• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi, akomeje kugirwaho ingaruka n’ibyemezo we ubwe akomeje gufata, birimo kwanga kugirana ibiganiro n’umutwe witwaje intwaro wa M23, ndetse no gukorana n’umutwe wa FDLR wubakiye ku ngengabitekerezo ya jenoside.?

FDLR, umutwe w’ abajenosideri,ni umwe mu misonga ikomeje kuzonga leta ya Kinshasa, haba mu kubiba ingengabitekerezo ya jenoside mu Banyekongo, n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu, ari na ko utuma u Rwanda rugumishaho uburyo bw’ubwirinzi Kongo ivuga ko buyibangamiye.

Leta ya Kinshasa, yagiye igarukwaho mu byegeranyo by’imiryango mpuzamahanga, bigaragaza ko iha intwaro n’imyitozo FDLR, ndetse no gukorana n’abo bajenosideri mu ntambara iki gihugu gihanganyemo n’umutwe wa M23. Ibyo byabereye ikibazo cy’ ingutu Tshisekedi mu kwemera kuba yasenya uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR, mu gihe amahanga n’ibiganiro bya Luanda biyisaba kuwusenya, bigatuma Tshisekedi abura ayo acira n’ayo amira.

Amagambo yagiye atangazwa na Tshisekedi mu ruhame, yagiye yenyegeza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Kongo. Mu kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, umukandida Félix Tshisekedi yatangaje ku mugaragaro ko naramuka atowe, azasaba inteko nshinga amategeko gutora itegeko rimwemerera gutera u Rwanda, aho yavuze ko azagarukira i Kigali. Aya magambo Leta y’u Rwanda yasobanuye kenshi ko itayafata nk’ikintu cyoroshye, none Kongo iri kuvuza induru no gutabaza ngo u Rwanda rubanze ruvaneho ubwirinzi, izi neza ko perezida wato yitangarije umugambi wo kuritera, ndetse akaba akomeje gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, nawo uhora utegura kugirira nabi uRwanda.

Indi myanzuro yagiye isubiza irudubi ibibazo biri mu burasirazuba bwa Kongo, ni ubutegetsi bwa Tshisekedi bukomeje kunangira kugirana ibiganiro na M23, umutwe yita ko ari uwiterabwoba, ahubwo bugahitamo inzira ya gisirikare, nayo budashoboye, kuko M23 ikomeje kwagura ibice igenzura, ndetse ubu ikaba igenda ishinga ibirindiro muri Teritwari ya Lubero.

Abasesenguzi mu bya politiki bemeza ko gukomeza gutinda kwemera ibiganiro mu gihe kandi M23 iri kwagura ibice igenzura, bizatuma uyu mutwe ugira ijambo ryo gusaba ibikomeye cyane kurushaho, bukaba byatuma leta yemera bimwe birimo amananiza, kuko amahitamo yayo yaba ari make.

Zimwe mu nzira z’intambara zagiye zikoreshwa gusa bikarangira ntacyo zigezeho, harimo nko kuzana ingabo za SADC ingabo z’Uburundi, imitwe y’itwaje intwaro ndetse n’abacanshuro. Izi ngabo zose zananiwe gukura umutwe wa M23 mu birindiro byawo, ndetse ntizanabasha kuyibuza gufata ibindi bice. Iki cyemezo kikaba aho kunaniza M23 ahubwo bisa no kuyongerera imbaraga n’buryo yirwanaho.

Hari kandi zimwe mu mbwirwaruhame Tshisekedi yagiye avuga zigatuma benshi bibaza ku bushobozi bwe mu bijyanye na dipolomasi. Felix Tshisekedi yivugiye ku mugaragaro ko atazigera yongera guhura na Perezida Paul Kagame uretse mu ijuru gusa, nyamara ntibyatinze kuko ruzinduko yagiriye muri Angola kuwa 27 Gashyantare 2024 yemeye ko noneho bahurira ku isi!

Kugeza ubu Kongo ikomeje kujya habi, haba mu buryo bwa gisirikare, haba ndetse n’ubw’ibiganiro, nk’nzira ihamye ihari yo gukemura ibibazo. Gusa ubutegetsi bwa Kinshasa bwahisemo inzira burimo gutsindwamo, bigashyira mu mayirabiri Tshisekedi. Inzobere mu bya politiki zisanga Kinshasa ishyira imbere amarira, naho amarariro y’abanyagihugu ahabwa FDLR,Wazalendo n’abandi bacancuro, aho kugirira akamaro Abanyekongo bose.

2024-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2022
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uganda hakomeje kubera inama z’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Ubwanditsi 06 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
UBUKUNGU

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru