• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo habaye umuhango wo gushyingura Cerna Asifiwe Uwase umwe mu babyinyi w’Itorero Hoza Dance troupe uheruka kwitaba Imana azize impanuka y’imodoka yabereye muri Leta ya Michigan.

Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri Uwase wari uzwi ku mazina y’utubyiniriro ya Sacha cyangwa Azu, wabereye mu Mujyi wa Indianapolis muri Leta ya Indiana ari naho yari atuye ndetse n’umuryango we.

Mu kumuherekeza abafashe amagambo bose bagarutse ku rukundo n’ubusabane uyu mukobwa w’imyaka 20 yagaragazaga muri bagenzi be, banagaruka kandi ku ruhare we na mukuru we mu gushinga itorero Hoza Group ribyina imbyino gakondo za Kinyarwanda.

Mbere yo gushyingurwa mu irimbi rya Crown Hill, habanje kuba amasengesho no gusezera bwa nyuma kuri Uwase yabareye mu rusengero rwa Eagle Creek Grace Bible ari naho yasengeraga.

Umubyeyi we mu butumwa bwuzuyemo gukomera no kwizera Imana, yashimye Imana anashima abababaye hafi.

Ati “Ndashima cyane mbere na mbere Imana nshimye ku byo yakoze, nshimye Imana ko ariyo yampaye abana mfite kandi ikaba yisubije uwo yashatse, ndashima imirimo y’Imana ntabwo nashima Imana mu byiza gusa, ngo ibibi nibiza mbure kuyishima, nzayishima iminsi yanjye yo kubaho kandi nzavuga imirimo yo gukomera kw’Imana yanjye’.

Gatambira Joseph se wa Uwase usanzwe uba mu Rwanda yashimye cyane kwitanga no kwishyira hamwe mu gufatanya k’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Amerika, uburyo bababaye hafi bakabakomeza mu bihe bikomeye.

Uyu mubyeyi waherukaga kubonana n’umukobwa we mu myaka itanu ishize yavuze ko umukobwa we yari afite byinshi yateganyaga kugeraho mu buzima buri imbere.

Uyu muryango kandi washimye Kizito Kalima umwe mu Banyarwanda bafashaga mu buryo bwa hafi, Itorero Hoza Group by’umwihariko Uwase dore ko yari n’umwe mu bagana ikigo The Peace Center for forgiveness and Reconciliation cyashinzwe na Kalima.

Kimwe mu byashenguye abantu mu buryo byukomeye ni ubutumwa bw’inshuti ya Uwase Sacha itarabashije kuza kumushyingura, uyu ubwo impanuka yabaga akaba ariwe wari utwaye imodoka yamuhitanye.

Mu butumwa bwe yavuze ko yababajwe kandi yicuza kuba impanuka yabaye yarahitanye ubuzima bw’inshuti ye. Yasabye Imbabazi umuryango wa Sacha maze ababyeyi be nabo bavuga ko bamubabariye.

Nyakwigendera yari amaze umwaka asoje amashuri yisumbuye akaba yitegura kwiga ubuforomo muri Kaminuza. Yitabye Imana avuye mu bukwe bwabereye muri Leta ya Michigan ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2018.

Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye uyu muhango

Urugangano rwe rwavuze uko yabanaga neza n’abandi

Kizito Kalima ubwo yavugaga ijambo mu muhango wo gushyingura Uwase

2018-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho babiri bagera kuri 84

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho

Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Uganda: Abanyaburayi babiri basanzwe bapfiriye mu mahoteli 2 akomeye muri Kampala

Uganda: Abanyaburayi babiri basanzwe bapfiriye mu mahoteli 2 akomeye muri Kampala

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond

Reba amafoto y’ikizungerezi kiri mu rukundo na Diamond

Ubwanditsi 28 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26
Amakuru

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025
Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine Yahawe Uburinzi Buyingayinga Ubwa Perezida

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka
Mu Mahanga

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru