• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe
Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi, Pasiteri Dr. Ted N.C Wilson.

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Ubwanditsi 18 May 2019 POLITIKI

Itorero ry’Abadiventisiti ku Isi, ryatangaje ko abayoboke baryo mu Burundi bari batawe muri yombi barekuwe, rishimira abariteye inkunga y’amasengesho.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi yose, Pasiteri Dr. Ted N.C Wilson, yasabye abayoboke baryo n’abandi ku Isi yose gusengera bagenzi babo bo mu Burundi babujijwe ubwisanzure bwo gusenga na Guverinoma y’icyo gihugu.

Yavugaga ko ku wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2019, Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventisiti mu Burundi watowe, Past. Lamec Barishinga, yatawe muri yombi ari hamwe na Past. Lambert. Hari kandi n’abandi 21 bose bafunzwe.

Ati “Ndasaba Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi bose gusengera abagize itorero ryacu mu Burundi, babone ubwisanzure mu gusenga muri kiriya gihugu kandi harekurwe n’Abadiventisiti batawe muri yombi”.

Kuri uyu wa Gatanu iri torero ryanditse ko “Twakiriye amakuru meza kandi twishimiye kugaragaza ko abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi bose bari batawe muri yombi mu Burundi barekuwe. Amasengesho yasubijwe”.

Rikomeza rigira riti “Turashimira Guverinoma y’u Burundi ku ruhare rwayo by’umwihariko umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko yayo, Justin Niyobuhungiro, ku bufasha yatanze mu kubarekura.”

Iri tangazo kandi rishimira abayoboke b’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi yose n’abandi basengeye abari batawe muri yombi, itorero ryo mu Burundi ndetse n’abayobozi muri Guverinoma y’iki gihugu.

Nubwo abatawe muri yombi barekuwe, Itorero ry’Abadiventisiti rivuga ko ‘Guverinoma y’u Burundi yabujije Itorero ry’Abadiventisiti gukora binyuze mu buyobozi bwacu bwatowe mu Burundi, kandi bwaratowe mu buryo bukwiye, bwemewe n’amategeko n’Ishami ry’inama nkuru y’Abadiventisiti b’Umunsi wa karindwi muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati’.

Rivuga ko ryizeye ko ku bufatanye bazakomeza gukemura ibijyanye n’ibihe itorero ririmo n’imiyoborere yaryo.

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Ubwanditsi 28 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.
Amakuru

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda
ITOHOZA

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2017
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR
Amakuru

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru