• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo habaye umuhango wo gushyingura Cerna Asifiwe Uwase umwe mu babyinyi w’Itorero Hoza Dance troupe uheruka kwitaba Imana azize impanuka y’imodoka yabereye muri Leta ya Michigan.

Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri Uwase wari uzwi ku mazina y’utubyiniriro ya Sacha cyangwa Azu, wabereye mu Mujyi wa Indianapolis muri Leta ya Indiana ari naho yari atuye ndetse n’umuryango we.

Mu kumuherekeza abafashe amagambo bose bagarutse ku rukundo n’ubusabane uyu mukobwa w’imyaka 20 yagaragazaga muri bagenzi be, banagaruka kandi ku ruhare we na mukuru we mu gushinga itorero Hoza Group ribyina imbyino gakondo za Kinyarwanda.

Mbere yo gushyingurwa mu irimbi rya Crown Hill, habanje kuba amasengesho no gusezera bwa nyuma kuri Uwase yabareye mu rusengero rwa Eagle Creek Grace Bible ari naho yasengeraga.

Umubyeyi we mu butumwa bwuzuyemo gukomera no kwizera Imana, yashimye Imana anashima abababaye hafi.

Ati “Ndashima cyane mbere na mbere Imana nshimye ku byo yakoze, nshimye Imana ko ariyo yampaye abana mfite kandi ikaba yisubije uwo yashatse, ndashima imirimo y’Imana ntabwo nashima Imana mu byiza gusa, ngo ibibi nibiza mbure kuyishima, nzayishima iminsi yanjye yo kubaho kandi nzavuga imirimo yo gukomera kw’Imana yanjye’.

Gatambira Joseph se wa Uwase usanzwe uba mu Rwanda yashimye cyane kwitanga no kwishyira hamwe mu gufatanya k’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Amerika, uburyo bababaye hafi bakabakomeza mu bihe bikomeye.

Uyu mubyeyi waherukaga kubonana n’umukobwa we mu myaka itanu ishize yavuze ko umukobwa we yari afite byinshi yateganyaga kugeraho mu buzima buri imbere.

Uyu muryango kandi washimye Kizito Kalima umwe mu Banyarwanda bafashaga mu buryo bwa hafi, Itorero Hoza Group by’umwihariko Uwase dore ko yari n’umwe mu bagana ikigo The Peace Center for forgiveness and Reconciliation cyashinzwe na Kalima.

Kimwe mu byashenguye abantu mu buryo byukomeye ni ubutumwa bw’inshuti ya Uwase Sacha itarabashije kuza kumushyingura, uyu ubwo impanuka yabaga akaba ariwe wari utwaye imodoka yamuhitanye.

Mu butumwa bwe yavuze ko yababajwe kandi yicuza kuba impanuka yabaye yarahitanye ubuzima bw’inshuti ye. Yasabye Imbabazi umuryango wa Sacha maze ababyeyi be nabo bavuga ko bamubabariye.

Nyakwigendera yari amaze umwaka asoje amashuri yisumbuye akaba yitegura kwiga ubuforomo muri Kaminuza. Yitabye Imana avuye mu bukwe bwabereye muri Leta ya Michigan ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2018.

Abantu b’ingeri zitandukanye bitabiriye uyu muhango

Urugangano rwe rwavuze uko yabanaga neza n’abandi

Kizito Kalima ubwo yavugaga ijambo mu muhango wo gushyingura Uwase

2018-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Sheri wanjye yaryamanye na mwalimu ngo mbone amanota, none ndumva twatandukana-Mungire inama

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Intambara hagati ya Mai Mai n’abanyamurenge yatumye bahunga ingo zabo

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup
IMIKINO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Uko u Rwanda rwari rugiye kwirukanwa muri OIF
INKURU NYAMUKURU

Uko u Rwanda rwari rugiye kwirukanwa muri OIF

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange
INKURU NYAMUKURU

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru