• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe
Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi, Pasiteri Dr. Ted N.C Wilson.

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Ubwanditsi 18 May 2019 POLITIKI

Itorero ry’Abadiventisiti ku Isi, ryatangaje ko abayoboke baryo mu Burundi bari batawe muri yombi barekuwe, rishimira abariteye inkunga y’amasengesho.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Umuyobozi Mukuru w’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi yose, Pasiteri Dr. Ted N.C Wilson, yasabye abayoboke baryo n’abandi ku Isi yose gusengera bagenzi babo bo mu Burundi babujijwe ubwisanzure bwo gusenga na Guverinoma y’icyo gihugu.

Yavugaga ko ku wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2019, Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventisiti mu Burundi watowe, Past. Lamec Barishinga, yatawe muri yombi ari hamwe na Past. Lambert. Hari kandi n’abandi 21 bose bafunzwe.

Ati “Ndasaba Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi bose gusengera abagize itorero ryacu mu Burundi, babone ubwisanzure mu gusenga muri kiriya gihugu kandi harekurwe n’Abadiventisiti batawe muri yombi”.

Kuri uyu wa Gatanu iri torero ryanditse ko “Twakiriye amakuru meza kandi twishimiye kugaragaza ko abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi bose bari batawe muri yombi mu Burundi barekuwe. Amasengesho yasubijwe”.

Rikomeza rigira riti “Turashimira Guverinoma y’u Burundi ku ruhare rwayo by’umwihariko umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko yayo, Justin Niyobuhungiro, ku bufasha yatanze mu kubarekura.”

Iri tangazo kandi rishimira abayoboke b’Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ku Isi yose n’abandi basengeye abari batawe muri yombi, itorero ryo mu Burundi ndetse n’abayobozi muri Guverinoma y’iki gihugu.

Nubwo abatawe muri yombi barekuwe, Itorero ry’Abadiventisiti rivuga ko ‘Guverinoma y’u Burundi yabujije Itorero ry’Abadiventisiti gukora binyuze mu buyobozi bwacu bwatowe mu Burundi, kandi bwaratowe mu buryo bukwiye, bwemewe n’amategeko n’Ishami ry’inama nkuru y’Abadiventisiti b’Umunsi wa karindwi muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati’.

Rivuga ko ryizeye ko ku bufatanye bazakomeza gukemura ibijyanye n’ibihe itorero ririmo n’imiyoborere yaryo.

2019-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Mpayimana  Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire  ye muri NEC,  abigereranya nka ‘ Armstrong’  agera ku kwezi

Mpayimana Philippe uvugwaho gupfobya Jenoside yageze aho atanga kandidatire ye muri NEC, abigereranya nka ‘ Armstrong’ agera ku kwezi

Ubwanditsi 25 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)
Amakuru

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Amakuru

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite
SHOWBIZ

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru