• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Ubwanditsi 17 May 2016 Mu Mahanga

Umukozi w’Imana Pastor Evangeliste Habimana Francois yadusangije inyigisho zije ubuhanga n’inama n’impanuro ku mukristo aho yifashishije ibibazo bibaza ngo Umuzima n’uwande ? Uwapfuye ni uwande ? ,umupfapfa ninde ? umunyabwenge ni nde ? Aya magambo yose tuyasanga muri Bibiliya year ari nayo yifashishije asobanura iby’izi nyigisho .

Abantu benshi,usanga bajya impaka ku ibintu bitandukanye,kandi buri wese akagerageza kwerekana ko ariwe ufite ukuri Nyamara impaka si izubu kuva na kera, habagaho impaka,ndetse kugeza ubwo uzisanga no mubantu basenga ! Iyo usomye : 1abami3, 16-28, tuhasanga inkuru y’abagore babiri bahuje umwuga w’ uburaya ;baba munzu imwe, kandi bafite impinja z’abahungu zavukiye mugihe kimwe,kandi bose mu ijoro barasinziriye ,umwe aryamira umwana arapfa kubera ibitotsi, undi nawe kubera ibitotsi bamwiba umwana, bamusigira upfuye !

Mu by’ukuri aba bagore bafite byinshi bahuriyeho ; ikibatandukanya ni kimwe, umwe afite umwana muzima, undi uwe yapfuye ; ariko se uvuga ukuri turamubwirwa n’iki ?
Gusa mubaburana babiri, haba harimo uwigiza nkana. Mugihe kidatinze rero ikirego baba bakigejeje k’Umwami Salomo, buri wese na marira menshi agaragaza ko ari m’ukuri , impaka ziba zibaye urudaca,urubanza rubura gica,baracengana biracika !aha bigatuma nibuka icyigisho cy’umuntu umwe cyitwa ‘’ ikinyoma gifite ibimenyetso !’’ .

Ariko kubera Ubwenge Imana yahaye Salomo, aba afashe Ijambo,ati ‘’ umwana wapfuye we turamubona igisigaye ni ukumushyingura,uwo muzima nawe mumuzane tumubagabanye umwe atware igice kimwe n’ undi atware ikindi ! Nyamugore ngo abyumve ,Nyirikinyoma cyokamye,uyoborwa na kamere,umwe utabwirwa ,ntiyumve ntanabone ! Ati’’ mumutugabanye twese tumubure !naho mugenzi we,Nyina w’ umwana muzima,afata munkota ya Salomo ati’’ basi namwijyanire,aho kugira ngo bamucemo kabiri’’ !Ni uko Umwami amenya nyiri Umwana muzima ko ari umufitiye impuhwe.ikiranga abantu bapfushije abana nta mpuhwe nta n’ urukundo,niyo ubitegereje neza impuhwe baba bafite ni nkazimwe za Bihehe.

Biratangaje iby’ uru rubanza abantu ntibacyemera icyaha ahubwo barisobanura ! Ubundi inkota isobanura Ijambo ry’Imana,birakwiye ko ariryo rituyobora mugihe nkiki cy’urusobe n’impaka nyinshi, kandi aho buri wese ashaka kugaragaza ko ariwe uri m’ukuri.abakobwa bati ‘’abahungu bikigihe ntakigenda ! Abahungu nabo bati ‘’ abakobwa bikigihe ni ibirara ! Hagati y’abanyamadini ni impaka gusa, ati” idini ryanjye niryo ritunganye, undi ati “ mwe mukorana n’ imyuka mibi’’ !umuntu bamukura k’umwanya w’ ubuyobozi ati’’hari ikibyihishe inyuma !abamukuyeho nabo bati”twari twaramwihanganiye ahubwo !’’…..

Iyo usomye muri Matayo 25:1-13:uhasanga umugani w’abakobwa 10(10 virgins) batanu bari abapfapfa, abandi batanu bari abanyabwenge.Aba bakobwa nabo bafite byinshi bahuriyeho : Bose ni abakobwa,bose bafite amatabaza(lamps),bose bategereje Umukwe ,kandi kubera gutinda k’ umukwe bose barasinziriye,ikibatandukanya ni uko bamwe bafite amavuta,abandi ntana y’ umuti bafite yabashiranye kera.

Twese tuvuga ko dukorera Imana, twese dutegereje kuza kwa Kristo,cyangwa se dutegereje kuzajya mu ijuru,… .Ese wowe witekereje urabona wakisanga mukihe cy’iciro ? Cy’ abapfapfa cyangwa cy’abanyabwenge ?Imana iguhishurire. Dusabwa gufata ingamba (prendre des precautions de reserves)hato umukwe atazaza agasanga amavuta yaradushiranye,cyangwa igitotsi cyadutwaye tukaryamira abana,hato tutazamera nkawawundi wari uhetse ingobyi ,umwana yaraheze kera.

Haracyari amahirwe yo gushaka amavuta ahagije,haracyari ibyiringiro ko n’uwapfushije umwana yasaba imbabazi akababarirwa,kuko muri Kristo niho harimo kuzuka n’ ubugingo.

Yesu ubwe yaravuze ngo mureke amasaka n’ urukungu bikurane, bizasobanuka igihe cy’ isarura,kuko ubusanzwe urukungu n’ amasaka birasa, bitandukana iyo bigeze igihe cyo kwera imbuto.Nta muntu ufite uburenganzira bwo kuguciraho iteka,Ijambo rya nyuma rifitwe n’Umwami Imana.niwe uzi ukuri kwawe,biranagoye ko wisobanura uri mukigeragezo,kuko ukuri kwawe ntikumvikana,ariko Imana idaca urwa cyibera,umunsi umwe izagaragaza ukuri,mugani wawawundi ngo” ukuri ntikwaheze ,kwagiye gushaka ibimenyetso”.

1Abatesaloniki5:23-24” Imana y’amahoro ibeze rwose,kandi mwebwe ubwanyu,n’umwuka wanyu,n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe,bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu azaza.Ibahamagara ni iyo kwizerwa no kubikora izabikora.

-2815.jpg

Inyigisho ya Pastor .Ev. Francois Habimana

2016-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Jacob Zuma wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016
CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere  ya Perezida Kagame
IMIKINO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru