan Baroza wahoze ari umufasha wihariye wa Gen Kale Kayihura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi
Amakuru

Police HC na Kiziguro SS begukanye igikombe cy’ubutwari cyakiniwe mu karere ka Gicumbi

Ubwanditsi 19 Jan 2025
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga
UBUKUNGU

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru